• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

radiotv10by radiotv10
22/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza imitungo ya bamwe, barasaba Leta kubimura no kubashakira ibibatunga kuko biriya biza byabasize amaramasa.

Mu cyumweru gishize mu Murenge wa Murama by’umwihariko mu Kagari ka Rugese, ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga byahitanye ubuzima bw’abantu batandatu, byica amatungungo, bisenya zimwe mu nzu, binagiza imirima y’abaturage.

Uwimana Vestine uvuga ko ibi biza byamusize iheruheru, avuga ko nyuma yabyo, ubuzima bumugoye, ku buryo we na bagenzi be bakeneye ubufasha.

Ati “Uko undeba uku ni ko meze. Nta n’igishyimbo cyo guteka nabonyemo, imyenda yose yaragiye nta n’ikintu na kimwe nasanzemo.”

Benshi muri aba baturage bagizweho n’ingaruka n’ibi biza basaba ko Leta yabimura ikabatuza ahadashyira ubuzima bwabo mu kaga kuko bahora bikanga ko bizakomeza kubahitana.

Bikorimana Moise ati “Tugize amahirwe wenda Leta ikadufasha, n’iyo yaduha ibibanza ahandi hantu ibona hatazaba ibiza nk’ibi tukabona aho kuba.”

Mugiraneza Emmanuel na we ati “Ibi ni nk’ubwa Gatatu bibaye, twumva Leta ishobora kudutekerezaho neza ikatwimura aha hantu, ibi bibaye n’ibigaruka ndibaza bitazadusiga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko ubuyobozi bukomeje kuba hafi aba baturage ndetse ko bimwe mu byo basaba, biri no muri gahunda ya Leta.

Ati “Hari ibyo tugomba gufatanya na MINEMA kugira ngo abaturage babashe kubona iby’ibanze. Ku baturage bagizweho n’ingaruka z’ibiza, hari ugusuniramo tukavuga tuti abari ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga barimurwa, barimurirwa hehe? ibyo ni ibifata akanya, ntabwo ari ikintu gihita kibonerwa igisubizo uwo mwanya.”

Uretse abaturage batandatu bahitanywe n’ibi biza, byanasenye inzu 45, byica amatungo arimo inka ebyiri n’ihene esheshatu ndetse imirima iri kuri Hegitari 163 irangirika.

Bavuga ko ibi biza byaje ari rurangiza
Basaba kugobokwa no kwimurwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − one =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.