Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo umwana w’umunyapolitiki yakoreye mu Nteko ubwo se yavugaga imbwirwaruhame byatumye yamamara

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Ibyo umwana w’umunyapolitiki yakoreye mu Nteko ubwo se yavugaga imbwirwaruhame byatumye yamamara
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka itandatu wa John Rose, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamamaye nyuma y’uko agaragaye mu mashusho umubyeyi we yamujyanye mu Ngoro y’Inteko, ari kwikora ibintu byasekeje benshi.

Ni amashusho agaragaza Senateri John Rose wo mu ishyaka ry’Aba-Republican ari gutanga imbwirwaruhame ye, inyuma ye hicaye umuhungu we yari yazanye mu Nteko.

Uyu mwana w’imyaka itandatu, aba yikora udukino dusanzwe ku bana, akamwenyura ubundi asohora ururimi areba muri camera, agaragaza ko yishimiye kwicara mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu muhungu wa Senateri John Rose, yikoraga ibi ubwo uyu mushingamategeko yari ageze ku ngingo yavugaga kuri Perezida Donald Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yifuza kongera guhatanira uyu mwanya.

Amashusho y’uyu mwana w’Umushingamategeko, yatumye aba ikirangirire, aho benshi basekejwe n’udukino uyu mwana yikoraga areba muri camera yari iri kugaragaza se.

Muri aya mashusho, uyu mwana anyuzamo agasohora ururimi, ubundi agafata ibiganza ibye agasa nk’ushushanya mpandeshatu.

Yaba abantu basanzwe ndetse n’abanyapolitiki bagize icyo bavuga kuri aya mashusho, bagaragaje ko uyu mwana w’uyu munyapolitiki yabasekeje.

Doug Andres, Umuvuvugizi w’Umuyobozi w’Abasenateri bahagarariye Aba-Republican mu Nteko, agira icyo avuga kuri aya mashusho y’uburyo uyu mwana yakoraga ikimenyetso cya mpandeshatu, yavuze ko uyu mwana “afite icyo azi.”

Naho umuyobozi ushinzwe Itumanaho muri iri shyaka, Aaron Fritschner ubwo yasubizaga umuntu, yagize ati “wihangane natinze kugusubiza imeri, kuko nari mpugiye ku kureba aya mashusho narebye inshuro nyinshi ngenda nyasubiramo.”

John Rose na we wagize icyo avuga ku mashusho y’uyu muhungu we, aho yayashyize kuri X, agashyiraho ubutumwa agira ati “Ibi ni byo nabonanye umuhungu wanjye Guy nakunze kubwira ko agomba kujya amwenyura murumuna we igihe areba muri camera.”

Senateri John Rose n’umuhungu we batangiye no gutumirwa mu bitangazamakuru bikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fifteen =

Previous Post

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Next Post

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Related Posts

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.