Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF), bwasobanuye ibimaze gukorwa n’abasirikare bazo bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique aho batsinze umwanzi mu kwezi kumwe, ubu amahoro akaba yarabonetse mu Bihugu byombi.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, asobanura ko nko muri Repubulika ya Centrafrique, batangiye ari abasirikare 850, bagiye biyongera, ubu bakaba barenga 2 000 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ati “Akazi twaje gukora ni ako kurinda umutekano w’abaturage, n’ubuobozi, hari ukurinda Perezida n’urugo rwe ahitwa Damara, n’abayobozi bacye, n’ikibuga cy’indege.”

Brig Gen Ronald Rwivanga akomeza avuga ko RDF yohereje abandi basirikare muri iki Gihugu muri 2020 ubwo inyeshyamba zishyigikiye François Bozizé wigeze kukiyobora zashakaga gufata ubutegetsi, ari na bwo ubutegetsi buriho bwasabaga ubufasha u Rwanda.

Ati “Perezida w’aha [wa Centrafrique] ahita asaba Perezida wacu [Paul Kagame] guhagarika icyo gitero cya Bozizé. Twarabikoze, tuzana bilateral force [ingabo zije ku masezerano y’Ibihugu bibiri]. Bimwe mu byo twagiye gukora ni ukubafasha mu gihe bahuye n’ibibazo, Perezida wacu yatanze ubwo bufasha bwo kohereza force y’abantu barenga igihumbi, duhagarika abo bagize ba nabi ba Bozizé.”

Kuva icyo gihe, Ingabo z’u Rwanda ziri muri iki Gihugu zakomeje kurinda umutekano wacyo n’uw’abaturage, ubu zikaba zaraniyemeje guha imyitozo igisirikare cyacyo.

Ati “Mwabonye ko hari force twahaye imyitozo y’abantu 512 [basoje imyitozo mu cyumweru gishize], tuzakomeza guha imyitozo kugeza igihe ubwo bushobozi buzagerwaho.”

Brig Gen Rwivanga akomeza avuga ko nubwo ibyajyanye ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique byagezweho, ariko “zahawe indi nshingano kandi ikomeye yo kubaka ubushobozi.” Ari na byo batangiye byo guha imyitozo abasirikare, ku buryo igihe ingabo za RDF zizava muri iki Gihugu, izaho ziza zifite ubushobozi bwo gukora ibyo RDF yakoraga.

Ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique zicunga umutekano byihariye

Muri Mozambique umwanzi bamunesheje mu kwezi kumwe

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga akomeza avuga ko ingabo zagiye muri Mozambique, zo zagiye ku busabe bw’ubuyobozi bw’iki Gihugu cyari cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano byaterwaga n’umutwe w’iterabwoba uzwi nka Ansar Ahlu Sunna Wa-Jama wari warazengereje Intara ya Cabo Delgado.

Ati “Twashoboye gutsinda izo nyeshyamba mu kwezi kumwe, tumaze kugerayo ubu hari amahoro n’ituze.”

Avuga ko nubwo muri Mozambique amahoro yagarutse, ariko Ingabo z’u Rwanda nk’uko biri mu mikrere yazo, zakomeje kubaka ubushobozi bw’abaturage kugira ngo binabarinde ibibazo birimo ubukene bituma hanavuka imitwe nk’iyo.

Ati “Muri filozofi yacu dutekereza ko iyo dufashije abaturage mu mibereho isanzwe, tuba tugeze ku mutekano urambye, ari na yo mpamvu ahantu hose tugeze tugerageza gufasha abaturage mu buryo butandukanye, hari kubaka amashuri, ibigo by’ubuzima, imihanda, gukora umuganda, kubaha amazi,…”

Gen Rwivanga avuga ko no mu itegeko rya RDF habamo izi nshingano zo kuzamura imibereho y’abaturage, kandi ko isanzwe ibikora mu Rwanda, itanabura kubikora ahandi haba hagiye abasirikare bayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 4 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere yavuze icyamunyuze mu kiganiro yagiranye na Perezida Museveni

Next Post

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.