Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Jimmy Gasore, yagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, asimbuye Dr Ernest Nsabimana. Uyu Muminisitiri mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, asanzwe azobereye mu bijyanye n’imyuka yo mu kirere, yaminurije muri Kaminuza yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yaranahawe igihembo ku bw’ubushakashatsi bwe bw’indashyikirwa.

Itangazo rishyiraho Dr Gasore, ryasohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023, rivuga ko Perezida Paul Kagame yamushyizeho nka Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.

Asimbuye Dr Ernest Nsabimana wari umaze umwaka n’igice kuri izi nshingano, yagiyemo muri Mutarama umwaka ushize wa 2022.

Dr Gasore, inzobere mu bumenyi buri ku isoko

Dr Jimmy Gasore wabaye Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yigisha ibijyanye n’ubumenyi bw’imyuka yo mu kirere, afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye n’imyuka yo mu isanzure.

Iyi mpamyabumenyi yabonye muri Gashyantare 2018, muri Kaminuza ya Massachusetts Institute of Technology muri Leta Zunze Ubumwe za America, yaje yiyongera ku zindi mpamyabumenyi afite zirimo iy’icyiciro cya cya kabiri cya kaminuza, yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda muri 2008, mu bijyanye n’ubugenge.

Yakoze imirimo inyuranye irimo kuba yarayoboye urwego rushinzwe kugenzura imihindagurikire y’Ikirere mu Rwanda, ndeste anaba umushakashatsi mu kigo gishinzwe imikoranire mu by’ubushakashatsi cya Kigali, KCRC (Kigali Collaborative Research Center).

Kuva muri 2013, Gasore yahawe inshingano zo gutegura no gutangiza ishami ry’Ikigo mpuzamahanga gihanitse gishinzwe ubushakashatsi ku bijyanye n’ibyuka bihumanya ikirere AGAGE (Advanced Global Atmospheric Gases Experiment) ryo mu Rwanda.

Iri shami rya AGAGE mu Rwanda ryari rishinzwe kugenzura ibigize ibyuka bihumanya ikirere, biteza imihindagurikire yacyo, ni na ryo rukumbi riri ku Mugabane wa Afurika.

Dr Gasore, mu nshingano ze, yanavangaga n’ubushakashatsi ku gitabo cye cya PhD, yibanze ku gukurikirana ibijyanye n’imivukire n’imikurire y’ibyuka bihumanya ikirere, aho ubushakashatsi bwe bwanabaye indashyikirwa mu bijyanye n’amasomo y’imyuka yo mu kirere, mu nyanja ndetse no ku bijyanye n’ikirere, muri iri shuri yigagamo rya Massachusetts Institute of Technology, byanatumye ahabwa igihembo cyiswe “Rossby awards”.

Kuva muri 2017 kugeza muri 2018, Gasore yayoboye umushinga w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije (REMA), wo kugenzura ibyangiza umwuka wo mu kirere.

Yari afite inshingano zo gutegura ibikoresho bigamije kugenzura imyuka ihumanya ikirere, mu rwego rwo kumva neza ibijyanye n’imiterere y’umwuka uhumanye mu Rwanda, ndetse no gutanga ubujyana bw’icyakorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 17 =

Previous Post

Inyongera mu bihembo bihabwa abanyeshuri b’indashyikirwa mu Gihugu zazaniye inkuru nziza ababyeyi

Next Post

Habaye impinduka zitunguranye mu mukino wa Rayon yari yamaze kugera muri Libya

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Editorial: The New World Economic Order
MU RWANDA

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka zitunguranye mu mukino wa Rayon yari yamaze kugera muri Libya

Habaye impinduka zitunguranye mu mukino wa Rayon yari yamaze kugera muri Libya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Editorial: The New World Economic Order

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.