Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse
Share on FacebookShare on Twitter

Hagiye kwizihizwa yubile y’imyaka ijana ishize hatabarutse Mutagatifu Filippo Smaldone washinze Umuryango w’Ababikira b’Abasezeriyene b’Umutima Mutagatifu wa Yezu n’uwa Bikiramariya, ndetse n’ishuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo ry’abana batumva ntibanavuge. Abize muri iri shuri, bavuga imyato iri shuri ryashinzwe na nyakwigendera.

Mu muhango uteguza kwizihiza iyi yubile y’imyaka 100 Mutagatifu Filippo Smaldone yitabye Imana, Nkurunziza Olivier wize muri iri shuri, yavuze ko byamugiriye umumaro kandi bimwereka ko na we ari umuntu nk’abandi.

Yavuze ko ataraza kwiga muri iri shuri yumvaga ko ari we utumva wenyine kandi akumva ko atari umuntu nk’abandi, agahora yibaza impamvu abumva babajyana kwiga ariko we bakamuheza mu rugo bigatuma ahorana agahinda mu mutima

Olivier ubwo yavugaga kuri Mutagatifu Filippo Smaldone, yagize “Kuba yarabashije gushinga iri shuri ni intsinzi kuri twe abatumva n’abatavuga. Mu busanzwe gufasha utumva biragoye ariko kuba yarashoboye kubigeraho tuzahora tubizirikana duharanira natwe kuzaba intwari.”

Muri uyu muhango wabaye ku Cyumweru tariki 04 Kamena 2023 uteguza kwizihiza yubile y’imyaka 100 Mutagatifu Filippo Smaldone yitabye imana, bamwe mu babyeyi bafite abana batumva ntibavuge biga muri iri shuri, bashimye ubutwari bwe kuko mu gihe cye yatekereje kubana batumva ntibanavuge.

Munyankindi yagize ati “Turishimye ko twagiriwe amahirwe abana bacu bakabasha kubona amahirwe yo kwiga, umwana wanjye akimara guhura n’ikibazo cyo kutumva no kutavuga nibazaga aho nzakura ishuri, kuko njyewe narize nkibaza uko umwana wanjye azabaho atarize bikampangayitsa.

Naje kumenya ko iri shuri rihari umwana mujyana i Nyamata ahiga ikiburamwaka akirangije aza hano, rero byangiriye umumaro, ubu umwana avuga nubwo akoresha amarenga ariko biramufasha.”

Munyankindi akomeza agaragaza ko hari ibikibangamiye uburezi bw’abana batumva ntibanavuge birimo kuba batarabasha kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro.

Yagize ati “Abana bafite ubumuga bwo kutumva ntibavuge usanga akenshi  amasomo asanzwe batayatsinda neza ugasanga bifuza kwiga imyuga n’ubumenyi ngiro ariko hano tugira ubudozi  gusa  ibindi ntiturabasha kubibona. Ni muri urwo rwego rero amashuri nk’ayongayo yiyongereye byabafasha.”

Soeur Akayezu Therese wo mu muryango w’Ababikira b’Abasezeriyene b’Umutima Mutagatifu wa Yezu n’uwa Bikiramariya, uyobora iri shuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo, yahamagariye ababyeyi bafite abana bafite ubu bumuga kutabakingirana mu nzu ahubwo bakwiye kubazana bakiga kuko nabo ari abana nk’abandi

Yagize ati “Umwana utumva utanavuga ni umwana nk’abandi. Turasaba abayeyi bagikingirana abana kubazana tukabafasha bakiga bityo na bo bazagire ejo hazaza heza.”

 

Incamake ku buzima bwa Mutagatifu Filippo Simaldone

Mutagatifu Filippo Smaldone yavukiye mu Gihugu cy’u Butariyani  ku wa 27/7/1848, ahitwa Napori mu muryango w’abakene ariko b’abakirisito, akaba yarakundaga kwita ku mbabare, abarwayi n’abakene.

Ubwo yarimo yigisha Gatigisimu, umunsi umwe yaje kumva umwana arira hanze, arasohoka ahageze asanga ari kumwe na nyina ariko nyina atazi uko yahoza uwo mwana kuko atumvaga ntanavuge.

Icyo gihe ni bwo Filippo yahuriye n’umwana utumva ntanavuge agira umutwaro wo kuzafasha abana batumva ntibanavuge.

Ni muri urwo rwego yashinze iri shuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo, aho ubu rifite abana bafite ubumuga bwo kutumva bagera kuri 207 n’abandi barenga 200 bumva bakanavuga bose barigana.

Abana batumva ntibanavuge ni kimwe n’abandi
N’imikino isanzwe barayikina kandi bakayishobora
Soeur Therese yahamagariye ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kubaha uburenganzira nk’ubw’abandi

Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Related Posts

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

IZIHERUKA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.