Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Tshisekedi yavugiye imbere ya Perezida Biden wa America

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyo Tshisekedi yavugiye imbere ya Perezida Biden wa America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi witabiriye ibiganiro byabereye muri Angola byarimo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, yakomoje ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’Igihugu cye, nubwo ibi biganiro byerecyezaga ku bukungu.

Ibi biganiro byabereye mu Ntara ya Benguela, byahuje Ibihugu bihuriye ku muhora wa Labito, ari byo Angola, Zambia, na Tanzania ndetse bikaba byitabiriwe na Perezida uwa Leta Zunze Ubumwe za America wagiriye uruzinduko muri Angola.

Mu ijambo rye, Perezida Tshisekedi yavuze ko uyu muhora wa Labito uzongerera agaciro amwe mu mabuye y’agaciro acukurwa mu Gihugu cye cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Uyu muhora uzadufasha kongerera agaciro ku rwego rwacu cuivre na cobalt, ari mu mabuye y’agaciro y’ibanze yifashishwa mu rwego rw’ingufu ku Isi, kandi bikanagira uruhare mu kuzamura urwego rw’inganda n’ihiganwa rwa RDC.”

Yakomeje agaruka ku bibazo biri mu Gihugu cye, by’umutekano, avuga ko kugira ngo kigere kuri iyi ntambwe, ibi bibazo bikwiye gushakirwa umuti.

Ati “Ni gombwa kandi birihutirwa ko hakenewe amahoro arambye mu karere k’Uburasirazuba bwa RDC, kandi nshimangira akamaro k’umutekano mu kugera ku ntego z’imishinga nk’uyu w’umuhora wa Lobito.”

Yakomeje avuga ko uyu muhora uzatuma hahangwa imirimo ibihumbi 30 kandi ikagira uruhare mu kugabanya ubukene no koroshya ubucuruzi ku Mugabane wa Afurika no kugera ku ntego za 2063 z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ati “Ni ngombwa ko ubukungu bw’Ibihugu byacyo bugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage bacu.”

Tshisekedi kandi yaboneyeho umwanya wo kubonana na Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America, banagirana ibiganiro by’imibanire y’Ibihugu byabo byombi.

Perezida Biden yari muri iyi nama y’Ibihugu bine bya Afurika

Tshisekedi yaboneyeho kuganira na Biden

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 14 =

Previous Post

Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Next Post

Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe

Hagaragaye igishimangira ko amakipe akomeye i Burayi atazahurira mu itsinda rimwe mu Gikombe gitegerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.