Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungireje; yagiranye ikiganiro n’Umuyobozi ushinzwe Ububanyi n’Amahanga na Politiki y’Umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, amugaragariza ko ibibazo byo muri Congo bitigeze bitangizwa n’u Rwanda.

Ni mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025 nk’uko tubikesha Minisitiri Olivier Nduhungirehe, watangaje ko yahuye n’Umuyobozi Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga na Politiki y’Umutekano muri EU, Kaja Kallas.

Ministiri Nduhungirehe kandi yari kumwe n’abayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NISS), Aimable Havugiyaremye, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Karuretwa Patrick, ndetse n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko we na Kaja Kallas bahuriye i Bruxelles mu Bubiligi, akamugaragariza aho u Rwanda ruhagaze mu bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, rwakunze kuzanwamo nyamara ntaho ruhuriye na byo.

Yagize ati “Nagaragaje ko amakimbirane akomeje kugaragara muri DRC atigeze atangizwa n’u Rwanda, kandi ko rutazemera kwikorezwa umutwaro w’Ubutegetsi bwa DRC no kunanirwa inshingano zabwo z’umutekano.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe kandi yagaragarije Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ko “impungenge z’umutekano w’u Rwanda zakomeje kwimwa agaciro no kwirengagizwa nubwo hakomeje kugarara ibikorwa biwuhungabanya ku mupaka w’u Rwanda bikorwa n’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR uba kandi ukanafashwa na Congo ufatanyije n’igisirikare cya Congo.”

Iki kiganiro kibaye nyuma yuko bimwe mu Bihugu bigize uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi bitangaje ingamba z’ibihano byafatiye u Rwanda, birushinja kugira uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, nubwo u Rwanda rutahwemye kubihakana.

Minisitiri Nduhungirehe, yagaragaje kandi ko izi ngamba, ntacyo zishobora gufasha mu kubona umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo ko ziyobya inzira zagakwiye kuvamo ibisubizo.

Ati “Icyo zafasha DRC gusa, ni ugutiza umurindi amahitamo yayo yo gukomeza gutinza amakimbirane, no guca intege inzira y’ubuhuza yemejwe n’abayobozi ba Afurika, ari na yo u Rwanda rushyigikiye.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na Mario Nawfal, yagarutse ku binyoma u Rwanda rwakunze kwegekwaho birimo kurushinja kwiba amabuye y’agaciro muri DRC, avuga ko n’iyo hakorwa urutonde rw’abashaka uwo mutungo, u Rwanda rwaza ku mwanya wa nyuma.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibice nk’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, biza mu bya mbere mu kugira inyungu muri iyo mitungo yo muri Congo, ariko ikibabaje ari uko u Rwanda ruza mu myanya ya nyuma, rwegekwaho ibyo birego byose byagakwiye gushinjwa aba bungukira amamiliyari n’amamiliyari muri ayo mabuye y’agaciro.

Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’abayobozi bo muri EU

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 4 =

Previous Post

Uwari utaruzuza icyumweru avuye Iwawa yarashwe amaze kwiba ashaka no kurwanya inzego

Next Post

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.