Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi byagarutsweho mu nama Perezida Kagame yahuriyemo na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
19/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byagarutsweho mu nama Perezida Kagame yahuriyemo na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yahuriyemo na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse ku ngingo zirimo gukemura ikibazo cya FDLR ndetse no kuba DRC yaganira na AFC/M23.

Iyi nama yabereye i Doha muri Qatar, yatangajwe mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki Gihugu yabereyemo.

Ni ibiganiro byayobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, mu Biro bye Lusail Palace biri i Doha.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Werurwe 2025, yavuze ko “Muri iyi nama abayobozi batangaje ko bashyigikiye inzira ya EAC-SADC nka bumwe mu buryo bw’ibanze bwazana umuti urambye w’amakimbirane ari muri DRC.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bivuga kandi ko muri iyi nama, “hagaragajwe ko hakenewe gushakwa umuti w’Umutwe w’Abajenosideri wa FDLR ndetse no kuba habaho icyatuma u Rwanda rugira icyizere ku mutekano warwo n’akarere, na byo byashimangiwe.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda ikomeza igira iti “Abayobozi nanone baganiriye ku ngingo yihuritwa y’ibiganiro bya politiki hamwe na AFC/M23 nk’imwe mu nzira z’ingenzi zo gushaka umuti w’umuzi w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezida Kagame kandi yaboneyeho gutangaza ko yizeye ko habayeho gukorana kw’impande zose, ibintu byakwihuta, anashimira Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ku bw’umusanzu we byumwihariko muri ibi biganiro by’ingirakamaro, ndetse no mu gushaka ibisubizo byageza ku mahoro arambye muri DRC no mu karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + four =

Previous Post

Hatangajwe ingano ya ruswa yakirwaga n’abakora mu Murenge wa Kigali bafatiwe mu cyuho

Next Post

The Ben n’umugore we Pamella bibarutse impfura yabo hahita hamenyekana n’amazina bamwise

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City
AMAHANGA

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

The Ben n’umugore we Pamella bibarutse impfura yabo hahita hamenyekana n’amazina bamwise

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.