Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF), bwasobanuye ibimaze gukorwa n’abasirikare bazo bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique aho batsinze umwanzi mu kwezi kumwe, ubu amahoro akaba yarabonetse mu Bihugu byombi.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, asobanura ko nko muri Repubulika ya Centrafrique, batangiye ari abasirikare 850, bagiye biyongera, ubu bakaba barenga 2 000 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ati “Akazi twaje gukora ni ako kurinda umutekano w’abaturage, n’ubuobozi, hari ukurinda Perezida n’urugo rwe ahitwa Damara, n’abayobozi bacye, n’ikibuga cy’indege.”

Brig Gen Ronald Rwivanga akomeza avuga ko RDF yohereje abandi basirikare muri iki Gihugu muri 2020 ubwo inyeshyamba zishyigikiye François Bozizé wigeze kukiyobora zashakaga gufata ubutegetsi, ari na bwo ubutegetsi buriho bwasabaga ubufasha u Rwanda.

Ati “Perezida w’aha [wa Centrafrique] ahita asaba Perezida wacu [Paul Kagame] guhagarika icyo gitero cya Bozizé. Twarabikoze, tuzana bilateral force [ingabo zije ku masezerano y’Ibihugu bibiri]. Bimwe mu byo twagiye gukora ni ukubafasha mu gihe bahuye n’ibibazo, Perezida wacu yatanze ubwo bufasha bwo kohereza force y’abantu barenga igihumbi, duhagarika abo bagize ba nabi ba Bozizé.”

Kuva icyo gihe, Ingabo z’u Rwanda ziri muri iki Gihugu zakomeje kurinda umutekano wacyo n’uw’abaturage, ubu zikaba zaraniyemeje guha imyitozo igisirikare cyacyo.

Ati “Mwabonye ko hari force twahaye imyitozo y’abantu 512 [basoje imyitozo mu cyumweru gishize], tuzakomeza guha imyitozo kugeza igihe ubwo bushobozi buzagerwaho.”

Brig Gen Rwivanga akomeza avuga ko nubwo ibyajyanye ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique byagezweho, ariko “zahawe indi nshingano kandi ikomeye yo kubaka ubushobozi.” Ari na byo batangiye byo guha imyitozo abasirikare, ku buryo igihe ingabo za RDF zizava muri iki Gihugu, izaho ziza zifite ubushobozi bwo gukora ibyo RDF yakoraga.

Ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique zicunga umutekano byihariye

Muri Mozambique umwanzi bamunesheje mu kwezi kumwe

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga akomeza avuga ko ingabo zagiye muri Mozambique, zo zagiye ku busabe bw’ubuyobozi bw’iki Gihugu cyari cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano byaterwaga n’umutwe w’iterabwoba uzwi nka Ansar Ahlu Sunna Wa-Jama wari warazengereje Intara ya Cabo Delgado.

Ati “Twashoboye gutsinda izo nyeshyamba mu kwezi kumwe, tumaze kugerayo ubu hari amahoro n’ituze.”

Avuga ko nubwo muri Mozambique amahoro yagarutse, ariko Ingabo z’u Rwanda nk’uko biri mu mikrere yazo, zakomeje kubaka ubushobozi bw’abaturage kugira ngo binabarinde ibibazo birimo ubukene bituma hanavuka imitwe nk’iyo.

Ati “Muri filozofi yacu dutekereza ko iyo dufashije abaturage mu mibereho isanzwe, tuba tugeze ku mutekano urambye, ari na yo mpamvu ahantu hose tugeze tugerageza gufasha abaturage mu buryo butandukanye, hari kubaka amashuri, ibigo by’ubuzima, imihanda, gukora umuganda, kubaha amazi,…”

Gen Rwivanga avuga ko no mu itegeko rya RDF habamo izi nshingano zo kuzamura imibereho y’abaturage, kandi ko isanzwe ibikora mu Rwanda, itanabura kubikora ahandi haba hagiye abasirikare bayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 5 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere yavuze icyamunyuze mu kiganiro yagiranye na Perezida Museveni

Next Post

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.