Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

radiotv10by radiotv10
22/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza imitungo ya bamwe, barasaba Leta kubimura no kubashakira ibibatunga kuko biriya biza byabasize amaramasa.

Mu cyumweru gishize mu Murenge wa Murama by’umwihariko mu Kagari ka Rugese, ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga byahitanye ubuzima bw’abantu batandatu, byica amatungungo, bisenya zimwe mu nzu, binagiza imirima y’abaturage.

Uwimana Vestine uvuga ko ibi biza byamusize iheruheru, avuga ko nyuma yabyo, ubuzima bumugoye, ku buryo we na bagenzi be bakeneye ubufasha.

Ati “Uko undeba uku ni ko meze. Nta n’igishyimbo cyo guteka nabonyemo, imyenda yose yaragiye nta n’ikintu na kimwe nasanzemo.”

Benshi muri aba baturage bagizweho n’ingaruka n’ibi biza basaba ko Leta yabimura ikabatuza ahadashyira ubuzima bwabo mu kaga kuko bahora bikanga ko bizakomeza kubahitana.

Bikorimana Moise ati “Tugize amahirwe wenda Leta ikadufasha, n’iyo yaduha ibibanza ahandi hantu ibona hatazaba ibiza nk’ibi tukabona aho kuba.”

Mugiraneza Emmanuel na we ati “Ibi ni nk’ubwa Gatatu bibaye, twumva Leta ishobora kudutekerezaho neza ikatwimura aha hantu, ibi bibaye n’ibigaruka ndibaza bitazadusiga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko ubuyobozi bukomeje kuba hafi aba baturage ndetse ko bimwe mu byo basaba, biri no muri gahunda ya Leta.

Ati “Hari ibyo tugomba gufatanya na MINEMA kugira ngo abaturage babashe kubona iby’ibanze. Ku baturage bagizweho n’ingaruka z’ibiza, hari ugusuniramo tukavuga tuti abari ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga barimurwa, barimurirwa hehe? ibyo ni ibifata akanya, ntabwo ari ikintu gihita kibonerwa igisubizo uwo mwanya.”

Uretse abaturage batandatu bahitanywe n’ibi biza, byanasenye inzu 45, byica amatungo arimo inka ebyiri n’ihene esheshatu ndetse imirima iri kuri Hegitari 163 irangirika.

Bavuga ko ibi biza byaje ari rurangiza
Basaba kugobokwa no kwimurwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 8 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda iragira inama abantu bose bacuruza ibinyobwa byakozwe n’inganda zagaragaweho kutuzuza ubuziranenge byumwihariko urwa Salama rukora umutobe (Jus/Juice),...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

by radiotv10
21/10/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ruregwamo Antoine Ruvebana wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Ibiza n'Impunzi wahamijwe icyaha cyo gusambanya...

IZIHERUKA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi
IMIBEREHO MYIZA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

22/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.