Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

radiotv10by radiotv10
01/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya munini zitegereje abagenzi, kuko nta bisi izajya imara iminota irenze icumi muri Gare cyangwa itatu mu cyapa.

Ni nyuma yuko Inama y’Abaminisitiri yemeje uburyo bushya bwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, buzashyirwa mu bikorwa binyuze mu kigo cya Leta Ecofleet Solutions.

Muri iyi gahunda nshya izatangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa 02 Ukuboza 2025, haratangirana umuhanda umwe wa Down Town Prince House, ikazanakomereza mu yindi yose yo mu Mujyi wa Kigali.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko muri ubu buryo bushya, bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zizaba zifite gahunda y’igihe zigomba kugendera.

Ati “Bisi zizajya zigira ingengabihe zubahiriza kandi zidatinda kuko ntizemerewe kurenza iminota 10 muri za gare n’iminota itatu ku byapa byo mu nzira.”

Muri iyi gahunda kandi, imodoka zitwara abagenzi zizahabwa umwihariko mu mihanda, kuko ubu zizajya zihabwa umwanya wa mbere kugira ngo zitambuke, ndetse ubu muri uriya muhanda izatangiriramo hakaba harashyizwe ibimenyetso byihariye by’izi modoka.

Ati “Zizajya kandi zihabwa inzira mbere y’izindi modoka ku buryo twifuza ko kuzigendamo ari byo abantu bahitamo kurusha gukoresha imodoka zabo cyangwa ubundi buryo bwo gutwara abantu.”

Yanavuze ko ubu nta mushoferi uzongera gutegereza ko imodoka yuzura, cyangwa ngo ashyiremo abantu benshi nk’uko byagenda bashaka inyungu nyinshi, kuko ahubwo ba rwiyemezamirimo bazajya bahembwa kubera ko batwaye neza abantu.

Ati “Ibyo kunguka no guhomba ntibukimureba; ikimureba ni kutarenza ya minota, kugira bisi isa neza, kugira abashoferi babwira neza abagenzi n’ibindi. Bivuze ko ubyubahiriza azajya ahabwa amafaranga utabyubahiriza azajya akatwa.”

Rukera Obed uyobora Ikigo Ecofleet Solutions kizaba gifite mu nshingano gukurikirana ibyo gutwara abagenzi, avuga ko impungenge zajyaga zizamurwa na ba rwimezamirimo, zabonewe igisubizo.

Ati “Ibintu bavuga ko byabagoraga nka mazutu n’ibindi, tuzabibashyiriramo kandi tunabishyure bunguke.”

Iki kigo kandi kizatangirana imodoka zacyo bwite 190, ndetse n’izindi 110 zirakodeshwa muri sosiyete zisanzwe zitwara abagenzi, ku buryo imodoka zitwara abagenzi zihari zihagije nk’uko bitangazwa n’inzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =

Previous Post

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

Next Post

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.