Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
29/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iki cyumweru, mu myidagaduro yo mu Rwanda hongeye kumvikana inkuru y’incamugongo ya Karamuka Jean Luc wamamaye nka nka Junior Multisystem witabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe. Twabakusanyirije byinshi byamuranze mu buzima bwe kuva mu bwana.

Mu ijoro ryo ku wa 29 Nyakanga 2023 ni bwo hamenyekanye inkuru y’incamugongo ko Junior Multisystem yitabye Imana. ni inkuru yashenguye benshi by’umwihariko abo mu ruganda rw’imyidagaduro, dore ko nyakwigendera yatunganyije indirimbo zakunzwe n’abatari bacye.

Junior Multisystem yavutse 1992, avukira mu muryango w’abana batandatu akaba uwa gatanu muri bo.

Yakuze yibwira ko azakina umupira w’amaguru, icyakora kubera kuba mu rusengero yagiye akururwa n’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Nyuma yo kurangiza amasomo ye, yagiye kwiga mu ishuri rya muzika yari arangiwe na mugenzi we umaze kumenyerwa uzwi nka Pastor P.

Junior yamenyekanye cyane agikora indirimbo yise ‘Ndacyariho Ndahumeka’ ya nyakwigendera Jay Polly, aza no gukorera Urban Boys indirimbo zirimo ‘Umwanzuro’, ‘Indahiro’, atangira kumenyekana uko.

Kuwa 30 Werurwe 2019 Junior Multisystem yakoze impanuka ubwo yavaga mu mu birori by’isabukuru ya mushiki we.

Icyo gihe yagonzwe n’imodoka imuturutse inyuma, icyakora aza kuyirokoka ariko arakomereka bikabije ku buryo byamuviriyemo gucibwa akaboko.

Junior yakoreye indirimbo abahanzi benshi; nka Butera Knowless yanakoreye album ye ya mbere yari igizwe n’indirimbo 10, Oda Paccy, Urban Boys, Tom Close, King James, Amag the Black, Lil G, Uncle Austin, Bruce Melodie, Riderman, Jay Polly nabandi benshi.

Joby Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Comments 1

  1. HAGENIMANA Jean de Dieu says:
    3 years ago

    N’aruhukire mu mahoro!!!RIP😭😭😭😭😭

    Reply

Leave a Reply to HAGENIMANA Jean de Dieu Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − thirteen =

Previous Post

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Next Post

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Related Posts

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

by radiotv10
06/02/2026
0

This weekend across Rwanda is packed with a mix of adventure, nature, music, and social events. Whether you love the...

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

by radiotv10
04/02/2026
0

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakazwa amashusho agaragaza umuhanzikazi Celine Dion atitira anarira kubera ububabare bw’indwara ya SPS (Stiff-Person Syndrome) amaranye...

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

by radiotv10
04/02/2026
0

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu...

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo,...

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye nka 5k Etienne wari uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazashyingiranwa, arabimwemerera. Iki gikorwa...

IZIHERUKA

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect
IMYIDAGADURO

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

by radiotv10
06/02/2026
0

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Love at work: Is it good or bad for the job?

Love at work: Is it good or bad for the job?

06/02/2026
REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

06/02/2026
Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

05/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.