Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyavuye mu biganiro byahuje ingabo za EAC na M23 birumvikanamo igitutu

radiotv10by radiotv10
02/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibyavuye mu biganiro byahuje ingabo za EAC na M23 birumvikanamo igitutu
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’ingabo zihuriweho ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryahaye iminsi ibarirwa ku ntoki umutwe wa M23 kuba wavuye mu bice uri kugenzura muri Rumangabo.

Ibi biganiro byabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Tariki 31 Ukuboza 2022, i Kibumba, agace gaherutse gushyikirizwa izi ngabo zigize itsinda EACRF ry’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ibi biganiro kandi byanitabiriwe n’itsinda rihuriweho ry’ingabo rishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare mu karere.

Ibi biganiro byari bigamije gusuzumira hamwe uko umutwe wa M23 ukomeje gushyira mu bikorwa ibyo wasabwe byo kuva mu bice wafashe, aho itsinda ry’ingabo za EACRF ryari riyobowe na Maj Gen Jeff Nyagah.

Maj Gen Jeff Nyagah yaboneyeho gushimira umutwe wa M23 kuba wararekuye agace ka Kibumba ubu kari kugenzurwa na EACRF nkuko biri mu byemerejwe mu nama y’i Luanda yo ku ya 23 Ugushyingo 2022.

Gusa iri tsinda rivuga ko rigihangayikishijwe n’ibikorwa bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, biturutse ku kuba hatari kubahirizwa umwanzuro wo guhagarika imirwano, bikaba binakomeje gutuma mu burasirazuba bwa Congo hakomeza kuba ibibazo by’umutekano mucye.

Itangazo rigenewe itangazamakuru ry’ibyavuye muri ibi biganiro, rigira riti “Intumwa zemeje ko nyuma ya Kibumba, M23 itangira gutegura byimbitse uburyo bunoze bwo kuva mu bice igenzura bya Rumangabo bitarenze tariki 05 Mutarama 2023 ndetse n’ibice byo muri Kishishe, ubundi EACRF ikaba yatangiye kogereza abasirikare bazajya kugenzura ibyo birindiro.”

Iri tsinda kandi ryasabye impande zose zirebwa n’imyanzuro y’Inama y’i Luanda yo ku ya 23 Ugushyingo 2022, zigomba kuyubahiriza, byumwihariko uwo guhagarika imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Byamenyekanye ko agace ko mu Rwanda kaza mu twa mbere ku Isi twibasirwa n’Inkuba

Next Post

Uwaburiye Inka ku mupaka w’u Rwanda na DRC yagobotswe n’ingabo zishyikirana na M23

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwaburiye Inka ku mupaka w’u Rwanda na DRC yagobotswe n’ingabo zishyikirana na M23

Uwaburiye Inka ku mupaka w’u Rwanda na DRC yagobotswe n’ingabo zishyikirana na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.