Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wabwiye FLDR ko abarwanyi bayo bagomba gusubira iwabo mu Rwanda, mu gihe iyi mvugo ikunze kuvugwa n’ubutegetsi bwa Congo bubwira uyu mutwe wa M23 ko ugizwe n’Abanyarwanda bityo ko bakwiye gusubira mu Gihugu cyabo.

Umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye birimo n’agace ka Mweso wafashe ku wa 28 Gashyantare 2023.

Bamwe mu barwanyi bakuru ba M23 baganirije abaturage bo muri aka gace ka Mweso, babagaragariza urugwiro n’ubwuzu bwo kuba bagiye kubacungira umutekano.

Col Alfred uri muri aba bayobozi ba M23 baganirije aba baturage, yatangiye agaruka mu mateka ye, avuga ko ari umwana wabo kuko yavukiye muri ibi bice bya Kitshanga, akahakurira ndetse akahigira amashuri.

Yavuze ko yahisemo kujya muri M23 kubera ibibazo by’umutekano mucye biri mu Gihugu cye kandi ko uyu mutwe yinjiyemo ukomeje kugira icyo ukora mu gukuraho ibi bibazo.

Ati “Ndibwira ko mwishimiye kumbona kandi mukaba mwishimiye kubona Colonel ukomoka hano.”

Yakomeje avuga ko undi wese wifuza kuyoboka uyu mutwe wa M23 ahawe ikaze kuko nta muntu uheza ahubwo ko wakira abo mu bwoko bwose.

Ati “Niba uri Mai-Mai, niba uri ACPLS, niba ukomoka kwa Guidon cyangwa Nyatura, nimuze mutwiyungeho, tuzabakira, nimuze dufatanye gukora kanzi. Uretse bariya bita FDLR, bariya ni Abanyarwanda, bo bagomba gusubira iwabo, na bariya bita ADF-NALU, batahe iwabo muri Uganda.”

Uyu musirikare uri mu bakomeye muri M23, avuga ko iyi mitwe byumwihariko uwa FDLR ari wo muzi w’ikibazo cy’umutekano mucye mu Gihugu cyabo cya DRC.

Yavuze ko ikibabaje ari uko Perezida Tshisekedi we atabiha agaciro ahubwo akaba yaranjije mu gisirikare cy’Igihugu, uyu mutwe wa FDLR kandi ari wo muzi w’ikibazo.

Ati “Yarangiza akavuga [Tshisekedi] ngo ari kuzana amahoro. Icyo bari gukora ntakindi ni Jenoside nk’iyo bakoze aho baturutse ndetse bagakora n’ibindi bibi by’indengakamere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Next Post

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.