Friday, March 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda Mpuzamahanga rihuriweho na Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ryashyize hanze itangazo ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, rivuga ko ritewe impungenge n’ibiri kubera muri kariya gace, rinasaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika ibikorwa byibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Iri tsinda rigizwe na Guverinoma za Leta Zunze Ubumwe za America, u Budage, u Bubiligi, Danemark, iz’Ibihugu bya Pays-Bas, u Bwongereza, Suède ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uhagarairwe na Suède.

Muri iri tangazo ryashyizwe hanze n’iri tsinda ICG (International Contact Group for the Great Lakes), rivuga ko “ritewe impungenge cyane n’ibiriho biba muri iki gihe mu burasirazuba bwa DRC, byo kurenga ku gahenge kemejwe n’amasezerano y’i Washington yasinywe tariki 04 Ukuboza 2025 ndetse n’ingamba zafatiwe i Doha ku ya 19 Nyakanga 2025 mu rwego rwo guhagarika imirwano mu buryo bwa burundu.”

Iri tsinda rigaragaza ko muri uku kurenga kuri ibi byose, mu mirwano hari gukoreshwa indege zitagira abapilote (Drones) mu bitero bikomeje gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage b’abasivile.

Riti “Impande zose bireba zigomba kubahiriza ibyo zemeye mu buryo bwihutirwa kandi nta mananiza zigahagarika imirwano, kandi zigasubukura ibiganiro.”

Iri tsinda rivuga ko ibibazo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, bidashobora gukemurwa n’imbaraga za gisirikare, ryaboneyeho gushimira Umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe, Faure Gnassingbé ndetse n’irindi tsinda ry’abamufasha, kimwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America n’ubwa Qatar.

Riti “Turashimira imbaragaza zakoreshejwe na Qatar, CIRGL na MONUSCO mu gushyira mu bikorwa urwego rushinzwe kugenzura no gukirikirana iyubahirizwa ry’agahenge. Tuributsa ko hakenewe ko habaho umwuga worohereza ibiganiro bihuza Abanyekongo ntawe usigaye, n’abafatanyabikorwa bose b’ingenzi muri Congo, nk’ikintu gikomeye mu kugera ku mahoro arambye muri DRC, kandi tunashimira inzira z’ubujyanama zatangijwe na Repubulika ya Angola.”

ICG kandi yaboneyeho gusaba impande zose zirebwa na biriya bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC kubahiriza ihame ry’uburenganzira mpuzamahanga ku bikorwa by’ubutabazi, ndetse no gutuma habaho uburyo bugera ku babukeneye mu buryo bworoshye.

Iri tsinda kandi ryanashimiye intambwe yatewe na za Guverinoma ndetse n’abafatanyabikorwa bo mu karere mu buryo bwo korohereza ubutabazi, yagaragaye nyuma yuko hakozwe urugendo rwa Komiseri Lahbib harimo gufungura umupaka uguza DRC n’u Burundi, ndetse no kuba harakoreshejwe ikibuga cy’Indege cya Goma mu ruzinduko ruheruka rwa van de Perre, Umuyobozi Mukuru w’Agategenyo wa MONUSCO akaba n’Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN, rikavuga ko byagombye kuba inzira yo gutuma kiriya Kibuga cy’Indege gifungurwa mu buryo burambye, kigakoreshwa n’indege mu bikorwa by’ubutabazi.

ICG yaboneyeho gusaba impande zose guhagarika imvugo zibiba urwando, ivangura ndetse n’ibindi bikorwa bihonyora ikiremwamuntu, byumwihariko ibikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, kimwe n’ibindi bikorwa byose bishobora gushyira mu kangaratete ubuzima bw’abaturage b’abasivile.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eighteen =

Previous Post

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda Oscar yatangaje ko hari abasirikare b’abakomando b’iri huriro bari hafi ya Kisangani, bagaba ibitero...

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

by radiotv10
06/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ikipe ya Inter Miami ikinamo rurangiranwa Lionel Messi, yavuze...

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

by radiotv10
06/03/2026
0

The Deputy Spokesperson of AFC/M23, Dr. Oscar Balinda, has announced that some of the coalition’s commando soldiers are operating near...

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

by radiotv10
05/03/2026
0

Igitero cya Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel, cyasenye Sitade yakira imikino ya Azadi iherereye i Tehran muri...

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

by radiotv10
05/03/2026
0

Umuganga mukuru muri zone ya Rutshuru, Dr. Christian Bitwayiki yagize icyo avuga kuri raporo ivuga ko hagaragaye imfu z’abantu 1...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo
AMAHANGA

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

by radiotv10
06/03/2026
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Explains Rwanda’s Concerns Over Genocide Ideology Among DRC Officials

06/03/2026
Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

06/03/2026
Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

06/03/2026
Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

06/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

Eng.-Minister Nduhungirehe Explains Rwanda’s Concerns Over Genocide Ideology Among DRC Officials

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.