Wednesday, June 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/06/2025
in MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yemeje amavugurura agamije kunoza imyigire mu mashuri yose ya Leta n’abafashwa na yo ku bw’amasezerano, arimo agiye gukorwa mu gihe cyo kwiga ku biga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, bari basanzwe biga igitondo cyangwa ikigoroba, hakaba hagiye kubaho kwiga ingunga ebyiri.

Aya mavurura yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Kamena 2025 iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirenge muri Village Urugwiro.

Ingingo ya gatatu y’ibyemezo by’iyi Nama, igira iti “Inama y’Abaminisitiri yemeje amavugururwa agamije kunoza imyigire mu mashuri yose ya Leta ndetse n’afashwa na Leta ku bw’amasezerano, kugira ngo abanyeshuri bahabwe ubumenyi n’ubushobozi bibategurira gukomeza amasomo no guhatana ku isoko ry’umurimo.”

Mu nyandiko igaragaza iby’ingenzi byizweho muri iyi Nama y’Abiminisitiri, Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje amavugurura agiye gukorwa mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi.

Iyi nyandiko ivuga ko hazakorwa amavugurura ku gihe cyo kwiga, aho “integanyanyigisho zizavugururwa muri gahunda y’ingunga ebyiri mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza hagamijwe gushyiraho igihe cyo kwiga kingana ku banyeshuri bose.”

Guverinoma y’u Rwanda igakomeza ivuga ko hazashyirwaho uburyo bwo kwiga bworohereza abanyeshuri. Iti “Abanyeshuri bazahabwa amahirwe yo kwiga ku buryo buboroheye- Imibare & Siyansi, Ubugeni & Ubumenyamuntu cyangwa Indimi. Bazashobora kandi no kwiga amasomo y’ingenzi hamwe n’andi bihitiyemo hagamijwe gushyigikira impano zitandukanye n’ibyo bifuza kuzakora.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko “Aya mavugurura agamije kunoza urwego rw’uburezi ku buryo rutanga amahirwe angana kuri bose kandi rukabafasha gutegura ejo hazaza.”

Ubusanzwe mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, mu mashuri ya Leta, abanyeshuri bigaga basimburana igitondo n’ikigoroba, aho icyiciro kimwe kiga igitondo ikindi kiga ikigoroba, gusa bikaba biri mu byatangwagaho ibitekerezo ko byahinduka ku buryo abana bakwiga igitondo n’ikigoroba, kugira ngo igihe biga cyiyongere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 5 =

Previous Post

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Next Post

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Related Posts

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

by radiotv10
10/06/2025
0

Inkura z’umweru 70 zakiriwe n’u Rwanda zamaze kugezwa muri Pariki y’Igihugu y’Akagera, zije mu mushinga wo gutuma iyi Pariki iba...

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

by radiotv10
10/06/2025
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, Tibor Nagy yatangaje ko kuba u Rwanda rwivanye...

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

by radiotv10
10/06/2025
1

Umugabo wo mu Murenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare, bikekwa ko yihekuye akica umugore we n’abana babo babiri, na...

Nyanza: Hari abavuga ko babakoreye ibisa no kubanopfesha ku gikorwa cy’amajyambere

Nyanza: Hari abavuga ko babakoreye ibisa no kubanopfesha ku gikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
10/06/2025
1

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza bavuga ko bahawe amatara y'imirasire y'izuba bayamaranye igihe gito...

Impanuro zahawe Abapolisi b’u Rwanda bagiye gusimbura abandi b’itsinda ririnda abayobozi bakuru muri Centrafrique

Impanuro zahawe Abapolisi b’u Rwanda bagiye gusimbura abandi b’itsinda ririnda abayobozi bakuru muri Centrafrique

by radiotv10
10/06/2025
0

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa DIGP Vincent Sano, yasabye abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye...

IZIHERUKA

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika
MU RWANDA

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

by radiotv10
10/06/2025
0

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

10/06/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

10/06/2025
Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

10/06/2025
Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho

Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho

10/06/2025
Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

10/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.