Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana wasimbuye Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko inshingano z’Abaminisitiri n’abandi bayobozi, ari ugukorera Abanyarwanda, ariko mu bikorwa aho kuba mu magambo gusa.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022 mu muhango w’irahira rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, washyizwe kuri uyu mwanya kuri uyu wa Kane.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mushya kandi ko izi nshingano zo gukorera Abanyarwanda atari nshya kuri we.

Ati “Ibishya ni uko agiye ku rwego rw’Ubuminisitiri yari ashinzwe indi mirimo yo ku rundi rwego rutari urwo hejuru nk’urwa Minisitiri ariko inshingano zigana mu nzira imwe. Ni uko inshingano ziyongereye mu buremere gusa.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje yibutsa “Abaminisitiri ndetse n’abandi bayobozi ibyo bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda, ni ugukorera Igihugu bitari mu magambo gusa. Ngira ngo ahenshi bikwiye kuba bishingira ku bikorwa.”

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko iri hame rinakubiye mu ndahiro irahirwa n’abayobozi yari imaze no kurahirwa n’uyu mushya winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Ati “Birasobanutse icyo abantu bashinzwe, abantu bashobora guhitamo gusa kutabyuzuza nkuko bikwiye bakikorera ibyabo, icyo ni ikindi kibazo ariko ibijyanye n’inshingano bashinzwe ubundi birumvikana bihagije.”

Yakomeje avuga ko yizeye ko uyu muyobozi mushya winjiye muri Guverinoma yumva neza inshingano yahawe kandi ko yiteguye kuzuzuza.

Yibukije kandi ko ibyo abayobozi bakora byose bishingira ku baturage babereyeho, byumwihariko kuri Minisitiri mushya n’inshingano za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ati “Nta majyambere Igihugu cyacu cyageraho cyangwa n’ibindi Bihugu yagerwaho bidashingiye ku muturage, ibibagezwaho cyangwa se ibikorwa na bo n’ibitekerezo ubwabo bahaguruka bakagiramo uruhare.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje uyu muyobozi mushya ko bagenzi be bazakorana na we mu kubahiriza inshingano ze ndetse n’iz’abandi bagenzi be bo mu nzego nkuru z’Igihugu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. BIRUKUNDI Adrien says:
    3 years ago

    nibyo rwose,bakore bashire mubikorwa pee!,bareke iby’amagambo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Next Post

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.