Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wabwiye FLDR ko abarwanyi bayo bagomba gusubira iwabo mu Rwanda, mu gihe iyi mvugo ikunze kuvugwa n’ubutegetsi bwa Congo bubwira uyu mutwe wa M23 ko ugizwe n’Abanyarwanda bityo ko bakwiye gusubira mu Gihugu cyabo.

Umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye birimo n’agace ka Mweso wafashe ku wa 28 Gashyantare 2023.

Bamwe mu barwanyi bakuru ba M23 baganirije abaturage bo muri aka gace ka Mweso, babagaragariza urugwiro n’ubwuzu bwo kuba bagiye kubacungira umutekano.

Col Alfred uri muri aba bayobozi ba M23 baganirije aba baturage, yatangiye agaruka mu mateka ye, avuga ko ari umwana wabo kuko yavukiye muri ibi bice bya Kitshanga, akahakurira ndetse akahigira amashuri.

Yavuze ko yahisemo kujya muri M23 kubera ibibazo by’umutekano mucye biri mu Gihugu cye kandi ko uyu mutwe yinjiyemo ukomeje kugira icyo ukora mu gukuraho ibi bibazo.

Ati “Ndibwira ko mwishimiye kumbona kandi mukaba mwishimiye kubona Colonel ukomoka hano.”

Yakomeje avuga ko undi wese wifuza kuyoboka uyu mutwe wa M23 ahawe ikaze kuko nta muntu uheza ahubwo ko wakira abo mu bwoko bwose.

Ati “Niba uri Mai-Mai, niba uri ACPLS, niba ukomoka kwa Guidon cyangwa Nyatura, nimuze mutwiyungeho, tuzabakira, nimuze dufatanye gukora kanzi. Uretse bariya bita FDLR, bariya ni Abanyarwanda, bo bagomba gusubira iwabo, na bariya bita ADF-NALU, batahe iwabo muri Uganda.”

Uyu musirikare uri mu bakomeye muri M23, avuga ko iyi mitwe byumwihariko uwa FDLR ari wo muzi w’ikibazo cy’umutekano mucye mu Gihugu cyabo cya DRC.

Yavuze ko ikibabaje ari uko Perezida Tshisekedi we atabiha agaciro ahubwo akaba yaranjije mu gisirikare cy’Igihugu, uyu mutwe wa FDLR kandi ari wo muzi w’ikibazo.

Ati “Yarangiza akavuga [Tshisekedi] ngo ari kuzana amahoro. Icyo bari gukora ntakindi ni Jenoside nk’iyo bakoze aho baturutse ndetse bagakora n’ibindi bibi by’indengakamere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Next Post

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.