• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

radiotv10by radiotv10
01/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Bisi zitwara abagenzi, hakomeje kongerwamo izikoresha amashyanyarazi

Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya munini zitegereje abagenzi, kuko nta bisi izajya imara iminota irenze icumi muri Gare cyangwa itatu mu cyapa.

Ni nyuma yuko Inama y’Abaminisitiri yemeje uburyo bushya bwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, buzashyirwa mu bikorwa binyuze mu kigo cya Leta Ecofleet Solutions.

Muri iyi gahunda nshya izatangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa 02 Ukuboza 2025, haratangirana umuhanda umwe wa Down Town Prince House, ikazanakomereza mu yindi yose yo mu Mujyi wa Kigali.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko muri ubu buryo bushya, bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zizaba zifite gahunda y’igihe zigomba kugendera.

Ati “Bisi zizajya zigira ingengabihe zubahiriza kandi zidatinda kuko ntizemerewe kurenza iminota 10 muri za gare n’iminota itatu ku byapa byo mu nzira.”

Muri iyi gahunda kandi, imodoka zitwara abagenzi zizahabwa umwihariko mu mihanda, kuko ubu zizajya zihabwa umwanya wa mbere kugira ngo zitambuke, ndetse ubu muri uriya muhanda izatangiriramo hakaba harashyizwe ibimenyetso byihariye by’izi modoka.

Ati “Zizajya kandi zihabwa inzira mbere y’izindi modoka ku buryo twifuza ko kuzigendamo ari byo abantu bahitamo kurusha gukoresha imodoka zabo cyangwa ubundi buryo bwo gutwara abantu.”

Yanavuze ko ubu nta mushoferi uzongera gutegereza ko imodoka yuzura, cyangwa ngo ashyiremo abantu benshi nk’uko byagenda bashaka inyungu nyinshi, kuko ahubwo ba rwiyemezamirimo bazajya bahembwa kubera ko batwaye neza abantu.

Ati “Ibyo kunguka no guhomba ntibukimureba; ikimureba ni kutarenza ya minota, kugira bisi isa neza, kugira abashoferi babwira neza abagenzi n’ibindi. Bivuze ko ubyubahiriza azajya ahabwa amafaranga utabyubahiriza azajya akatwa.”

Rukera Obed uyobora Ikigo Ecofleet Solutions kizaba gifite mu nshingano gukurikirana ibyo gutwara abagenzi, avuga ko impungenge zajyaga zizamurwa na ba rwimezamirimo, zabonewe igisubizo.

Ati “Ibintu bavuga ko byabagoraga nka mazutu n’ibindi, tuzabibashyiriramo kandi tunabishyure bunguke.”

Iki kigo kandi kizatangirana imodoka zacyo bwite 190, ndetse n’izindi 110 zirakodeshwa muri sosiyete zisanzwe zitwara abagenzi, ku buryo imodoka zitwara abagenzi zihari zihagije nk’uko bitangazwa n’inzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eighteen =

Previous Post

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

Next Post

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.