Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

IZABUKURU

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Ubwiteganyijrize mu Rwanda rwatangaje ko guhera umwaka utaha wa 2025 hazaba impinduka muri Pansiyo, aho igipimo cy’umusanzu kiziyongera kive kuri 6% kigere kuri 12%, hagamijwe no kuzamura amafaranga ahabwa abari muri kiruhuko cy’izabukuru.

Byatangajwe n’Urwego rw’Ubwiteganyijrize mu Rwanda (RSSB) nyuma yo kugirana ibiganiro n’Urugaga rw’Abikorera ku bijyanye n’impinduka muri gahunda ya Pansiyo n’Inyungu Zitezwemo.

Ni ibiganiro byibanze ku nyungu izi mpinduka zizagirira ubucuruzi butandukanye n’abaturage muri rusange.

RSSB ivuga ko Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro yaganirie abahagarariye urugaga rw’abikorera, abagaragariza uburyo izi mpinduka zizagira uruhare mu kuzamura ubukungu no kongera imbaraga z’ubwiteganyirize.

Regis Rugemanshuro yagize ati “Izi mpinduka zigamije kongera ubushobozi bwa gahunda ya pansiyo, ariko zinatanga amahirwe atandukanye ku bikorera, cyane cyane ku bigo byubucuruzi buto n’ubuciriritse. Imishinga irimo ikigega cya RSSB kigamije guteza imbere ibigo by’ubucuruzi buciriritse (SME fund), n’ubwiyongere mu ishoramari ku isoko ry’imari nimigabane, irimo inyungu ifatika ku rugaga rw’abikorera.”

Urwego rw’Ubwiteganyi, ruvuga ko “guhera muri Mutarama 2025, igipimo cy’umusanzu kizongerwa kivuye kuri 6% kigere kuri 12%, aho mu 2030, kizagera kuri 20%, agabanwa ku buryo bungana hagati yumukozi n’umukoresha.”

Uru Rwego rukomeza rugira ruti “Kugira ngo izi mpinduka zishyirweho bitabangame, hazajya habaho izamuka rya 2% buri mwaka mu myaka ine izahera Mutarama 2027 kugeza mu 2030.”

Nanone kandi kugira ngo hahuzwe imisanzu n’umusoro fatizo ugenwa n’kigo cy’lgihugu cy’lmisoro n’Amahoro, RRA, igipimo cy’umusanzu fatizo kizajya gishyirwaho hagendewe ku mushahara mbumbe ukomatanyije n’amafaranga y’ingendo wemererwa, ibihabanye n’ibyari bisanzwe bigenderwaho ari byo umushahara ntahanwa ukomatanyije n’amafaranga y’imiturire wemererwa.

Itegeko rigenga pansiyo risaba abakozi n’abakoresha gutanga umusanzu ku gipimo kingana. Kuri ubu, igiteranyo cy’igipimo cy’umusanzu ni 6% ku mushahara mbumbe w’umukozi, aho umukozi atanga 3%, n’umukoresha agatanga 3%.

RSSB ivuga ko “Igipimo cya 6% cyashyizweho mu 1962, ubwo icyizere cy’ubuzima cyari ku myaka 47, kikaba kitarigeze gihindurwa kuva ubwo, nubwo ibarura riherutse rya 2022 ryagaragaje ko icyizere cy’ubuzima cyageze ku myaka 69. Hagati aho, ibihabwa abari muri pansiyo byo byakomeje kongerwa, aho inyongera iheruka yakozwe mu 2018.”

Guhera Mutarama 2025, ibyahabwaga abari muri pansiyo bizongerwa hagendewe ku kiguzi cy’ubuzima, ndetse habanzwe abahabwa pansiyo nke kuruta abandi.

RSSB igira iti “Abari mu zabukuru bazahabwa inyongera ifatika ku mafaranga ya pansiyo basanzwe babona, ibizagirira akamaro cyane ab’amikoro make. Ibi bigamije guhangana n’izamuka ry’ikiguzi cy’ubuzima abari mu zabukuru bahura nacyo.”

Ni mu gihe abari muri Pansiyo bari bakunze kugaragaza imbogamizi zo kuba amafaranga bahabwa, ari macye cyane ugereranyije n’uko ibiciro ku masoko bihagaze kuko amafaranga bahabwaga mbere ari yo bari barakomeje guhabwa nyamara ubuzima buhinduka uko bwije uko bucyeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho

Next Post

Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.