Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyibukirwa kuri Mutagatifu Filippo Smaldone washinze ishuri ry’abana batumva umaze imyaka 100 atabarutse
Share on FacebookShare on Twitter

Hagiye kwizihizwa yubile y’imyaka ijana ishize hatabarutse Mutagatifu Filippo Smaldone washinze Umuryango w’Ababikira b’Abasezeriyene b’Umutima Mutagatifu wa Yezu n’uwa Bikiramariya, ndetse n’ishuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo ry’abana batumva ntibanavuge. Abize muri iri shuri, bavuga imyato iri shuri ryashinzwe na nyakwigendera.

Mu muhango uteguza kwizihiza iyi yubile y’imyaka 100 Mutagatifu Filippo Smaldone yitabye Imana, Nkurunziza Olivier wize muri iri shuri, yavuze ko byamugiriye umumaro kandi bimwereka ko na we ari umuntu nk’abandi.

Yavuze ko ataraza kwiga muri iri shuri yumvaga ko ari we utumva wenyine kandi akumva ko atari umuntu nk’abandi, agahora yibaza impamvu abumva babajyana kwiga ariko we bakamuheza mu rugo bigatuma ahorana agahinda mu mutima

Olivier ubwo yavugaga kuri Mutagatifu Filippo Smaldone, yagize “Kuba yarabashije gushinga iri shuri ni intsinzi kuri twe abatumva n’abatavuga. Mu busanzwe gufasha utumva biragoye ariko kuba yarashoboye kubigeraho tuzahora tubizirikana duharanira natwe kuzaba intwari.”

Muri uyu muhango wabaye ku Cyumweru tariki 04 Kamena 2023 uteguza kwizihiza yubile y’imyaka 100 Mutagatifu Filippo Smaldone yitabye imana, bamwe mu babyeyi bafite abana batumva ntibavuge biga muri iri shuri, bashimye ubutwari bwe kuko mu gihe cye yatekereje kubana batumva ntibanavuge.

Munyankindi yagize ati “Turishimye ko twagiriwe amahirwe abana bacu bakabasha kubona amahirwe yo kwiga, umwana wanjye akimara guhura n’ikibazo cyo kutumva no kutavuga nibazaga aho nzakura ishuri, kuko njyewe narize nkibaza uko umwana wanjye azabaho atarize bikampangayitsa.

Naje kumenya ko iri shuri rihari umwana mujyana i Nyamata ahiga ikiburamwaka akirangije aza hano, rero byangiriye umumaro, ubu umwana avuga nubwo akoresha amarenga ariko biramufasha.”

Munyankindi akomeza agaragaza ko hari ibikibangamiye uburezi bw’abana batumva ntibanavuge birimo kuba batarabasha kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro.

Yagize ati “Abana bafite ubumuga bwo kutumva ntibavuge usanga akenshi  amasomo asanzwe batayatsinda neza ugasanga bifuza kwiga imyuga n’ubumenyi ngiro ariko hano tugira ubudozi  gusa  ibindi ntiturabasha kubibona. Ni muri urwo rwego rero amashuri nk’ayongayo yiyongereye byabafasha.”

Soeur Akayezu Therese wo mu muryango w’Ababikira b’Abasezeriyene b’Umutima Mutagatifu wa Yezu n’uwa Bikiramariya, uyobora iri shuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo, yahamagariye ababyeyi bafite abana bafite ubu bumuga kutabakingirana mu nzu ahubwo bakwiye kubazana bakiga kuko nabo ari abana nk’abandi

Yagize ati “Umwana utumva utanavuga ni umwana nk’abandi. Turasaba abayeyi bagikingirana abana kubazana tukabafasha bakiga bityo na bo bazagire ejo hazaza heza.”

 

Incamake ku buzima bwa Mutagatifu Filippo Simaldone

Mutagatifu Filippo Smaldone yavukiye mu Gihugu cy’u Butariyani  ku wa 27/7/1848, ahitwa Napori mu muryango w’abakene ariko b’abakirisito, akaba yarakundaga kwita ku mbabare, abarwayi n’abakene.

Ubwo yarimo yigisha Gatigisimu, umunsi umwe yaje kumva umwana arira hanze, arasohoka ahageze asanga ari kumwe na nyina ariko nyina atazi uko yahoza uwo mwana kuko atumvaga ntanavuge.

Icyo gihe ni bwo Filippo yahuriye n’umwana utumva ntanavuge agira umutwaro wo kuzafasha abana batumva ntibanavuge.

Ni muri urwo rwego yashinze iri shuri rya GS Institut Filippo Smaldone rya Nyamirambo, aho ubu rifite abana bafite ubumuga bwo kutumva bagera kuri 207 n’abandi barenga 200 bumva bakanavuga bose barigana.

Abana batumva ntibanavuge ni kimwe n’abandi
N’imikino isanzwe barayikina kandi bakayishobora
Soeur Therese yahamagariye ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kubaha uburenganzira nk’ubw’abandi

Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + one =

Previous Post

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Perezida Kagame yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.