Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rutesheje agaciro gahunda yasinywe hagati ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda yo kohereza abimukira, bamwe mu bagize Guverinoma yacyo bagaragaje ko bifuza ko uko byagenda kose iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa. Twibukiranye ibyatangajwe mbere na nyuma y’iki cyemezo, n’igishobora kuzavamo. 

Gutsindwa mu rubanza u Bwongereza bwari bumazemo umwaka n’amezi atanu; birasa n’ibitaraje bitunguranye kuri Guverinoma y’u Bwongereza, hagendewe ku ibaruwa ya Suella Braverman umaze iminsi itatu akuwe ku mwanya w’Umunyamabanga Ushinzwe umutekano w’imbere mu Gihugu cy’u Bwongereza.

Ku munsi wabanjirije isomwa ry’iki cyemezo, Braverman yari yaciye amarenga ko u Bwongereza bugomba gutsindwa kubera ko Minisitiri w’Intebe yanze gufata imyanzuro iha ubwigenge uyu mugambi bagiranye n’u Rwanda.

Mu ibaruwa ye, yagize ati “Nakubwije ukuri kuva ku munsi wa mbere ko nutava mu rukiko rw’u Burayi rurengera uburenganzira bwa muntu; kuko uburyo bwizewe kandi bwihuse bwo gushyira mu bikorwa amasezerano twagiranye n’u Rwanda ari ugukumira urwo rukiko n’indi miryango irengera uburenganzira bwa muntu kutubuza ububasha bwo kujyana abatemerewe kuba mu Bwongereza. Ako kanya umugambi wacu wahita ufatwa nk’uwihutirwa kuruka ibindi.”

Yakomeje agira ati “Kubyanga kwawe ntabwo ari ukwica amasezerano gusa, ahubwo ni ukugambanira icyizere wahaye Igihugu kandi wakabaye ukora ibishoboka byose ugahagarika ubwato.”

 Suella Braverman yari yaciye amarenga y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko

Icyizere kiracyahari

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko uhuje neza n’ibyo uyu muyobozi yanditse muri iyi baruwa isezera ku nshingano zarimo no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano bagiranye n’u Rwanda; Keir Rodney Starmer uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yavugiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ko Minisitiri w’Intebe agomba gusaba imbabazi z’uko yapfushije ubusa imisoro y’abaturage ayishora mu mugambi udashoboka.

Yagize ati “Yaburiwe inshuro nyinshi ko ibi bitazakunda. Ubu aragaragaye kuko imwe mu nkingi z’imitegekere ye irapfuye. Ese ubu ntagomba gusaba imbabazi Igihugu ko yapfushije ubusa miliyoni 140 z’amapound z’imisoro y’abaturage kugira ngo amare iki gihe cyose mu kazi ntacyo akora.”

Rishi Sunak wari umwicaye imbere, yahise asubiza uyu munyapolitiki, yisanze inama yahawe n’umukozi aherutse kwirukana muri Guverinoma ye, avuga ko agiye kubishira mu bikorwa; kandi ngo ntibizarerenza muri Gicurasi 2024 abimukira ba mbere bataragera i Kigali.

Yagize ati “Sinzemera ko inkinko z’amahanga zihagarika indege. Urukiko rw’u Burayi nirushaka kwitambika aya masezerano; niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo indege zihaguruke. Sinzabyemera. Kuko sinemera ko hari umuntu utekereza ko amasezerano y’ubumwe bw’u Burayi ajyanye no kurengera uburanganzira bwa muntu yari agamije kubuza Inteko Ishinga Amategeko yigenga kujyana abimukira mu Gigihugu gitekanye kandi cyubahiriza amategeko mpuzamahanga.

Ni yo mpamvu nzakora ibishoboka byose kugira ngo nkureho inzitizi zose kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu bikorwa nk’uko byateganyijwe ko indege za mbere zizabajyana mu muhindo w’umwaka utaha.”

Minisitiri mushya ushinzwe umutekano imbere mu Gihugu, James Spencer Cleverly umaze iminsi itatu mu nshingano, yavuze ko izi mpinduka zitagamije inyungu za politike, icyakora bagenzi be bahise bamuha inkwenene.

Yagize ati “Minisitiri w’Intebe yavuze ko mu gihe byagaragara ko amategeko y’imbere mu Gihugu abangamiye uyu mugambi; yiteguye kuyahindura, ariko nagiraga ngo mbabwire ko tudashyize imbere ibyifuzo bitari ngomba kubera inyungu za politiki. Turashaka gushyira mu bikorwa amasezerano twagiranye n’u Rwanda.”

Mu mahitamo atatu u Bwongereza bwari busigaranye bwakomatanyije abiri yose agamije gushyira mu bikorwa amazerano bagiranye n’u Rwanda muri Mata 2022.

Hiyongereyeho ingingo yo guhindura imiterere y’aya masezerano ku buryo uzayagiraho ikibazo atazongera gutekereza inkiko, gusa bigomba kwemezwa n’amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Keir Rodney Starmer yavuze ko PM akwiye gusaba imbabazi
Rishi Sunak yavuze ko azakora ibishoboka byose
James Spencer Cleverly yizeje ko uyu mugambi uzakunda

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi agifite urundi rugamba basohowe mu mwiherero ku mpamvu ikekwa

Next Post

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.