Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu bigisha mu mshuri y’incuke  barasabwa  kwitondera no kugenzura ikoranabuhanga bifashisha mu kwigisha abana bato kuko iyo rikoreshwejwe nabi,  bigira ingaruka mu mikurire n’imitekerereze y’umwana.

Ikoranabuhanga mu myigire n’imyigishirize  mashuri ryashyizwemo imbaraga yaba minisiteri y’uburezi n’ibigo biyishamikiyeho hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, Mu mashuri y’incuke, ikoranabuhanga ryigishwa mu buryo bworoshye kandi bujyanye n’imyaka y’abana, bamwe mu barimu bigisha mu mashuri y’incuke  mu Ntara y’Iburasirazuba barabwira Radio10 na TV10 muri ubu buryo.

Umwarumu wigisha mu mashuri y’incuke mu Kigo cy’ishuri cya Kayonza Model witwa Divine Niyomuhoza  ati ”Icyo dukora ni ugu porojeta videwo bakigana ibyo babanye muri videwo baka developing listening skills (ubumenyi mu kumva) kuko basubiramo ibyo bumvise bakavuga ibyo babonye aho bishoboka tugasaba ubufasha…..kugirango n’abandi bana babashe kugira ubumnyi ku bikoresho by’ikoranabuhanga.”

Mugenzi we witwa Alphonsine Utamuriza yunzemo ati ”Tuba twateguye amafoto turibukoreshe bityo umwana agahita avumbura isomo mugiye kwiga bitagusabye umwanya munini. Dufite n’uwudufasha mu myigishirize yacu ukomoka Zimbabwe aradufasha.”

Abana b’incuke bakwiye kugerwaho n’ikoranabuhanga binuze mu mikino,Imikino y’ikoranabuhanga ku bikoresho by’ikoranabuhanga, Kwigisha ubumenyi bw’ibanze bw’ikoranabuhanga, hagamijwe gukoresha ikoranabuhanga mu guteza imbere ubwenge, kumva no gukoresha intoki , ibi ngo iyo bititaweho  bishobora guteza ibyago ku mikurire y’umwana nkuko Tuyishimire Frodouard  ukurikirana ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu bana .mu Kigo gishinzwe imikurire y’abana NCDA abisobanura , hari ku murongo wa Telefoni.

Ati ”Bigira ingaruka ku mitekerereze y’umwana , mu mutwe ku mwana (concentration), bigira ingaruka kukuba byamubata akumva buri gihe nibyo yahora areba. Ababikora n’abakoresha amashusho bigisha bakwiye kubyitondera baba batabisobanukiwe bakagisha inama bahamagara ku murongo wacu utishyurwa 711cyangwa UNICEF cyangwa abandi bantu babegereye ba Ambasaderi b’ikoranabuhanga bakabafasha ibintu bidashobora kugira icyo byangiriza  ku mibereho myiza y’umwana”.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Nsengimana Josepf agaragaza ko ikoranabuhanga ridakwiye gusimbura Umwarimu  kandi ko abigisha n’abategurwa kwigisha mu mashuri y’incuke  bakwriye kwita ku buryo bwiza bwo kurikoresha

Ati ”Ikoranabuhanga ubu rirakoreshwa ku isi hose,rero dushaka ko abana bacu bazajya barangiza nabo bazi ibiri hanze aha ngaha. Ntabwo ikoranauhanga rizasimbura abarimu,ni abarimu barikoresha ntabwo ariryo rikoresha abarimu. Ubwo abarimu biga ku mashuri nderabarezi (TTC’s) cyane babandi bazajya gukorana n’amashuri y’incuke (Pre-shools) bareba uburyo bakoresha ikoranabuhanga kugirango rinafashe kwigisha. Ntabwo ari ugufata abana batoya nk’abo ngabo ngo ubashyire imbere y’ikoranabuhanga bgo wigenedera! Oya! Ntabwo aribyo!”.

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mwana UNICEF, rivuga ko umwana ari umuntu wese utaruzuza imyaka 18. Imibare y’Ikigo gushinzwe imikurire y’abana NCDA, igaragaza ko ubu, u Rwanda rufite ibigo by’iterambere ry’abana bato (ECD) 32,205 hirya no hino mu gihugu, bishyigikiwe n’abarezi/abafashamyumvire 101,809,  ni mu gihe igipimo cy’abana bari munsi y’imyaka itandatu bari mu bikorwa by’amashuri y’icuke  kigeze kuri 80.7%.

Hagaragajwe uburyo abana bato bahabwa uburere buboneye

Minisitiri w’Uburezi, avuga ko ikoranabuhanga rikwiye gukoreshwa neza

Abarimu na bo bavuga ko bagiye kwitwararika

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 13 =

Previous Post

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Related Posts

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu...

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

by radiotv10
02/02/2026
0

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya...

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

by radiotv10
02/02/2026
0

Mu kwizihiza umunzi w'Intwari z'u Rwanda ku rwego rw'Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w'ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,...

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

IZIHERUKA

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana
IMIBEREHO MYIZA

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

by radiotv10
03/02/2026
0

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

02/02/2026
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

03/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo abarimu bakwiye kugendera kure byabangamira iterambere n’imikurire y’umwana

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.