• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

radiotv10by radiotv10
10/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagiye hanze amashusho y’umuhanzi Yampano, akomeje kuzamura impaka, amakuru aravuga ko kujya hanze kwayo bishobora kuba bifitwemo ukuboko n’uwahoze ari inshuti y’uyu muhanzi banakoranaga, bakaza kugirana inzigo.

Aya mashusho y’urukozasoni yasakaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bavugaga ko bagaye uyu muhanzi kubera iby’aya mashusho.

Amakuru yizewe, avuga ko ayo mashusho yagiye hanze bigizwemo uruhare n’uwahoze akorana n’uyu muhanzi wamufashaga gufata amashusho kuri telefone, banabanaga mu nzu.

Uyu waduhaye amakuru, avuga ko ayo mashusho yafashwe na Yampano ubwe akoresheje telefone ye, nyuma akaza guha telefone uwo wamufashaga ngo n’ubundi amufashe gufata amashusho, yajya ahaba habitse amashusho n’amafoto, akayabonamo, agahita ayiyoherereza.

Bivugwa ko nyuma yuko uyu muhanzi ashatse umugore, yasabye uwo bakoranaga ko yakwimuka, bikamubabaza akagenda amukangisha ko azashyira hanze ayo mashusho ye yari afite.

Ati “Yatangiye kujya amubwira ngo ‘nyamara mfite akantu kawe [avuga amashusho] tuzakibanamo, umaze gutera imbere uranyihakanye’, […] Yampano aramubwira ati ‘ariko iyo video wiyirekura, tuzabiganiraho.”

Uyu waduhaye amakuru yakomeje agira ati “Yanagiye amusaba amafaranga inshuro nyinshi, undi na we akayamuha, akamusaba gusiba ariya mashusho, akabimwemerera, ku buryo yari azi ko yanamaze kuyasiba.”

Uyu waduhaye amakuru avuga ko aba bombi bakomeje kugenda baterana amagambo, hari byinshi batumvikanaho, ari na byo bishobora kuba byarabaye intandaro yo kuba ariya mashusho yagiye hanze.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 18 =

Previous Post

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Next Post

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.