Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Gen.Muhoozi yatangaje kuri Tshisekedi byatumye Umudipolomate wa Uganda atumizwaho

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyo Gen.Muhoozi yatangaje kuri Tshisekedi byatumye Umudipolomate wa Uganda atumizwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye Uganda (Chargé d’Affaires) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, kugira ngo asobanure ubutumwa buherutse gutangazwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Igihugu cye cya Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, kuri Perezida Tshisekezi.

Matata Twaha Magara ufite inshingano za Chargé d’Affaires [aba afite inshingano nk’iza Ambasaderi mu gihe icyo Gihugu kitamufite mu kindi] wa Uganda muri DRC, yitabye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024.

Ubutumwa dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri DRC, buvuga ko “Thérèse Kayikwamba Wagner yatumije Matata Twaha Magara” kugira ngo “atange ibisobanuro ku biherutse gutangazwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda byerecyeye Perezida Tshisekedi.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC ikomeza igira iti “Minisitiri yasabye ibisobauro by’ukuri by’aho ubuyobozi bwa Uganda buhagaze kuri ibi byatangajwe, ndetse banaganira ku ishusho y’umubano uri hagati y’Ibihugu byombi.”

Chargé d’Affaires wa Uganda muri DRC yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ngo asobanure ibya Gen. Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba umaze iminsi atambutsa ubutumwa kuri X [Twitter], aherutse kuvuga ku bibazo bimaze igihe hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, aho yanavuze ku Bakuru b’Ibihugu byombi bagombaga guhurira mu biganiro by’i Luanda ariko bigasubikwa.

Gen Muhoozi yari yavuze ko ateganya kujya gusura Perezida Tshisekedi akamusaba ko habaho amahoro, kuko azi neza ko mugenzi we Perezida Paul Kagame we ari yo ahora ashyira imbere.

Mu butumwa bwatangajwe na Muhoozi ku rubuga rwa X hirya y’ejo hashize tariki 17 Ukuboza ariko akaza kubukura, yari yavuze ko “Perezida Kagame ahora ari umunyamahoro kandi nzi neza ko ashakira ineza DRC. Nzajya kureba umuvandimwe wanjye Perezida Tshisekedi musabe amahoro.”

Ni mu gihe kandi ku wa Mbere w’iki cyumweru, Gen Muhoozi yari yatambukije ubundi butumwa kuri X, aha integuza abacancuro b’abazungu bari mu burasirazuba bwa DRC, ko muri Mutarama umwaka utaha, ingabo ze za UPDF zizabagabaho ibitero simusiga.

Gen Muhoozi Kainerugaba aherutse gutangaza ko azajya gusaba amahoro Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 5 =

Previous Post

Umusore wari warakatiwe urwo gupfa kubera kwiba inkoko yafatiwe ikindi cyemezo

Next Post

Iby’ingenzi bikubiye mu butumwa Perezida Kagame yohererejwe n’Umuhuza w’u Rwanda na Congo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu butumwa Perezida Kagame yohererejwe n’Umuhuza w’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.