Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuzwe ku muvugabutumwa ukunzwe mu Rwanda Past.Julienne bikazamura impaka byinjiwemo n’inzego

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyavuzwe ku muvugabutumwa ukunzwe mu Rwanda Past.Julienne bikazamura impaka byinjiwemo n’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko uwiyita Bakame ku rubuga nkoranyambaga rwa X atangaje ubutumwa buvuga nabi Umukozi w’Imana, Pasiteri Julienne Kabanda Kabirigi, akamwita ‘Intumwa ya Satani ku Isi’, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rwatangiye gusuzuma iby’ubu butumwa niba burimo ibigize ibyaha.

Uwiyita Bakame kuri X, yanditse ubutumwa kuri uru rubuga nkoranyambaga agira ati “Reka mwite intumwa ya Satani ku Isi Mama w’ikinyoma. Uyu ni mushiki wa Apostle Gitwaza mu kwitwaza Ijambo ry’Imana bagatuburira Abanyarwanda, uwampuza na we isi yose itureba nkamubaza ikibazo 1 cyo muri Bibiliya abeshya ko yigisha.”

Ni ubutumwa benshi bamaganiye kure, bagaya uyu muntu wanditse ubutumwa bwibasira uyu mukozi w’Imana uri mu bakurikirwa na benshi mu Rwanda muri iki gihe.

Bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyamaba, banasabye ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwabyinjiramo, rugakurikirana ibyatangajwe n’uyu muntu hakiri kare kuko byumvikanamo ingengabitekerezo mbi.

Uwitwa Bugingo Celius yagize ati “RIB na Murangira B. Thierry Banyakubahwa turabasaba kujya mukumira kuko ibi bintu bigize icyaha, kandi harimo no gukurura amacakubira, no kwibasira abantu ukoresheje imbuga nkoranyambaga. Niba umuntu atinyuka akita undi intumwa ya Satani mu ruhame, birakomeye.”

Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry yavuze ko nyuma yuko hari abantu benshi bakomeje gusaba ko iby’ubu butumwa byakurikiranwa, hatangiye gukorwa isesengura kuri ubu butumwa, kugira ngo harebwe niba hari impamvu zatuma uwabwanditse abiryozwa imbere y’Inkiko.

Yagize ati “Biracyasuzumwa n’ishami rishinzwe gusesengura ibikorwa cyangwa amagambo bikekwa ko agize icyaha, byakorewe ku mbuga nkoranyambaga, rireba icyo amategeko ateganya, niba ibyo yatangaje bigize icyaha gikurikiranwa muri RIB.”

Dr Murangira yavuze kandi ko hanasuzumwa niba haramutse hagaragayemo ibyaha, niba byakurikiranwa na nyiri ubwite uvugwa muri buriya butumwa cyangwa bikaba byakurikiranwa n’urwego rubifite mu nshingano. Ati “Ikizavamo (mu gusuzuma) ni cyo kizashingirwaho hafatwa umwanzuro.”

Ubu butumwa bwanditswe n’uwiyita Bakame, nyuma yuko uyu mukozi w’Imana Julienne Kabirigi Kabanda akoze igitaramo cy’iminsi itatatu cyiswe ‘Thanksgiving’, cyitabiriwe na benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 13 =

Previous Post

Indi kipe mu Rwanda yahagaritse Umutoza nyuma yo kunyagirwa ibitego byavuzweho byinshi

Next Post

Umuhanzi Meddy n’umugore we baritegura kwibaruka ubuheta

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Meddy n’umugore we baritegura kwibaruka ubuheta

Umuhanzi Meddy n’umugore we baritegura kwibaruka ubuheta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.