Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuzwe ku muvugabutumwa ukunzwe mu Rwanda Past.Julienne bikazamura impaka byinjiwemo n’inzego

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyavuzwe ku muvugabutumwa ukunzwe mu Rwanda Past.Julienne bikazamura impaka byinjiwemo n’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko uwiyita Bakame ku rubuga nkoranyambaga rwa X atangaje ubutumwa buvuga nabi Umukozi w’Imana, Pasiteri Julienne Kabanda Kabirigi, akamwita ‘Intumwa ya Satani ku Isi’, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rwatangiye gusuzuma iby’ubu butumwa niba burimo ibigize ibyaha.

Uwiyita Bakame kuri X, yanditse ubutumwa kuri uru rubuga nkoranyambaga agira ati “Reka mwite intumwa ya Satani ku Isi Mama w’ikinyoma. Uyu ni mushiki wa Apostle Gitwaza mu kwitwaza Ijambo ry’Imana bagatuburira Abanyarwanda, uwampuza na we isi yose itureba nkamubaza ikibazo 1 cyo muri Bibiliya abeshya ko yigisha.”

Ni ubutumwa benshi bamaganiye kure, bagaya uyu muntu wanditse ubutumwa bwibasira uyu mukozi w’Imana uri mu bakurikirwa na benshi mu Rwanda muri iki gihe.

Bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyamaba, banasabye ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwabyinjiramo, rugakurikirana ibyatangajwe n’uyu muntu hakiri kare kuko byumvikanamo ingengabitekerezo mbi.

Uwitwa Bugingo Celius yagize ati “RIB na Murangira B. Thierry Banyakubahwa turabasaba kujya mukumira kuko ibi bintu bigize icyaha, kandi harimo no gukurura amacakubira, no kwibasira abantu ukoresheje imbuga nkoranyambaga. Niba umuntu atinyuka akita undi intumwa ya Satani mu ruhame, birakomeye.”

Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry yavuze ko nyuma yuko hari abantu benshi bakomeje gusaba ko iby’ubu butumwa byakurikiranwa, hatangiye gukorwa isesengura kuri ubu butumwa, kugira ngo harebwe niba hari impamvu zatuma uwabwanditse abiryozwa imbere y’Inkiko.

Yagize ati “Biracyasuzumwa n’ishami rishinzwe gusesengura ibikorwa cyangwa amagambo bikekwa ko agize icyaha, byakorewe ku mbuga nkoranyambaga, rireba icyo amategeko ateganya, niba ibyo yatangaje bigize icyaha gikurikiranwa muri RIB.”

Dr Murangira yavuze kandi ko hanasuzumwa niba haramutse hagaragayemo ibyaha, niba byakurikiranwa na nyiri ubwite uvugwa muri buriya butumwa cyangwa bikaba byakurikiranwa n’urwego rubifite mu nshingano. Ati “Ikizavamo (mu gusuzuma) ni cyo kizashingirwaho hafatwa umwanzuro.”

Ubu butumwa bwanditswe n’uwiyita Bakame, nyuma yuko uyu mukozi w’Imana Julienne Kabirigi Kabanda akoze igitaramo cy’iminsi itatatu cyiswe ‘Thanksgiving’, cyitabiriwe na benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + two =

Previous Post

Indi kipe mu Rwanda yahagaritse Umutoza nyuma yo kunyagirwa ibitego byavuzweho byinshi

Next Post

Umuhanzi Meddy n’umugore we baritegura kwibaruka ubuheta

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Meddy n’umugore we baritegura kwibaruka ubuheta

Umuhanzi Meddy n’umugore we baritegura kwibaruka ubuheta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.