Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zagiranye ibiganiro, byagaragarijwemo ubushake bwo gukemura ibibazo bihari, zongera gushimangira ko inzira zizakemura ibibazo ari iza politiki, aho kuba iz’intambara.

Ibi biganiro byabaye kuri iki Cyumweru tariki Indwi Nyakanga 2024, muri Zanzibar nk’uko tubikesha Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yavuze ko itsinda ry’intumwa za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Wungirije, Gracia Yamba Kazadi.

Amb. Nduhungirehe yagize ati “Ukwiyemeza kuzima n’ibiganiro byimbitse byabaye muri iki gitondo muri Zanzibar hagati ya Minisitiri w’Ubanyi n’Amahanga Wungirije wa DRC, Gracia Yamba na ba Minisitiri bo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda.”

Muri ibi biganiro, Ambasaderi Nduhungirehe yari kumwe n’abayobozi baturutse mu Rwanda, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ubutwererane mu karere, General (Rtd) James Kabarebe.

Nduhungirehe yakomeje avuga ko muri ibi biganiro, u Rwanda na Congo “babifashijwemo na Tanzania na Sudani y’Epfo, nk’abitabiriye Umwiherero wo ku rwego rw’Abaminisitiri muri EAC, kandi hari Abaminisitiri baturutse muri Uganda no muri Kenya, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ushinzwe ibikorwa bya Politiki.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakomeje agira ati “Inama yabereye mu mwuka mwiza kandi utanga icyizere mu kuganisha ku muti, kandi Abaminisitiri w’Ibihugu byombi by’ibituranyi bagaragaje ubushake bwiza, banashimangira ko hakenewe inzira za politiki mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.”

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Rwanda, yavuze ko kandi muri iyi nama, hemerejwemo ko hongera gushyirwa imbaraga mu kubahiriza ibyemezo byafatiwe mu nama z’i Luanda n’i Nairobi.

Ibi byemezo byakunze gushyigikirwa n’u Rwanda ndetse n’amahanga, birimo ibisaba ko imirwano imaze igihe ibera mu burasirazuba bwa DRC, ihagarara, gusaba Guverinoma ya Congo guhagarika imikoranire n’imitwe yitwaje intwaro ku isonga FDLR.

Harimo kandi gusaba ko hashakwa uburyo iyi mitwe yo mu mahanga iri muri Congo itaha mu Bihugu byayo, ndetse no gushyiraho uburyo bworohereza impunzi z’Abanyekongo ziri mu Bihugu by’ibituranyi nko mu Rwanda, gutaha mu Gihugu cyabo.

Iyi nama yahuje inzego zishinzwe Dipolomasi z’ibi Bihugu bimaze igihe bidacana uwaka, ibaye nyuma y’iminsi ibiri, Leta Zunze Ubumwe za America, zitangaje ko impande zihanganye mu ntambara ibera mu burasirazuba bwa DRC, zemeye agahenge k’ibyumweru bibiri, ndetse kakaba karashyigikiwe n’ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC).

Intumwa z’u Rwanda n’iza DRC zongeye guhurira mu biganiro
Iz’u Rwanda zari ziyobowe na Minisitiri Olivier Nduhungirehe
Yari kumwe na General (Rtd) James Kabarebe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Menya amahirwe atazwi na benshi ya ‘Camera’ zo muhanda ziha abashoferi

Next Post

M23&FARDC: Bidateye kabiri nyuma y’uko hatangiye agahenge hatangajwe amakuru mashya

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura

M23&FARDC: Bidateye kabiri nyuma y’uko hatangiye agahenge hatangajwe amakuru mashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.