Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana
Share on FacebookShare on Twitter

Umushoramari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai uregwa hamwe n’abarimo Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi wa Gasabo, yahakanye ibyaha aregwa bifitanye isano n’inzu zubatswe nabi zanagarutsweho na Perezida Paul Kagame.

Ni mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi 2023, nyuma yuko rwari rwasubitswe ku wa Mbere tariki 08 Gicurasi.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko aba bantu baregwa hamwe n’uyu munyemari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bubasabira gukurikiranwa bafunzwe by’agateganyo.

Bushingira ku bimenyetso byerekana ko inzu zubatswe mu buryo butujuje ubuziranenge zishingirwaho mu byaha biregwa aba bantu.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko amasezerano yo kubaka ziriya nzu ziri mu mudugudu uzwi nka ‘Urukumbuzi Real Estate’, aho aya masezerano yari ayo kubaka inzu 300, akubaka 120 zirimo esheshatu zigeretse.

Bwavuze kandi ko muri 2015 ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire (Rwanda Housing Authority) cyagaragaje ko bimwe mu bikoresho byubakishwaga izi nzu bitari byujuje ubuziranenge, birimo ibyuma bya Fer à béton ndete n’imbaho.

Ku cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya gishinjwa Dubai, Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu munyemari yijeje abantu yagurishije ziriya nzu ko zikomeye nyamara zisondetse ,ndetse zikaba zarahise zitangira kwangirika.

Dubai ubwo yahabwaga umwanya ngo yisobanure, we n’abamwunganira, babwiye Urukiko ko iki cyaha kitabayeho, kuko inzu yagurishije, yagiranaga amasezerano n’abaziguze kandi ko bazimaranye imyaka icumi bazirimo.

Bavuze ko kuba igikoni cy’imwe muri izi nzu zirimo mu ziciriritse zaguzwe miliyoni 17 Frw, kandi ngo zinamaze imyaka icumi, ari ibintu bisanzwe ku buryo bidahagije kuba byakwitwa ko zari zisondetse.

Yanagarutse ku muturage umwe ufite inzu muri ziriya wagaragaye mu mashusho atabaza ko inzu zishize zibagwira, avuga ko hari bamwe mu baziguze bagiye bimura inkuta zazo cyangwa bakongeraho izindi nyubako, ku buryo ubwabyo na byo byagira uruhare mu kuba zakwangirika.

Yavuze kandi ko kuba haraguye inzu imwe n’umukingo kandi bikaba mu bihe nk’ibi by’imvura nyinshi inakomeje kwangiza ibindi bikorwa ahandi, bidatunguranye kuba byagira ingaruka kuri ziriya yubatse.

Dubai n’abamwunganira kandi bavuze ko ibyo uyu mushoramari yasabwe gukosora n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire, yabikosoye, kandi ko atigeze asabwa guhagarika kubaka ngo abirengeho.

Uyu mushoramari kandi yahakanye ibyari byatangajwe n’ubushinjacyaha ko atakoranye n’inzobere mu myubakire ubwo yubakaga ziriya nzu, akabihaka, avuga ko yakoranye na bo ndetse ko hari amasezerano bagiranye yanashyize muri systeme inyuzwaho ibimenyetso n’ibindi byifashishwa mu iburanisha.

Dubai n’abamwunganira bavuze kandi ko izi nzu zaguzwe n’abiganjemo abakozi ba Leta barimo abakora mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, kandi ko abenshi baziguze ku nguzanyo ya za Banki, ku buryo mbere yo kuzigura, habanzaga koherezwa inzobere mu kumenya agaciro k’inzu n’ubuziranenge bwazo, kugira ngo Banki ibone kubaha inguzanyo.

Bakavuga ko iyo izi nzu ziza kuba zitujuje ubuziranenge, byari gutuma izo nzobere zitanga raporo yashoboraga gutuma Banki zidaha inguzanyo aba baziguze babanje gufata umwenda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Irebye igiciro zaguzwe mbona akwiye gushimirwa ko yubatse inzu ku giciro cyoroheye buri wese w’amikoro make. Abaguze nabo babizi bahitamo dubai na Caisse sociale zari zihari. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + two =

Previous Post

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Next Post

Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.