Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rutesheje agaciro gahunda yasinywe hagati ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda yo kohereza abimukira, bamwe mu bagize Guverinoma yacyo bagaragaje ko bifuza ko uko byagenda kose iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa. Twibukiranye ibyatangajwe mbere na nyuma y’iki cyemezo, n’igishobora kuzavamo. 

Gutsindwa mu rubanza u Bwongereza bwari bumazemo umwaka n’amezi atanu; birasa n’ibitaraje bitunguranye kuri Guverinoma y’u Bwongereza, hagendewe ku ibaruwa ya Suella Braverman umaze iminsi itatu akuwe ku mwanya w’Umunyamabanga Ushinzwe umutekano w’imbere mu Gihugu cy’u Bwongereza.

Ku munsi wabanjirije isomwa ry’iki cyemezo, Braverman yari yaciye amarenga ko u Bwongereza bugomba gutsindwa kubera ko Minisitiri w’Intebe yanze gufata imyanzuro iha ubwigenge uyu mugambi bagiranye n’u Rwanda.

Mu ibaruwa ye, yagize ati “Nakubwije ukuri kuva ku munsi wa mbere ko nutava mu rukiko rw’u Burayi rurengera uburenganzira bwa muntu; kuko uburyo bwizewe kandi bwihuse bwo gushyira mu bikorwa amasezerano twagiranye n’u Rwanda ari ugukumira urwo rukiko n’indi miryango irengera uburenganzira bwa muntu kutubuza ububasha bwo kujyana abatemerewe kuba mu Bwongereza. Ako kanya umugambi wacu wahita ufatwa nk’uwihutirwa kuruka ibindi.”

Yakomeje agira ati “Kubyanga kwawe ntabwo ari ukwica amasezerano gusa, ahubwo ni ukugambanira icyizere wahaye Igihugu kandi wakabaye ukora ibishoboka byose ugahagarika ubwato.”

 Suella Braverman yari yaciye amarenga y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko

Icyizere kiracyahari

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko uhuje neza n’ibyo uyu muyobozi yanditse muri iyi baruwa isezera ku nshingano zarimo no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano bagiranye n’u Rwanda; Keir Rodney Starmer uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yavugiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ko Minisitiri w’Intebe agomba gusaba imbabazi z’uko yapfushije ubusa imisoro y’abaturage ayishora mu mugambi udashoboka.

Yagize ati “Yaburiwe inshuro nyinshi ko ibi bitazakunda. Ubu aragaragaye kuko imwe mu nkingi z’imitegekere ye irapfuye. Ese ubu ntagomba gusaba imbabazi Igihugu ko yapfushije ubusa miliyoni 140 z’amapound z’imisoro y’abaturage kugira ngo amare iki gihe cyose mu kazi ntacyo akora.”

Rishi Sunak wari umwicaye imbere, yahise asubiza uyu munyapolitiki, yisanze inama yahawe n’umukozi aherutse kwirukana muri Guverinoma ye, avuga ko agiye kubishira mu bikorwa; kandi ngo ntibizarerenza muri Gicurasi 2024 abimukira ba mbere bataragera i Kigali.

Yagize ati “Sinzemera ko inkinko z’amahanga zihagarika indege. Urukiko rw’u Burayi nirushaka kwitambika aya masezerano; niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo indege zihaguruke. Sinzabyemera. Kuko sinemera ko hari umuntu utekereza ko amasezerano y’ubumwe bw’u Burayi ajyanye no kurengera uburanganzira bwa muntu yari agamije kubuza Inteko Ishinga Amategeko yigenga kujyana abimukira mu Gigihugu gitekanye kandi cyubahiriza amategeko mpuzamahanga.

Ni yo mpamvu nzakora ibishoboka byose kugira ngo nkureho inzitizi zose kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu bikorwa nk’uko byateganyijwe ko indege za mbere zizabajyana mu muhindo w’umwaka utaha.”

Minisitiri mushya ushinzwe umutekano imbere mu Gihugu, James Spencer Cleverly umaze iminsi itatu mu nshingano, yavuze ko izi mpinduka zitagamije inyungu za politike, icyakora bagenzi be bahise bamuha inkwenene.

Yagize ati “Minisitiri w’Intebe yavuze ko mu gihe byagaragara ko amategeko y’imbere mu Gihugu abangamiye uyu mugambi; yiteguye kuyahindura, ariko nagiraga ngo mbabwire ko tudashyize imbere ibyifuzo bitari ngomba kubera inyungu za politiki. Turashaka gushyira mu bikorwa amasezerano twagiranye n’u Rwanda.”

Mu mahitamo atatu u Bwongereza bwari busigaranye bwakomatanyije abiri yose agamije gushyira mu bikorwa amazerano bagiranye n’u Rwanda muri Mata 2022.

Hiyongereyeho ingingo yo guhindura imiterere y’aya masezerano ku buryo uzayagiraho ikibazo atazongera gutekereza inkiko, gusa bigomba kwemezwa n’amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Keir Rodney Starmer yavuze ko PM akwiye gusaba imbabazi
Rishi Sunak yavuze ko azakora ibishoboka byose
James Spencer Cleverly yizeje ko uyu mugambi uzakunda

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi agifite urundi rugamba basohowe mu mwiherero ku mpamvu ikekwa

Next Post

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.