Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungireje; yagiranye ikiganiro n’Umuyobozi ushinzwe Ububanyi n’Amahanga na Politiki y’Umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, amugaragariza ko ibibazo byo muri Congo bitigeze bitangizwa n’u Rwanda.

Ni mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025 nk’uko tubikesha Minisitiri Olivier Nduhungirehe, watangaje ko yahuye n’Umuyobozi Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga na Politiki y’Umutekano muri EU, Kaja Kallas.

Ministiri Nduhungirehe kandi yari kumwe n’abayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda, barimo Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NISS), Aimable Havugiyaremye, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Karuretwa Patrick, ndetse n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko we na Kaja Kallas bahuriye i Bruxelles mu Bubiligi, akamugaragariza aho u Rwanda ruhagaze mu bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, rwakunze kuzanwamo nyamara ntaho ruhuriye na byo.

Yagize ati “Nagaragaje ko amakimbirane akomeje kugaragara muri DRC atigeze atangizwa n’u Rwanda, kandi ko rutazemera kwikorezwa umutwaro w’Ubutegetsi bwa DRC no kunanirwa inshingano zabwo z’umutekano.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe kandi yagaragarije Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ko “impungenge z’umutekano w’u Rwanda zakomeje kwimwa agaciro no kwirengagizwa nubwo hakomeje kugarara ibikorwa biwuhungabanya ku mupaka w’u Rwanda bikorwa n’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR uba kandi ukanafashwa na Congo ufatanyije n’igisirikare cya Congo.”

Iki kiganiro kibaye nyuma yuko bimwe mu Bihugu bigize uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi bitangaje ingamba z’ibihano byafatiye u Rwanda, birushinja kugira uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, nubwo u Rwanda rutahwemye kubihakana.

Minisitiri Nduhungirehe, yagaragaje kandi ko izi ngamba, ntacyo zishobora gufasha mu kubona umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo ko ziyobya inzira zagakwiye kuvamo ibisubizo.

Ati “Icyo zafasha DRC gusa, ni ugutiza umurindi amahitamo yayo yo gukomeza gutinza amakimbirane, no guca intege inzira y’ubuhuza yemejwe n’abayobozi ba Afurika, ari na yo u Rwanda rushyigikiye.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na Mario Nawfal, yagarutse ku binyoma u Rwanda rwakunze kwegekwaho birimo kurushinja kwiba amabuye y’agaciro muri DRC, avuga ko n’iyo hakorwa urutonde rw’abashaka uwo mutungo, u Rwanda rwaza ku mwanya wa nyuma.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibice nk’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za America, biza mu bya mbere mu kugira inyungu muri iyo mitungo yo muri Congo, ariko ikibabaje ari uko u Rwanda ruza mu myanya ya nyuma, rwegekwaho ibyo birego byose byagakwiye gushinjwa aba bungukira amamiliyari n’amamiliyari muri ayo mabuye y’agaciro.

Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’abayobozi bo muri EU

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Uwari utaruzuza icyumweru avuye Iwawa yarashwe amaze kwiba ashaka no kurwanya inzego

Next Post

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.