Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana
Share on FacebookShare on Twitter

Umushoramari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai uregwa hamwe n’abarimo Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi wa Gasabo, yahakanye ibyaha aregwa bifitanye isano n’inzu zubatswe nabi zanagarutsweho na Perezida Paul Kagame.

Ni mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi 2023, nyuma yuko rwari rwasubitswe ku wa Mbere tariki 08 Gicurasi.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko aba bantu baregwa hamwe n’uyu munyemari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bubasabira gukurikiranwa bafunzwe by’agateganyo.

Bushingira ku bimenyetso byerekana ko inzu zubatswe mu buryo butujuje ubuziranenge zishingirwaho mu byaha biregwa aba bantu.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko amasezerano yo kubaka ziriya nzu ziri mu mudugudu uzwi nka ‘Urukumbuzi Real Estate’, aho aya masezerano yari ayo kubaka inzu 300, akubaka 120 zirimo esheshatu zigeretse.

Bwavuze kandi ko muri 2015 ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire (Rwanda Housing Authority) cyagaragaje ko bimwe mu bikoresho byubakishwaga izi nzu bitari byujuje ubuziranenge, birimo ibyuma bya Fer à béton ndete n’imbaho.

Ku cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya gishinjwa Dubai, Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu munyemari yijeje abantu yagurishije ziriya nzu ko zikomeye nyamara zisondetse ,ndetse zikaba zarahise zitangira kwangirika.

Dubai ubwo yahabwaga umwanya ngo yisobanure, we n’abamwunganira, babwiye Urukiko ko iki cyaha kitabayeho, kuko inzu yagurishije, yagiranaga amasezerano n’abaziguze kandi ko bazimaranye imyaka icumi bazirimo.

Bavuze ko kuba igikoni cy’imwe muri izi nzu zirimo mu ziciriritse zaguzwe miliyoni 17 Frw, kandi ngo zinamaze imyaka icumi, ari ibintu bisanzwe ku buryo bidahagije kuba byakwitwa ko zari zisondetse.

Yanagarutse ku muturage umwe ufite inzu muri ziriya wagaragaye mu mashusho atabaza ko inzu zishize zibagwira, avuga ko hari bamwe mu baziguze bagiye bimura inkuta zazo cyangwa bakongeraho izindi nyubako, ku buryo ubwabyo na byo byagira uruhare mu kuba zakwangirika.

Yavuze kandi ko kuba haraguye inzu imwe n’umukingo kandi bikaba mu bihe nk’ibi by’imvura nyinshi inakomeje kwangiza ibindi bikorwa ahandi, bidatunguranye kuba byagira ingaruka kuri ziriya yubatse.

Dubai n’abamwunganira kandi bavuze ko ibyo uyu mushoramari yasabwe gukosora n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire, yabikosoye, kandi ko atigeze asabwa guhagarika kubaka ngo abirengeho.

Uyu mushoramari kandi yahakanye ibyari byatangajwe n’ubushinjacyaha ko atakoranye n’inzobere mu myubakire ubwo yubakaga ziriya nzu, akabihaka, avuga ko yakoranye na bo ndetse ko hari amasezerano bagiranye yanashyize muri systeme inyuzwaho ibimenyetso n’ibindi byifashishwa mu iburanisha.

Dubai n’abamwunganira bavuze kandi ko izi nzu zaguzwe n’abiganjemo abakozi ba Leta barimo abakora mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, kandi ko abenshi baziguze ku nguzanyo ya za Banki, ku buryo mbere yo kuzigura, habanzaga koherezwa inzobere mu kumenya agaciro k’inzu n’ubuziranenge bwazo, kugira ngo Banki ibone kubaha inguzanyo.

Bakavuga ko iyo izi nzu ziza kuba zitujuje ubuziranenge, byari gutuma izo nzobere zitanga raporo yashoboraga gutuma Banki zidaha inguzanyo aba baziguze babanje gufata umwenda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 years ago

    Irebye igiciro zaguzwe mbona akwiye gushimirwa ko yubatse inzu ku giciro cyoroheye buri wese w’amikoro make. Abaguze nabo babizi bahitamo dubai na Caisse sociale zari zihari. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + four =

Previous Post

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Next Post

Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.