Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana
Share on FacebookShare on Twitter

Umushoramari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai uregwa hamwe n’abarimo Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi wa Gasabo, yahakanye ibyaha aregwa bifitanye isano n’inzu zubatswe nabi zanagarutsweho na Perezida Paul Kagame.

Ni mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwabaye kuri uyu wa Kane tariki 11 Gicurasi 2023, nyuma yuko rwari rwasubitswe ku wa Mbere tariki 08 Gicurasi.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko aba bantu baregwa hamwe n’uyu munyemari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bubasabira gukurikiranwa bafunzwe by’agateganyo.

Bushingira ku bimenyetso byerekana ko inzu zubatswe mu buryo butujuje ubuziranenge zishingirwaho mu byaha biregwa aba bantu.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko amasezerano yo kubaka ziriya nzu ziri mu mudugudu uzwi nka ‘Urukumbuzi Real Estate’, aho aya masezerano yari ayo kubaka inzu 300, akubaka 120 zirimo esheshatu zigeretse.

Bwavuze kandi ko muri 2015 ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire (Rwanda Housing Authority) cyagaragaje ko bimwe mu bikoresho byubakishwaga izi nzu bitari byujuje ubuziranenge, birimo ibyuma bya Fer à béton ndete n’imbaho.

Ku cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya gishinjwa Dubai, Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu munyemari yijeje abantu yagurishije ziriya nzu ko zikomeye nyamara zisondetse ,ndetse zikaba zarahise zitangira kwangirika.

Dubai ubwo yahabwaga umwanya ngo yisobanure, we n’abamwunganira, babwiye Urukiko ko iki cyaha kitabayeho, kuko inzu yagurishije, yagiranaga amasezerano n’abaziguze kandi ko bazimaranye imyaka icumi bazirimo.

Bavuze ko kuba igikoni cy’imwe muri izi nzu zirimo mu ziciriritse zaguzwe miliyoni 17 Frw, kandi ngo zinamaze imyaka icumi, ari ibintu bisanzwe ku buryo bidahagije kuba byakwitwa ko zari zisondetse.

Yanagarutse ku muturage umwe ufite inzu muri ziriya wagaragaye mu mashusho atabaza ko inzu zishize zibagwira, avuga ko hari bamwe mu baziguze bagiye bimura inkuta zazo cyangwa bakongeraho izindi nyubako, ku buryo ubwabyo na byo byagira uruhare mu kuba zakwangirika.

Yavuze kandi ko kuba haraguye inzu imwe n’umukingo kandi bikaba mu bihe nk’ibi by’imvura nyinshi inakomeje kwangiza ibindi bikorwa ahandi, bidatunguranye kuba byagira ingaruka kuri ziriya yubatse.

Dubai n’abamwunganira kandi bavuze ko ibyo uyu mushoramari yasabwe gukosora n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire, yabikosoye, kandi ko atigeze asabwa guhagarika kubaka ngo abirengeho.

Uyu mushoramari kandi yahakanye ibyari byatangajwe n’ubushinjacyaha ko atakoranye n’inzobere mu myubakire ubwo yubakaga ziriya nzu, akabihaka, avuga ko yakoranye na bo ndetse ko hari amasezerano bagiranye yanashyize muri systeme inyuzwaho ibimenyetso n’ibindi byifashishwa mu iburanisha.

Dubai n’abamwunganira bavuze kandi ko izi nzu zaguzwe n’abiganjemo abakozi ba Leta barimo abakora mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, kandi ko abenshi baziguze ku nguzanyo ya za Banki, ku buryo mbere yo kuzigura, habanzaga koherezwa inzobere mu kumenya agaciro k’inzu n’ubuziranenge bwazo, kugira ngo Banki ibone kubaha inguzanyo.

Bakavuga ko iyo izi nzu ziza kuba zitujuje ubuziranenge, byari gutuma izo nzobere zitanga raporo yashoboraga gutuma Banki zidaha inguzanyo aba baziguze babanje gufata umwenda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Irebye igiciro zaguzwe mbona akwiye gushimirwa ko yubatse inzu ku giciro cyoroheye buri wese w’amikoro make. Abaguze nabo babizi bahitamo dubai na Caisse sociale zari zihari. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + twelve =

Previous Post

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Next Post

Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Ikipe ikunzwe ariko itorohewe muri iyi minsi igiye kubura umukinnyi nyamwamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.