Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Jimmy Gasore, yagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, asimbuye Dr Ernest Nsabimana. Uyu Muminisitiri mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, asanzwe azobereye mu bijyanye n’imyuka yo mu kirere, yaminurije muri Kaminuza yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yaranahawe igihembo ku bw’ubushakashatsi bwe bw’indashyikirwa.

Itangazo rishyiraho Dr Gasore, ryasohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023, rivuga ko Perezida Paul Kagame yamushyizeho nka Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.

Asimbuye Dr Ernest Nsabimana wari umaze umwaka n’igice kuri izi nshingano, yagiyemo muri Mutarama umwaka ushize wa 2022.

Dr Gasore, inzobere mu bumenyi buri ku isoko

Dr Jimmy Gasore wabaye Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yigisha ibijyanye n’ubumenyi bw’imyuka yo mu kirere, afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye n’imyuka yo mu isanzure.

Iyi mpamyabumenyi yabonye muri Gashyantare 2018, muri Kaminuza ya Massachusetts Institute of Technology muri Leta Zunze Ubumwe za America, yaje yiyongera ku zindi mpamyabumenyi afite zirimo iy’icyiciro cya cya kabiri cya kaminuza, yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda muri 2008, mu bijyanye n’ubugenge.

Yakoze imirimo inyuranye irimo kuba yarayoboye urwego rushinzwe kugenzura imihindagurikire y’Ikirere mu Rwanda, ndeste anaba umushakashatsi mu kigo gishinzwe imikoranire mu by’ubushakashatsi cya Kigali, KCRC (Kigali Collaborative Research Center).

Kuva muri 2013, Gasore yahawe inshingano zo gutegura no gutangiza ishami ry’Ikigo mpuzamahanga gihanitse gishinzwe ubushakashatsi ku bijyanye n’ibyuka bihumanya ikirere AGAGE (Advanced Global Atmospheric Gases Experiment) ryo mu Rwanda.

Iri shami rya AGAGE mu Rwanda ryari rishinzwe kugenzura ibigize ibyuka bihumanya ikirere, biteza imihindagurikire yacyo, ni na ryo rukumbi riri ku Mugabane wa Afurika.

Dr Gasore, mu nshingano ze, yanavangaga n’ubushakashatsi ku gitabo cye cya PhD, yibanze ku gukurikirana ibijyanye n’imivukire n’imikurire y’ibyuka bihumanya ikirere, aho ubushakashatsi bwe bwanabaye indashyikirwa mu bijyanye n’amasomo y’imyuka yo mu kirere, mu nyanja ndetse no ku bijyanye n’ikirere, muri iri shuri yigagamo rya Massachusetts Institute of Technology, byanatumye ahabwa igihembo cyiswe “Rossby awards”.

Kuva muri 2017 kugeza muri 2018, Gasore yayoboye umushinga w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije (REMA), wo kugenzura ibyangiza umwuka wo mu kirere.

Yari afite inshingano zo gutegura ibikoresho bigamije kugenzura imyuka ihumanya ikirere, mu rwego rwo kumva neza ibijyanye n’imiterere y’umwuka uhumanye mu Rwanda, ndetse no gutanga ubujyana bw’icyakorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Inyongera mu bihembo bihabwa abanyeshuri b’indashyikirwa mu Gihugu zazaniye inkuru nziza ababyeyi

Next Post

Habaye impinduka zitunguranye mu mukino wa Rayon yari yamaze kugera muri Libya

Related Posts

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers
MU RWANDA

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

15/12/2025
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka zitunguranye mu mukino wa Rayon yari yamaze kugera muri Libya

Habaye impinduka zitunguranye mu mukino wa Rayon yari yamaze kugera muri Libya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.