Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rutesheje agaciro gahunda yasinywe hagati ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda yo kohereza abimukira, bamwe mu bagize Guverinoma yacyo bagaragaje ko bifuza ko uko byagenda kose iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa. Twibukiranye ibyatangajwe mbere na nyuma y’iki cyemezo, n’igishobora kuzavamo. 

Gutsindwa mu rubanza u Bwongereza bwari bumazemo umwaka n’amezi atanu; birasa n’ibitaraje bitunguranye kuri Guverinoma y’u Bwongereza, hagendewe ku ibaruwa ya Suella Braverman umaze iminsi itatu akuwe ku mwanya w’Umunyamabanga Ushinzwe umutekano w’imbere mu Gihugu cy’u Bwongereza.

Ku munsi wabanjirije isomwa ry’iki cyemezo, Braverman yari yaciye amarenga ko u Bwongereza bugomba gutsindwa kubera ko Minisitiri w’Intebe yanze gufata imyanzuro iha ubwigenge uyu mugambi bagiranye n’u Rwanda.

Mu ibaruwa ye, yagize ati “Nakubwije ukuri kuva ku munsi wa mbere ko nutava mu rukiko rw’u Burayi rurengera uburenganzira bwa muntu; kuko uburyo bwizewe kandi bwihuse bwo gushyira mu bikorwa amasezerano twagiranye n’u Rwanda ari ugukumira urwo rukiko n’indi miryango irengera uburenganzira bwa muntu kutubuza ububasha bwo kujyana abatemerewe kuba mu Bwongereza. Ako kanya umugambi wacu wahita ufatwa nk’uwihutirwa kuruka ibindi.”

Yakomeje agira ati “Kubyanga kwawe ntabwo ari ukwica amasezerano gusa, ahubwo ni ukugambanira icyizere wahaye Igihugu kandi wakabaye ukora ibishoboka byose ugahagarika ubwato.”

 Suella Braverman yari yaciye amarenga y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko

Icyizere kiracyahari

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko uhuje neza n’ibyo uyu muyobozi yanditse muri iyi baruwa isezera ku nshingano zarimo no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano bagiranye n’u Rwanda; Keir Rodney Starmer uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yavugiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ko Minisitiri w’Intebe agomba gusaba imbabazi z’uko yapfushije ubusa imisoro y’abaturage ayishora mu mugambi udashoboka.

Yagize ati “Yaburiwe inshuro nyinshi ko ibi bitazakunda. Ubu aragaragaye kuko imwe mu nkingi z’imitegekere ye irapfuye. Ese ubu ntagomba gusaba imbabazi Igihugu ko yapfushije ubusa miliyoni 140 z’amapound z’imisoro y’abaturage kugira ngo amare iki gihe cyose mu kazi ntacyo akora.”

Rishi Sunak wari umwicaye imbere, yahise asubiza uyu munyapolitiki, yisanze inama yahawe n’umukozi aherutse kwirukana muri Guverinoma ye, avuga ko agiye kubishira mu bikorwa; kandi ngo ntibizarerenza muri Gicurasi 2024 abimukira ba mbere bataragera i Kigali.

Yagize ati “Sinzemera ko inkinko z’amahanga zihagarika indege. Urukiko rw’u Burayi nirushaka kwitambika aya masezerano; niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo indege zihaguruke. Sinzabyemera. Kuko sinemera ko hari umuntu utekereza ko amasezerano y’ubumwe bw’u Burayi ajyanye no kurengera uburanganzira bwa muntu yari agamije kubuza Inteko Ishinga Amategeko yigenga kujyana abimukira mu Gigihugu gitekanye kandi cyubahiriza amategeko mpuzamahanga.

Ni yo mpamvu nzakora ibishoboka byose kugira ngo nkureho inzitizi zose kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu bikorwa nk’uko byateganyijwe ko indege za mbere zizabajyana mu muhindo w’umwaka utaha.”

Minisitiri mushya ushinzwe umutekano imbere mu Gihugu, James Spencer Cleverly umaze iminsi itatu mu nshingano, yavuze ko izi mpinduka zitagamije inyungu za politike, icyakora bagenzi be bahise bamuha inkwenene.

Yagize ati “Minisitiri w’Intebe yavuze ko mu gihe byagaragara ko amategeko y’imbere mu Gihugu abangamiye uyu mugambi; yiteguye kuyahindura, ariko nagiraga ngo mbabwire ko tudashyize imbere ibyifuzo bitari ngomba kubera inyungu za politiki. Turashaka gushyira mu bikorwa amasezerano twagiranye n’u Rwanda.”

Mu mahitamo atatu u Bwongereza bwari busigaranye bwakomatanyije abiri yose agamije gushyira mu bikorwa amazerano bagiranye n’u Rwanda muri Mata 2022.

Hiyongereyeho ingingo yo guhindura imiterere y’aya masezerano ku buryo uzayagiraho ikibazo atazongera gutekereza inkiko, gusa bigomba kwemezwa n’amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Keir Rodney Starmer yavuze ko PM akwiye gusaba imbabazi
Rishi Sunak yavuze ko azakora ibishoboka byose
James Spencer Cleverly yizeje ko uyu mugambi uzakunda

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi agifite urundi rugamba basohowe mu mwiherero ku mpamvu ikekwa

Next Post

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.