Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko byatangajwe na Komisiyo y’Amatora y’iki Gihugu.
Madamu Samia Suluhu Hassan abaye Perezida wa mbere w’umugore utowe muri iki Gihugu cya Tanzania, dore ko yari yagiye kuri uyu mwanya kuva muri Werurwe 2021 nyuma y’urupfu rutunguranye rwa John Pombe Magufuli.
Nyuma y’urupfu rwa Magufuli wari umaze igihe gito atowe, Madamu Suluhu Hassan wari Visi Perezida we, yahise aba Perezida wa Tanzania, nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.
Ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Tanzania, byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Ugushyingo 2025, mu gihe imyigaragambyo ikajije umurego muri iki Gihugu kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru, inakomeje kugaragaramo urugomo rwinshi rukorwa n’urubyiruko.
Iyi myigaragambyo ikomeje gukaza umurego muri Tanzania, bivugwa ko ikomeje kugwamo benshi, aho imiryango mpuzamahanga itangaza ko abamaze kuyiburiramo ubuzima bagera mu magana.

RADIOTV10










