Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

radiotv10by radiotv10
21/11/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Iminota 30′ yari ihagije ngo Abanyarwanda babe bafite akanyamuneza. Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, itsinze iya Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Ibyishimo byari byinshi muri Sitade ya Huye mu Karere ka Huye, aho u Rwanda rwakiriye Afurika y’Epfo muri iyi mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Uyu mukino watangiranye ingufu ku ruhande rw’Ikipe y’u Rwanda yagaragazaga inyota yo kubona igitego mu minota ya mbere y’umukino, yokeje igitutu abasore ba Afurika y’Epfo, biza no kuyihira ibona igitego cya mbere ku munota wa 12’ cyatsinzwe na Nshuti Innocent.

Ni igitego cyabonetse ku makosa ya ba myugariro ba Bafana Bafana ubwo Barafinda yabacaga mu rihumye akubura amaso agahita aboneza mu ncundura z’izamu rya Afurika y’Epfo.

Ikipe y’u Rwanda yakomeje kotsa igitutu iya Afurika y’Epfo ikomeza gushaka igitego cya kabiri, ndetse biza kuyihira kuko ku munota wa 30’ Mugisha Gilbert bakunda kwita Barafinda na we yari yamaze guhindukiza umunyezamu wa Afurika y’Epfo.

Amavubi yaherukaga gutsinda mu mikino itari iya gicuti muri  Werurwe 2021 ubwo yatsinda igitego 1-0 Mozambique mu mikino yo gushaka Iiike y’Igikombe cya Afurika cya 2021. Bivuze ko Imyaka ibiri n’igice byari bishize Ikipe y’u Rwanda idatsinda.

Naho mu mikino yo gushaka Igikombe cy’Isi, u Rwanda rwaherukaga kubona intsinzi muri 2019, ubwo rwanyagiraga Seychelles ibitaro 7-0 mu mukino wabere kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Mugisha Gilbert AKA Barafinda yafunguye amazamu
Mangwende na we inyuma yari yazibiye ba rutahizamu ba Bafana Bafana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 6 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ko rwifuriza ineza Congo n’inzira rugiye kunyura ngo ibyaho bihoshe

Next Post

Madagascar: Amahirwe y’uzatsinda amatora ya Perezida yahengamiye kuri Rajoelina uherutse kwegura

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madagascar: Amahirwe y’uzatsinda amatora ya Perezida yahengamiye kuri Rajoelina uherutse kwegura

Madagascar: Amahirwe y’uzatsinda amatora ya Perezida yahengamiye kuri Rajoelina uherutse kwegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.