Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

U Burundi bwabonye Guverinoma nshya irimo Lieutenant General Gabriel Nizigama wari waraviriye rimwe mu nshingano na General Alain Guillaume Bunyoni bombi bashinjwaga gushaka guhirika ubutegetsi, ubu wagizwe Minisitiri w’Umurimo ndetse na Marie-Chantal Nijimbere wabaye umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’Ingabo.

Uretse Lieutenant-Général Gabriel Nizigama wagizwe Minisitiri w’Umurimo no kuzigamira abakozi ba Leta, bwa mbere u Burundi bwagize Minisitiri w’Ingabo w’umugore, ari we Marie-Chantal Nijimbere.

Minisiteri y’Ingabo mu Burundi, ni ku nshuro ya mbere ihawe Minisitiri w’Umugore, utanafite amateka ahambaye mu gisirikare.

Marie-Chantal Nijimbere si mushya muri Guverinoma y’u Burundi kuko hagati ya 2020 na 2024 yari Minisitiri w’Ubucuruzi, Ubwikorezi n’Ubukerarugendo.

Uretse ibi bisa n’ibyatunguranye muri Guverinoma nshya y’u Burundi, abasesenguzi bakurikije Abaminisitiri bashyizweho, bemeza ko Minisiteri z’iki Gihugu zavuye kuri cumi n’eshanu zikaba cumi n’eshatu.

Ni mu gihe Guverinoma y’u Burundi igiye kuyoborwa na Nestor Ntahontuye wagizwe Minisitiri w’Intebe, asimbura Lieutenant-Général Gervais Ndirakobuca wamaze kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, ubu akaba ayoboye Sena y’u Burundi.

Nestor Ntahontuye wagizwe Minisitiri w’Intebe mu Burundi, yari amaze igihe ari Minisitiri w’Imari, Ingengo y’Imari n’igenamigambi kuva mu kwezi k’Ukuboza 2024.

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Burundi, azwiho ubunararibonye mu bijyanye n’Imari ya Leta, Ingamba mu igenamigambi, kugenzura no gukurikirana gahunda za Leta.

Genereal Major Léonidas Ndaruzaniye we yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu nyuma yuko ahataniye umwanya wo kuyobora Sena y’u Burundi na Lieutenant-Général Gervais Ndirakobuca ubu wabaye Perezida wa Sena.

Abasesenguzi bavuga ko kujyana Gervais Ndirakobuca muri Sena, ari uburyo bwo kumushyira ku ruhande kuko ari umwe mu basirikare n’abanyapolitiki bashobora kugira ijambo mu Burundi ku buryo yahatanira kuba Perezida mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

Abaminisitiri bose muri Guverinoma y’u Burundi:

  1. Minisitiri w’Intebe: Nestor Ntahontuye
  2. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umutekano w’Imbere mu Gihugu: Maj Gen Léonidas Ndaruzaniye
  3. Minisitiri w’Ingabo no kwita ku bahoze ku rugamba: Marie Chantal Nijimbere
  4. Minisitiri w’Ubutabera: Arthemon Katihabwa
  5. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga: Edouard Bizimana
  6. Minisitiri w’Imari n’ikigega cya Leta: Alain Ndikumana
  7. Minisitiri w’Amabuye y’Agaciro n’Ubutaka, amashanyarazi, inganda n’Uburucurizi:Dr Hassan Kibeya
  8. Minisitiri w’Ibidukikije, Ubuhinzi n’Ubworozi: Calinie Mbarushimana;
  9. Minisitiri w’Ubwubatsi, n’Ubwikorezi: Jean Claude Nzobaneza
  10. Minisitiri w’Uburezi n’Ubushakashatsi: Dr François Havyarimana
  11. Minisitiri w’Ubuzima: Dr. Lyduine Baradahana
  12. Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta: Lt Gen (Police) Gabriel Nizigama
  13. Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo: Lydia Nsekera
  14. Minisitiri w’Itangazamakuru: Gabby Bugaga
Minisitiri w’Intebe mushya yarahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 2 =

Previous Post

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

Next Post

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.