Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo; ndetse n’uw’u Bufaransa, Emmanuel Macron bagiranye ibiganiro, byagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu DRCongo, byafatiwemo ingamba zireba imitwe nka M23 na FDLR.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America ahateraniye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko “Perezida Kagame yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baganira ku muti w’ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yatangaje ko ibi biganiro byabaye hagati ya DRC, u Rwanda n’u Bufaransa byabayeho byifujwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, rivuga ko Abakuru b’Ibihugu batatu bagarutse ku bikorwa by’umutekano mucye biri muri Congo ndetse n’ibishobora kuba ibisubizo birambye kuri ibi bibazo biterwa n’imitwe yitwaje intwaro iri mu karere.

Ibiro by’umukuru wa DRC, bikomeza bivuga ko nyuma y’ibiganiro byabayeho byanatanze umusaruro ushimishije wo gukorana kw’Ibihugu nkuko byanzuriwe mu nama y’i Luanda, “basabye ko ko M23 iva mu bice yigaruriye mu buryo bwihuse.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ibikorwa byo gusubiza abaturage mu byabo bakuwemo n’intambara, bizakorwa n’Umuryango w’Abibumbye n’abafatanyabikorwa bawo nk’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’Umurango Mpuzamahanga w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL).”

Rikomeza rivuga kandi ko aba Bakuru b’Ibihugu biyemeje gukorana mu bijyanye no guca umuco wo kudahana ku buryo abari mu mitwe yitwaje intwaro byumwihariko uwa FDLR urwanya u Rwanda, baryozwa ibibi bakoze.

  • Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame
  • Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Uku kuganira kuje gukurikira ibyatangajwe n’Abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC), mu mbwirwaruhame batangiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abubumbye, aho bombi bagarutse kuri ibi bibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo mu ijambo yagejeje ku Nteko rusange ku wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022, yongeye gushinja yeruye ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye umutwe wa M23.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame na we mu ijambo yagejeje ku Nteko Rusange ya UN, yavuze ko ikibazo cy’umutekano mucye cyari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu myaka 20 ishize ntaho gitandukaniye n’ikiriyo uyu munsi mu gihe nyamara Umuryango w’Abibumbye woherejeyo ingabo ziriyo mu butumwa bwawo zanashowemo ubushobozi buhanitse.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuzi w’iki kibazo uzwi ariko ko inzira zo kugishakira umuti zikoreshwa atari zo zinyurwamo.

Yagize ati “Kwitana bamwana si byo bizakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Perezida Kagame yavuze ko inzira zishobora gutanga umuti wihuse kandi urambye, ari ubushake bwa politiki ndetse no kumva kimwe umuzi w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + seventeen =

Previous Post

Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye

Next Post

M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.