Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse
Share on FacebookShare on Twitter

Hagiye kwizihizwa yubile y’imyaka ijana ishize hatabarutse Mutagatifu Filippo Smaldone washinze Umuryango w’Ababikira b’Abasezeriyene b’Umutima Mutagatifu wa Yezu n’uwa Bikiramariya, ndetse n’ishuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo ry’abana batumva ntibanavuge. Abize muri iri shuri, bavuga imyato iri shuri ryashinzwe na nyakwigendera.

Mu muhango uteguza kwizihiza iyi yubile y’imyaka 100 Mutagatifu Filippo Smaldone yitabye Imana, Nkurunziza Olivier wize muri iri shuri, yavuze ko byamugiriye umumaro kandi bimwereka ko na we ari umuntu nk’abandi.

Yavuze ko ataraza kwiga muri iri shuri yumvaga ko ari we utumva wenyine kandi akumva ko atari umuntu nk’abandi, agahora yibaza impamvu abumva babajyana kwiga ariko we bakamuheza mu rugo bigatuma ahorana agahinda mu mutima

Olivier ubwo yavugaga kuri Mutagatifu Filippo Smaldone, yagize “Kuba yarabashije gushinga iri shuri ni intsinzi kuri twe abatumva n’abatavuga. Mu busanzwe gufasha utumva biragoye ariko kuba yarashoboye kubigeraho tuzahora tubizirikana duharanira natwe kuzaba intwari.”

Muri uyu muhango wabaye ku Cyumweru tariki 04 Kamena 2023 uteguza kwizihiza yubile y’imyaka 100 Mutagatifu Filippo Smaldone yitabye imana, bamwe mu babyeyi bafite abana batumva ntibavuge biga muri iri shuri, bashimye ubutwari bwe kuko mu gihe cye yatekereje kubana batumva ntibanavuge.

Munyankindi yagize ati “Turishimye ko twagiriwe amahirwe abana bacu bakabasha kubona amahirwe yo kwiga, umwana wanjye akimara guhura n’ikibazo cyo kutumva no kutavuga nibazaga aho nzakura ishuri, kuko njyewe narize nkibaza uko umwana wanjye azabaho atarize bikampangayitsa.

Naje kumenya ko iri shuri rihari umwana mujyana i Nyamata ahiga ikiburamwaka akirangije aza hano, rero byangiriye umumaro, ubu umwana avuga nubwo akoresha amarenga ariko biramufasha.”

Munyankindi akomeza agaragaza ko hari ibikibangamiye uburezi bw’abana batumva ntibanavuge birimo kuba batarabasha kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro.

Yagize ati “Abana bafite ubumuga bwo kutumva ntibavuge usanga akenshi  amasomo asanzwe batayatsinda neza ugasanga bifuza kwiga imyuga n’ubumenyi ngiro ariko hano tugira ubudozi  gusa  ibindi ntiturabasha kubibona. Ni muri urwo rwego rero amashuri nk’ayongayo yiyongereye byabafasha.”

Soeur Akayezu Therese wo mu muryango w’Ababikira b’Abasezeriyene b’Umutima Mutagatifu wa Yezu n’uwa Bikiramariya, uyobora iri shuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo, yahamagariye ababyeyi bafite abana bafite ubu bumuga kutabakingirana mu nzu ahubwo bakwiye kubazana bakiga kuko nabo ari abana nk’abandi

Yagize ati “Umwana utumva utanavuga ni umwana nk’abandi. Turasaba abayeyi bagikingirana abana kubazana tukabafasha bakiga bityo na bo bazagire ejo hazaza heza.”

 

Incamake ku buzima bwa Mutagatifu Filippo Simaldone

Mutagatifu Filippo Smaldone yavukiye mu Gihugu cy’u Butariyani  ku wa 27/7/1848, ahitwa Napori mu muryango w’abakene ariko b’abakirisito, akaba yarakundaga kwita ku mbabare, abarwayi n’abakene.

Ubwo yarimo yigisha Gatigisimu, umunsi umwe yaje kumva umwana arira hanze, arasohoka ahageze asanga ari kumwe na nyina ariko nyina atazi uko yahoza uwo mwana kuko atumvaga ntanavuge.

Icyo gihe ni bwo Filippo yahuriye n’umwana utumva ntanavuge agira umutwaro wo kuzafasha abana batumva ntibanavuge.

Ni muri urwo rwego yashinze iri shuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo, aho ubu rifite abana bafite ubumuga bwo kutumva bagera kuri 207 n’abandi barenga 200 bumva bakanavuga bose barigana.

Abana batumva ntibanavuge ni kimwe n’abandi
N’imikino isanzwe barayikina kandi bakayishobora
Soeur Therese yahamagariye ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kubaha uburenganzira nk’ubw’abandi

Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.