Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Iby’ingenzi bikubiye mu butumwa Perezida Kagame yohererejwe n’Umuhuza w’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yatangaje ko ubutumwa bwakiriwe na Perezida Paul Kagame bwoherejwe n’Umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na DRC, bugamije gusubukura ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi, kandi ko ibiganiro byabaye hagati ya Perezida n’intumwa yabuzanye, byagenze neza.

Ubu butumwa bwakiriwe na Perezida Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024 ubwo yakiraga intumwa yihariye ya Perezida wa Angola, João Laurenço wahawe inshingano zo kuba umuhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ubutumwa bwazanywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete António, wakiriwe na Perezida Kagame, aherekejwe na mugenzi we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Mu kiganiro Nduhungirehe yagiranye na TV 5 Monde nyuma y’iki gikorwa, yabajijwe n’umunyamakuru icyavuye mu biganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’iyi ntumwa yihariye ya mugenzi we wa Angola, avuga ko yari imuzaniye ubutumwa.

Yagize ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola yari azanye ubutumwa bw’umuhuza, mu rwego ndetse n’ubushake bwo kugira ngo husubukurwe ibiganiro, kandi ibiganiro bagiranye byatanze umusaruro. Ariko nyine birumvikana nta byinshi nabivugaho.”

Umunyamakuru kandi yamubajije niba abantu bakwizera ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC bigiye gukomeza, amusubiza amubwira ko u Rwanda rwamye rubifitiye ubushake kandi ko ntaho burajya.

Ati “Twe igihe cyose twahoze twifuza tuniteguye ibiganiro, kandi twakomeje gushyigikira ibiganiro by’i Luanda, kandi nubwo inama yasubitswe ariko tuzakomeza gukorana n’abo ari bo bose babyifuza kugira ngo tugerageze ko ibiganiro byakomeza.”

Kimwe mu byatumye inama yari guhuza Perezida Paul Kagame na Tshisekedi isubikwa, ni ukuba Congo yari imaze gutangaza ko itazaganira na M23 nyamara yari yabanje kubyemera.

Minisitiri Nduhungirehe, muri iki kiganiro na TV 5 Monde yongeye kubisubiramo ko uko byagenda kose Congo igomba kuganira na M23 kugira ngo hashakwe umuti wa burundu w’ibibazo byatumye havuka uyu mutwe.

Yongeye gushimangira ko ntakindi gituma u Rwanda rukomeza gusaba ko habaho ibi biganiro, ari uko ibibazo bya M23 binagira ingaruka ku mutekano w’u Rwanda, kuko DRC ibyitwaza igakorana n’abashaka kuwuhungabanya barimo FDLR, ndetse bikanagira ingaruka ku mutekano w’akarere, dore ko ubu ubutegetsi bwa Congo bukomeje kongera abacancuro b’Abanyaburayi, mu mirwano imaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Tete António yagiye muri Village Urugwiro ari kumwe na mugenzi we Olivier Nduhungirehe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − ten =

Previous Post

Ibyo Gen.Muhoozi yatangaje kuri Tshisekedi byatumye Umudipolomate wa Uganda atumizwaho

Next Post

Mu isura nshya hongeye kuzamurwa ibirego bishinjwa Israel

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu isura nshya hongeye kuzamurwa ibirego bishinjwa Israel

Mu isura nshya hongeye kuzamurwa ibirego bishinjwa Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.