Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka bigo by’amashuri birenga 300, rikaba ryarafashije abantu barenga ibihumbi 980 kumenya gusoma no kwandika.

Iri Torera ryatangiye mu mwaka wa 1940 rizakora ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 85 tariki ya 20 Ukuboza 2025, ahateganyijwe amasengesho yo gushima Imana yabanye na ryo muri iyo myaka 85 ishize, banayereke igihe kiri imbere bayisaba kubafasha mu cyerekezo cya 2050.

Umushumba mukuru w’itorero ADEPR, Isaie Ndayizeye, yabwiye RADIOTV10 ko bagiye gushima Imana yabanye na bo guhera ku muntu umwe wabatijwe mu mwaka wa 1943 mu murenge umwe, none ubu bakaba barageze mu mirenge yose mu gihugu cyose, bafite abarenga miliyoni eshatu bakiriye ubutumwa, ari byo gushima Imana.

Yagize ati “Iki cyumweru, ku tariki ya 20 z’uku kwezi, ni igihe itorero ryafashe ngo dushimire Imana yabanye natwe mu myaka 85 itambutse, kandi dukomeze no kuyereka aho tugana mu gihe kiri imbere kugira ngo izabane natwe. Utekereje mu 1940, guhera mu murenge umwe, uyu munsi tukaba tumaze kugeza ubutumwa mu gihugu hose, guhera ku muntu umwe wakiriye Kristo akabatizwa mu 1943, uyu munsi tukaba tumaze kugera ku bakristo barenga miliyoni eshatu bamaze kwakira ubutumwa, n’umwanya wo gushimira Imana.”

Yakomeje avuga ko bitarenze abakiriye ubutumwa gusa, ahubwo ari n’urugendo rw’ibikorwa byo kuzana impinduka zuzuye. Yanavuze ko muri iyi myaka 85, abantu barenga 980,000 itorero ryabo ryabigishije gusoma, kwandika no kubara.

Ati “Birenze abakiriye ubutumwa, bikaba n’urugendo rw’ibikorwa byo kuzana impinduka zuzuye haba mu burezi, haba mu buzima, mu ishoramari, mu bikorwa byo gufasha abantu kwiteza imbere, kwigisha abantu bakuze kumenya gusoma, kwandika no kubara kugira ngo babone uko bakora ibikorwa bibateza imbere, kuko muri iyi myaka 85 abantu barenga 980,000 bamaze kwigishwa n’itorero, abenshi muri bo bagiye mu myuga ibafasha gutera imbere.”

Yanavuze ku musanzu iri torero ritanga kugira ngo Abanyarwanda bakomeze kubaka ubumwe mu rugendo rwo gukira ibikomere, anaganira ku cyerekezo itorero rifite cya 2050, aho bashaka kugira abakristo babayeho mu buryo bwuzuye, imiryango ibanye neza, ituye ahantu heza, no kubaka ibikorwa by’iterambere bifasha itorero gukomeza kuba igisubizo no gutanga umusanzu ukwiye aho ribarizwa.

Isaie Ndayizeye, umushumba mukuru wa ADEPR, yavuze ku musanzu itorero ritanga muri sosiyete nyarwanda mu buzima, aho bafite ikigo cy’ubwishingizi mu kwivuza, mu buhinzi no mu burezi, aho bafite ibigo 316.

Ati “Mu burezi dufite ibigo 316 birimo amashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye; hari ibitaro, hari ibigo nderabuzima bitatu, ariko hakaba n’ibikorwa byo gufasha abaturage kubashishikariza kugira ubwisungane mu kwivuza. Abadafite ubwo bushobozi itorero rikabafasha. Twanashyizeho ikigo cy’ubwishingizi mu kwivuza, UBF, na cyo ni ikindi gisubizo gihari.”

Yakomeje avuga ku ishoramari ririmo Dove Hotel, banashora no mu buhinzi. Ati “Mu ishoramari hari Dove Hotel n’ibindi bigo biyishamikiyeho. Dushimira ko ari umwe mu musanzu itorero ritanga ku rugendo rw’iterambere ry’igihugu cyacu. Mu buhinzi, itorero ryashyizeho gahunda yo kwigisha ubuhinzi bukoresha ubutaka buto butanga umusaruro, kuko iyo abakristo basoje amateraniro ku Cyumweru ari byiza kwibaza ngo bagiye kubaho mu buhe buzima, bakora iki. Harimo n’abakora ubuhinzi, ni yo mpamvu twashyizeho iyo gahunda dushyiraho abize ubuhinzi mu buryo bugezweho babahugura.”

Abajijwe ku mpinduka iri torero ryakoze zo gushyira mu nshingano abantu bize no kwimika abagore bakaba abapasitori, yasubije agira ati “Niba hari umuntu wavuye mu nshingano kuko atize, afite abana bize, Imana itegura uruhererekane rw’uburyo abantu bazakomeza gukora umurimo. Ni byiza kumenya impinduka nziza ziri mu gihugu cyacu. Turashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame washyizeho gahunda y’uburezi kuri bose. Nta muntu ukwiye kugira ikibazo ngo hagiyeho abayobozi mu matorero bize, ahubwo ikibazo cyaba itorero ryahisemo abantu bayobora batarize kandi bayobora Abanyarwanda bize.”

Itorero rya Pentekote ryo mu Rwanda (ADEPR) ryatangiriye i Gihundwe mu 1940, ryitwaga MLS (Mission Libre Suédoise), ritangirira mu cyahoze ari Ururembo rwa Cyangugu; ubu ni mu Itorero rya ADEPR, Akarere ka Rusizi, Intara y’Iburengerazuba. Ibiro byo kwizizihiza isabukuru y’imyaka 85, bizabera kuri Dove Hotel.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Next Post

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.