Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Iby’ingenzi bikubiye mu butumwa Perezida Kagame yohererejwe n’Umuhuza w’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yatangaje ko ubutumwa bwakiriwe na Perezida Paul Kagame bwoherejwe n’Umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na DRC, bugamije gusubukura ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi, kandi ko ibiganiro byabaye hagati ya Perezida n’intumwa yabuzanye, byagenze neza.

Ubu butumwa bwakiriwe na Perezida Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024 ubwo yakiraga intumwa yihariye ya Perezida wa Angola, João Laurenço wahawe inshingano zo kuba umuhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ubutumwa bwazanywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete António, wakiriwe na Perezida Kagame, aherekejwe na mugenzi we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Mu kiganiro Nduhungirehe yagiranye na TV 5 Monde nyuma y’iki gikorwa, yabajijwe n’umunyamakuru icyavuye mu biganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’iyi ntumwa yihariye ya mugenzi we wa Angola, avuga ko yari imuzaniye ubutumwa.

Yagize ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola yari azanye ubutumwa bw’umuhuza, mu rwego ndetse n’ubushake bwo kugira ngo husubukurwe ibiganiro, kandi ibiganiro bagiranye byatanze umusaruro. Ariko nyine birumvikana nta byinshi nabivugaho.”

Umunyamakuru kandi yamubajije niba abantu bakwizera ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC bigiye gukomeza, amusubiza amubwira ko u Rwanda rwamye rubifitiye ubushake kandi ko ntaho burajya.

Ati “Twe igihe cyose twahoze twifuza tuniteguye ibiganiro, kandi twakomeje gushyigikira ibiganiro by’i Luanda, kandi nubwo inama yasubitswe ariko tuzakomeza gukorana n’abo ari bo bose babyifuza kugira ngo tugerageze ko ibiganiro byakomeza.”

Kimwe mu byatumye inama yari guhuza Perezida Paul Kagame na Tshisekedi isubikwa, ni ukuba Congo yari imaze gutangaza ko itazaganira na M23 nyamara yari yabanje kubyemera.

Minisitiri Nduhungirehe, muri iki kiganiro na TV 5 Monde yongeye kubisubiramo ko uko byagenda kose Congo igomba kuganira na M23 kugira ngo hashakwe umuti wa burundu w’ibibazo byatumye havuka uyu mutwe.

Yongeye gushimangira ko ntakindi gituma u Rwanda rukomeza gusaba ko habaho ibi biganiro, ari uko ibibazo bya M23 binagira ingaruka ku mutekano w’u Rwanda, kuko DRC ibyitwaza igakorana n’abashaka kuwuhungabanya barimo FDLR, ndetse bikanagira ingaruka ku mutekano w’akarere, dore ko ubu ubutegetsi bwa Congo bukomeje kongera abacancuro b’Abanyaburayi, mu mirwano imaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Tete António yagiye muri Village Urugwiro ari kumwe na mugenzi we Olivier Nduhungirehe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Ibyo Gen.Muhoozi yatangaje kuri Tshisekedi byatumye Umudipolomate wa Uganda atumizwaho

Next Post

Mu isura nshya hongeye kuzamurwa ibirego bishinjwa Israel

Related Posts

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Perezida Kagame uri mu Bufaransa yahuye na Emmanuel Macron

Perezida Kagame uri mu Bufaransa yahuye na Emmanuel Macron

by radiotv10
07/05/2025
0

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Bufaransa, yahuye na mugenzi we w’iki Gihugu, Emmanuel Macron bagirana ibiganiro byagarutse ku...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng: Rwanda shares updates about efforts to restore its relationship with Burundi

by radiotv10
05/05/2025
0

Minister of foreign affairs and international cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe mentioned that conversations between Rwanda and Burundi with the aim...

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

by radiotv10
05/05/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi bigamije kuzahura umubano bigikomeje, ariko...

Ibyasinywe si amasezerano- Menya iby’inyandiko yasinywe hagati y’u Rwanda na DRCongo n’impamvu byakozwe na America

Hatangajwe ikimaze gukorwa ku mbanzirizamushinga z’amasezerano Perezida Kagame na Tshisekedi bazasinyira muri America

by radiotv10
05/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaze gutanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro azasinyirwa...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu isura nshya hongeye kuzamurwa ibirego bishinjwa Israel

Mu isura nshya hongeye kuzamurwa ibirego bishinjwa Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.