Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungireje; yagiranye ikiganiro n’Umuyobozi ushinzwe Ububanyi n’Amahanga na Politiki y’Umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, amugaragariza ko ibibazo byo muri Congo bitigeze bitangizwa n’u Rwanda.

Ni mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025 nk’uko tubikesha Minisitiri Olivier Nduhungirehe, watangaje ko yahuye n’Umuyobozi Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga na Politiki y’Umutekano muri EU, Kaja Kallas.

Ministiri Nduhungirehe kandi yari kumwe n’abayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NISS), Aimable Havugiyaremye, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Karuretwa Patrick, ndetse n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko we na Kaja Kallas bahuriye i Bruxelles mu Bubiligi, akamugaragariza aho u Rwanda ruhagaze mu bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, rwakunze kuzanwamo nyamara ntaho ruhuriye na byo.

Yagize ati “Nagaragaje ko amakimbirane akomeje kugaragara muri DRC atigeze atangizwa n’u Rwanda, kandi ko rutazemera kwikorezwa umutwaro w’Ubutegetsi bwa DRC no kunanirwa inshingano zabwo z’umutekano.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe kandi yagaragarije Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ko “impungenge z’umutekano w’u Rwanda zakomeje kwimwa agaciro no kwirengagizwa nubwo hakomeje kugarara ibikorwa biwuhungabanya ku mupaka w’u Rwanda bikorwa n’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR uba kandi ukanafashwa na Congo ufatanyije n’igisirikare cya Congo.”

Iki kiganiro kibaye nyuma yuko bimwe mu Bihugu bigize uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi bitangaje ingamba z’ibihano byafatiye u Rwanda, birushinja kugira uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, nubwo u Rwanda rutahwemye kubihakana.

Minisitiri Nduhungirehe, yagaragaje kandi ko izi ngamba, ntacyo zishobora gufasha mu kubona umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo ko ziyobya inzira zagakwiye kuvamo ibisubizo.

Ati “Icyo zafasha DRC gusa, ni ugutiza umurindi amahitamo yayo yo gukomeza gutinza amakimbirane, no guca intege inzira y’ubuhuza yemejwe n’abayobozi ba Afurika, ari na yo u Rwanda rushyigikiye.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na Mario Nawfal, yagarutse ku binyoma u Rwanda rwakunze kwegekwaho birimo kurushinja kwiba amabuye y’agaciro muri DRC, avuga ko n’iyo hakorwa urutonde rw’abashaka uwo mutungo, u Rwanda rwaza ku mwanya wa nyuma.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibice nk’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, biza mu bya mbere mu kugira inyungu muri iyo mitungo yo muri Congo, ariko ikibabaje ari uko u Rwanda ruza mu myanya ya nyuma, rwegekwaho ibyo birego byose byagakwiye gushinjwa aba bungukira amamiliyari n’amamiliyari muri ayo mabuye y’agaciro.

Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’abayobozi bo muri EU

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 15 =

Previous Post

Uwari utaruzuza icyumweru avuye Iwawa yarashwe amaze kwiba ashaka no kurwanya inzego

Next Post

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.