Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo Congo ikunze kubwira M23 byerecyeye u Rwanda nayo yabibwiye FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wabwiye FLDR ko abarwanyi bayo bagomba gusubira iwabo mu Rwanda, mu gihe iyi mvugo ikunze kuvugwa n’ubutegetsi bwa Congo bubwira uyu mutwe wa M23 ko ugizwe n’Abanyarwanda bityo ko bakwiye gusubira mu Gihugu cyabo.

Umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye birimo n’agace ka Mweso wafashe ku wa 28 Gashyantare 2023.

Bamwe mu barwanyi bakuru ba M23 baganirije abaturage bo muri aka gace ka Mweso, babagaragariza urugwiro n’ubwuzu bwo kuba bagiye kubacungira umutekano.

Col Alfred uri muri aba bayobozi ba M23 baganirije aba baturage, yatangiye agaruka mu mateka ye, avuga ko ari umwana wabo kuko yavukiye muri ibi bice bya Kitshanga, akahakurira ndetse akahigira amashuri.

Yavuze ko yahisemo kujya muri M23 kubera ibibazo by’umutekano mucye biri mu Gihugu cye kandi ko uyu mutwe yinjiyemo ukomeje kugira icyo ukora mu gukuraho ibi bibazo.

Ati “Ndibwira ko mwishimiye kumbona kandi mukaba mwishimiye kubona Colonel ukomoka hano.”

Yakomeje avuga ko undi wese wifuza kuyoboka uyu mutwe wa M23 ahawe ikaze kuko nta muntu uheza ahubwo ko wakira abo mu bwoko bwose.

Ati “Niba uri Mai-Mai, niba uri ACPLS, niba ukomoka kwa Guidon cyangwa Nyatura, nimuze mutwiyungeho, tuzabakira, nimuze dufatanye gukora kanzi. Uretse bariya bita FDLR, bariya ni Abanyarwanda, bo bagomba gusubira iwabo, na bariya bita ADF-NALU, batahe iwabo muri Uganda.”

Uyu musirikare uri mu bakomeye muri M23, avuga ko iyi mitwe byumwihariko uwa FDLR ari wo muzi w’ikibazo cy’umutekano mucye mu Gihugu cyabo cya DRC.

Yavuze ko ikibabaje ari uko Perezida Tshisekedi we atabiha agaciro ahubwo akaba yaranjije mu gisirikare cy’Igihugu, uyu mutwe wa FDLR kandi ari wo muzi w’ikibazo.

Ati “Yarangiza akavuga [Tshisekedi] ngo ari kuzana amahoro. Icyo bari gukora ntakindi ni Jenoside nk’iyo bakoze aho baturutse ndetse bagakora n’ibindi bibi by’indengakamere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − thirteen =

Previous Post

Perezida Kagame yahishuye ikitazwi ku Rwanda gikwiye gucecekesha abarubeshyera kwiba Zahabu Congo

Next Post

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.