Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF), bwasobanuye ibimaze gukorwa n’abasirikare bazo bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique aho batsinze umwanzi mu kwezi kumwe, ubu amahoro akaba yarabonetse mu Bihugu byombi.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, asobanura ko nko muri Repubulika ya Centrafrique, batangiye ari abasirikare 850, bagiye biyongera, ubu bakaba barenga 2 000 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ati “Akazi twaje gukora ni ako kurinda umutekano w’abaturage, n’ubuobozi, hari ukurinda Perezida n’urugo rwe ahitwa Damara, n’abayobozi bacye, n’ikibuga cy’indege.”

Brig Gen Ronald Rwivanga akomeza avuga ko RDF yohereje abandi basirikare muri iki Gihugu muri 2020 ubwo inyeshyamba zishyigikiye François Bozizé wigeze kukiyobora zashakaga gufata ubutegetsi, ari na bwo ubutegetsi buriho bwasabaga ubufasha u Rwanda.

Ati “Perezida w’aha [wa Centrafrique] ahita asaba Perezida wacu [Paul Kagame] guhagarika icyo gitero cya Bozizé. Twarabikoze, tuzana bilateral force [ingabo zije ku masezerano y’Ibihugu bibiri]. Bimwe mu byo twagiye gukora ni ukubafasha mu gihe bahuye n’ibibazo, Perezida wacu yatanze ubwo bufasha bwo kohereza force y’abantu barenga igihumbi, duhagarika abo bagize ba nabi ba Bozizé.”

Kuva icyo gihe, Ingabo z’u Rwanda ziri muri iki Gihugu zakomeje kurinda umutekano wacyo n’uw’abaturage, ubu zikaba zaraniyemeje guha imyitozo igisirikare cyacyo.

Ati “Mwabonye ko hari force twahaye imyitozo y’abantu 512 [basoje imyitozo mu cyumweru gishize], tuzakomeza guha imyitozo kugeza igihe ubwo bushobozi buzagerwaho.”

Brig Gen Rwivanga akomeza avuga ko nubwo ibyajyanye ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique byagezweho, ariko “zahawe indi nshingano kandi ikomeye yo kubaka ubushobozi.” Ari na byo batangiye byo guha imyitozo abasirikare, ku buryo igihe ingabo za RDF zizava muri iki Gihugu, izaho ziza zifite ubushobozi bwo gukora ibyo RDF yakoraga.

Ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique zicunga umutekano byihariye

Muri Mozambique umwanzi bamunesheje mu kwezi kumwe

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga akomeza avuga ko ingabo zagiye muri Mozambique, zo zagiye ku busabe bw’ubuyobozi bw’iki Gihugu cyari cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano byaterwaga n’umutwe w’iterabwoba uzwi nka Ansar Ahlu Sunna Wa-Jama wari warazengereje Intara ya Cabo Delgado.

Ati “Twashoboye gutsinda izo nyeshyamba mu kwezi kumwe, tumaze kugerayo ubu hari amahoro n’ituze.”

Avuga ko nubwo muri Mozambique amahoro yagarutse, ariko Ingabo z’u Rwanda nk’uko biri mu mikrere yazo, zakomeje kubaka ubushobozi bw’abaturage kugira ngo binabarinde ibibazo birimo ubukene bituma hanavuka imitwe nk’iyo.

Ati “Muri filozofi yacu dutekereza ko iyo dufashije abaturage mu mibereho isanzwe, tuba tugeze ku mutekano urambye, ari na yo mpamvu ahantu hose tugeze tugerageza gufasha abaturage mu buryo butandukanye, hari kubaka amashuri, ibigo by’ubuzima, imihanda, gukora umuganda, kubaha amazi,…”

Gen Rwivanga avuga ko no mu itegeko rya RDF habamo izi nshingano zo kuzamura imibereho y’abaturage, kandi ko isanzwe ibikora mu Rwanda, itanabura kubikora ahandi haba hagiye abasirikare bayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 1 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere yavuze icyamunyuze mu kiganiro yagiranye na Perezida Museveni

Next Post

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.