Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuye mu mukwabu wo guhiga abakekwaho kwiba abagiye gusengera ahantu hatagatifu mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyavuye mu mukwabu wo guhiga abakekwaho kwiba abagiye gusengera ahantu hatagatifu mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukwabu wo gushakisha abantu bakekwaho kwiba abagiye gusengera i Kibeho ahazwi nk’Ukutaga Butagatifu mu Karere ka Nyaruguru, wasize hafashwe barindwi barimo batatu b’igitsinagore.

Aba bantu bafatiwe mu Mudugudu wa Agateko mu Kagari ka Kibeho mu Murenge wa Kibeho, nyuma yuko hakomeje kuvugwa ubujura bukorerwa abajya gusengera aha hasanzwe hakorerwa ubukerarugendo bushingiye ku iyobokamana.

Aba bantu barimo abagabo bane n’ab’igitsinagore batatu, bafashwe mu mukwabu wakozwe na Polisi ku bufatanye n’inzego z’Ibanze kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2024.

Bimwe mu byo bakekwaho kwiba, birimo amasakoshi, ndetse na telefone by’ababa baje gusengera i Kibeho, hasanzwe hajya abaturutse mu bice binyuranye by’Isi yose kuhasura kubera amabonekerwa ya Bikiramariya yahabereye.

Aloys Habyarimana uyobora Umudugudu wa Agateko wafatiwemo aba bantu, yabwiye Ikinyamakuru Umuseke dukesha aya makuru ko aba bantu batezaga umutekano mucye kubera ibi bikorwa byabo.

Yagize ati “Bakora ubujura, gukora urugomo, gutega abantu bakabakubita, bakabambura telefone n’ibindi baba bafite.”

Yavuze kandi ko ku bagabo, bo hiyongeraho n’ibikorwa byo guhohotera abagore babo iyo babaga batashye basinze, bavuye muri ibi bikorwa.

Abatuye muri aka gace, bavuga ko hasanzwe hakorwa ibikorwa bibahungabanyiriza umutekano nyamara hazwi nko ku butaka Butagatifu.

Umwe mu baturage avuga ko nyuma y’ifatwa ry’aba bantu, babonye agahenge. Ati “gusa nyine baba bafite abandi bagira uko bavugana. Icyakora iyo babonye havuyemo umuntu bahita bagira ubwoba.”

Aphrodice Nkurunziza uyobora Umurenge wa Kibeho yagiriye inama abijanditse muri ibi bikorwa by’ubujura, kubireka kuko nta musaruro uva mu kuba abantu bashaka kurya ibitavuye mu mbaraga z’amaboko yabo.

Ati “bitabire umurimo, bakoreshe amaboko yabo, bareke gushaka kurya ibyo bataruhiye.”

Iki gikorwa cyo gufata aba bantu kandi cyagizwemo uruhare n’abaturage bagiye batanga amakuru yafashije Polisi y’u Rwanda, inabashimira ubufatanye bukomeje kuba hagati yayo na rubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 11 =

Previous Post

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Next Post

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.