Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi biri mu Itegeko Nshinga rishya ry’Igihugu cyo muri Afurika kiyobowe n’Igisirikare

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi biri mu Itegeko Nshinga rishya ry’Igihugu cyo muri Afurika kiyobowe n’Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare kiri ku butegetsi muri Gabon, cyatangaje ko hemejwe Itegeko Nshinga rishya, nyuma yuko ryatowe ku bwinshi mu matora ya kamarampaka, nk’uko bigaragazwa n’imibanire y’agateganyo y’ibyavuye mu matora.

Mu ijambo yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Gabon, yatangaje ko 91,8% by’abatoye, batoye ‘Yego’ ku Itegeko Nshinga rishya, mu gihe amatora yitabiriwe ku kigero cya 53,5%.

Perezida w’inzibacyuho muri Gabo, Brice Oligui Nguema, yasezeranyije ko iri Tegeko Nshinga rizaba inzira yerekeza ku butegetsi bushingiye kuri Demokarasi, ndetse rikazatangira gukurikizwa kuva mu mpeshyi y’umwaka wa 2025.

Iri Tegeko Nshinga rishya ryatowe, rigena ko Umukuru w’Igihugu azaba yemerewe kwiyamamariza manda ebyiri gusa, buri imwe ikazaba igizwe n’imyaka irindwi.

Iri Tegeko Nshinga rikuraho umwanya wa Minisitiri w’Intebe, rikuraho kandi guhererekanya ubutegetsi hagati y’imiryango, ndetse ryemeza Igifaransa nk’ururimi rw’akazi muri Gabon.

Iri Tegeko kandi rinateganya ko abakandida ku mwanya wa Perezida bagomba kuba bafite Ubwenegihugu bwa Gabon gusa, bafite nibura umubyeyi umwe wavukiye muri Gabon, kandi bafite umufasha w’Umunya-Gabon.

Icyakora iri tegeko ntiribuza Nguema kwiyamamariza umwanya wa Perezida, bikaba byateye impungenge bamwe mu bakurikirana politiki y’iki Gihugu, bibaza ahazaza h’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Amajwi ntakuka yavuye mu matora yo guhindura Itegeko Nshinga azatangazwa n’Urukiko rw’Ikirenga mu minsi iri imbere.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: U Burayi bwemeje Miliyari 29Frw yo gushyigikira RDF muri Mozambique

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

AMAKURU AGEZWEHO: U Burayi bwemeje Miliyari 29Frw yo gushyigikira RDF muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.