Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi biri mu Itegeko Nshinga rishya ry’Igihugu cyo muri Afurika kiyobowe n’Igisirikare

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi biri mu Itegeko Nshinga rishya ry’Igihugu cyo muri Afurika kiyobowe n’Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare kiri ku butegetsi muri Gabon, cyatangaje ko hemejwe Itegeko Nshinga rishya, nyuma yuko ryatowe ku bwinshi mu matora ya kamarampaka, nk’uko bigaragazwa n’imibanire y’agateganyo y’ibyavuye mu matora.

Mu ijambo yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Gabon, yatangaje ko 91,8% by’abatoye, batoye ‘Yego’ ku Itegeko Nshinga rishya, mu gihe amatora yitabiriwe ku kigero cya 53,5%.

Perezida w’inzibacyuho muri Gabo, Brice Oligui Nguema, yasezeranyije ko iri Tegeko Nshinga rizaba inzira yerekeza ku butegetsi bushingiye kuri Demokarasi, ndetse rikazatangira gukurikizwa kuva mu mpeshyi y’umwaka wa 2025.

Iri Tegeko Nshinga rishya ryatowe, rigena ko Umukuru w’Igihugu azaba yemerewe kwiyamamariza manda ebyiri gusa, buri imwe ikazaba igizwe n’imyaka irindwi.

Iri Tegeko Nshinga rikuraho umwanya wa Minisitiri w’Intebe, rikuraho kandi guhererekanya ubutegetsi hagati y’imiryango, ndetse ryemeza Igifaransa nk’ururimi rw’akazi muri Gabon.

Iri Tegeko kandi rinateganya ko abakandida ku mwanya wa Perezida bagomba kuba bafite Ubwenegihugu bwa Gabon gusa, bafite nibura umubyeyi umwe wavukiye muri Gabon, kandi bafite umufasha w’Umunya-Gabon.

Icyakora iri tegeko ntiribuza Nguema kwiyamamariza umwanya wa Perezida, bikaba byateye impungenge bamwe mu bakurikirana politiki y’iki Gihugu, bibaza ahazaza h’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Amajwi ntakuka yavuye mu matora yo guhindura Itegeko Nshinga azatangazwa n’Urukiko rw’Ikirenga mu minsi iri imbere.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: U Burayi bwemeje Miliyari 29Frw yo gushyigikira RDF muri Mozambique

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

AMAKURU AGEZWEHO: U Burayi bwemeje Miliyari 29Frw yo gushyigikira RDF muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.