Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana wasimbuye Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko inshingano z’Abaminisitiri n’abandi bayobozi, ari ugukorera Abanyarwanda, ariko mu bikorwa aho kuba mu magambo gusa.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022 mu muhango w’irahira rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, washyizwe kuri uyu mwanya kuri uyu wa Kane.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mushya kandi ko izi nshingano zo gukorera Abanyarwanda atari nshya kuri we.

Ati “Ibishya ni uko agiye ku rwego rw’Ubuminisitiri yari ashinzwe indi mirimo yo ku rundi rwego rutari urwo hejuru nk’urwa Minisitiri ariko inshingano zigana mu nzira imwe. Ni uko inshingano ziyongereye mu buremere gusa.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje yibutsa “Abaminisitiri ndetse n’abandi bayobozi ibyo bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda, ni ugukorera Igihugu bitari mu magambo gusa. Ngira ngo ahenshi bikwiye kuba bishingira ku bikorwa.”

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko iri hame rinakubiye mu ndahiro irahirwa n’abayobozi yari imaze no kurahirwa n’uyu mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Ati “Birasobanutse icyo abantu bashinzwe, abantu bashobora guhitamo gusa kutabyuzuza nkuko bikwiye bakikorera ibyabo, icyo ni ikindi kibazo ariko ibijyanye n’inshingano bashinzwe ubundi birumvikana bihagije.”

Yakomeje avuga ko yizeye ko uyu muyobozi mushya winjiye muri Guverinoma yumva neza inshingano yahawe kandi ko yiteguye kuzuzuza.

Yibukije kandi ko ibyo abayobozi bakora byose bishingira ku baturage babereyeho, byumwihariko kuri Minisitiri mushya n’inshingano za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ati “Nta majyambere Igihugu cyacu cyageraho cyangwa n’ibindi Bihugu yagerwaho bidashingiye ku muturage, ibibagezwaho cyangwa se ibikorwa na bo n’ibitekerezo ubwabo bahaguruka bakagiramo uruhare.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje uyu muyobozi mushya ko bagenzi be bazakorana na we mu kubahiriza inshingano ze ndetse n’iz’abandi bagenzi be bo mu nzego nkuru z’Igihugu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. BIRUKUNDI Adrien says:
    3 years ago

    nibyo rwose,bakore bashire mubikorwa pee!,bareke iby’amagambo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − thirteen =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Next Post

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.