Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi ku masezerano y’u Rwanda na Jordanie yasinywe hari Perezida Kagame n’Umwami Abdullah II

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi ku masezerano y’u Rwanda na Jordanie yasinywe hari Perezida Kagame n’Umwami Abdullah II
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe ari kugirira mu Rwanda, Umwami wa Jordanie Abdullah II Ibn Al-Hussein, we na Perezida Paul Kagame, bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye n’ubutwererane hagati y’Ibihugu byombi.

Ni nyuma y’uko Umwami Abdullah II ageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, akakirwa na Perezida Paul Kagame ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Perezida Paul Kagame kandi yanakiriye Umwami wa Jordanie mu Biro bye muri Village Urugwiro, bagirana ibiganiro, banayobora umuhangwo wo gushyira umukono ku masezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Jean Chrysostome Ngabitsinze, naho ku ruhande rw’Ubwami bwa Jordanie, ashyirwaho umukono na Minisitiri wUbucuruzi n’Inganda, Yousef Al Shamali.

Muri aya masezerano ajyanye n’ubucuruzi, agamije gukuraho imbogamizi ziri mu bucuruzi hagati y’Ibihugu byombi, arimo ingingo zinyuranye nko gukuraho gusoreshwa kabiri ibicuruzwa, bigamije gukumira amayeri yo guhunga imisoro byajyaga bigaragara.

Hanasinywe kandi amasezerano ajyanye no gusangizanya ubumenyi mu bijyanye n’ubuzima n’ubuvuzi, hagati y’u Rwanda n’Ubwami bwa Jordanie.

Impande zombi kandi zanashyize umukono ku masezerano ajyanye n’ubufatanye mu by’ubuhinzi, dore ko Jordanie ari Igihugu cyateye imbere muri uru rwego, kikaba gifite byinshi cyasangiza u Rwanda.

Umuhango w’isinywa ry’aya masezerano, uretse kuba wayobowe n’Umwami rwa Jordanie na Perezida Kagame w’u Rwanda, warimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, hari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta; Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano n’Iperereza (NISS), Maj Gen Joseph Nzabamwita, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Francis Gatare.

Biteganyijwe ko Umwami wa Jordanie, kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, asura ibikorwa binyuranye mu Rwanda, birimo Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi, akunamira inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Ubwo Umwami Abdallah II yageraga ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Yakiriwe na Perezida Paul Kagame
Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Jordanie mu Biro bye

Bagiranye ibiganiro
Bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye
Aya masezerano yashyizweho umukono n’impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + nineteen =

Previous Post

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Next Post

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.