Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuye mu mukwabu wo guhiga abakekwaho kwiba abagiye gusengera ahantu hatagatifu mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyavuye mu mukwabu wo guhiga abakekwaho kwiba abagiye gusengera ahantu hatagatifu mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukwabu wo gushakisha abantu bakekwaho kwiba abagiye gusengera i Kibeho ahazwi nk’Ukutaga Butagatifu mu Karere ka Nyaruguru, wasize hafashwe barindwi barimo batatu b’igitsinagore.

Aba bantu bafatiwe mu Mudugudu wa Agateko mu Kagari ka Kibeho mu Murenge wa Kibeho, nyuma yuko hakomeje kuvugwa ubujura bukorerwa abajya gusengera aha hasanzwe hakorerwa ubukerarugendo bushingiye ku iyobokamana.

Aba bantu barimo abagabo bane n’ab’igitsinagore batatu, bafashwe mu mukwabu wakozwe na Polisi ku bufatanye n’inzego z’Ibanze kuri uyu wa Kane tariki 21 Ugushyingo 2024.

Bimwe mu byo bakekwaho kwiba, birimo amasakoshi, ndetse na telefone by’ababa baje gusengera i Kibeho, hasanzwe hajya abaturutse mu bice binyuranye by’Isi yose kuhasura kubera amabonekerwa ya Bikiramariya yahabereye.

Aloys Habyarimana uyobora Umudugudu wa Agateko wafatiwemo aba bantu, yabwiye Ikinyamakuru Umuseke dukesha aya makuru ko aba bantu batezaga umutekano mucye kubera ibi bikorwa byabo.

Yagize ati “Bakora ubujura, gukora urugomo, gutega abantu bakabakubita, bakabambura telefone n’ibindi baba bafite.”

Yavuze kandi ko ku bagabo, bo hiyongeraho n’ibikorwa byo guhohotera abagore babo iyo babaga batashye basinze, bavuye muri ibi bikorwa.

Abatuye muri aka gace, bavuga ko hasanzwe hakorwa ibikorwa bibahungabanyiriza umutekano nyamara hazwi nko ku butaka Butagatifu.

Umwe mu baturage avuga ko nyuma y’ifatwa ry’aba bantu, babonye agahenge. Ati “gusa nyine baba bafite abandi bagira uko bavugana. Icyakora iyo babonye havuyemo umuntu bahita bagira ubwoba.”

Aphrodice Nkurunziza uyobora Umurenge wa Kibeho yagiriye inama abijanditse muri ibi bikorwa by’ubujura, kubireka kuko nta musaruro uva mu kuba abantu bashaka kurya ibitavuye mu mbaraga z’amaboko yabo.

Ati “bitabire umurimo, bakoreshe amaboko yabo, bareke gushaka kurya ibyo bataruhiye.”

Iki gikorwa cyo gufata aba bantu kandi cyagizwemo uruhare n’abaturage bagiye batanga amakuru yafashije Polisi y’u Rwanda, inabashimira ubufatanye bukomeje kuba hagati yayo na rubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − seven =

Previous Post

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Next Post

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.