Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo umwana w’umunyapolitiki yakoreye mu Nteko ubwo se yavugaga imbwirwaruhame byatumye yamamara

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Ibyo umwana w’umunyapolitiki yakoreye mu Nteko ubwo se yavugaga imbwirwaruhame byatumye yamamara
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka itandatu wa John Rose, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamamaye nyuma y’uko agaragaye mu mashusho umubyeyi we yamujyanye mu Ngoro y’Inteko, ari kwikora ibintu byasekeje benshi.

Ni amashusho agaragaza Senateri John Rose wo mu ishyaka ry’Aba-Republican ari gutanga imbwirwaruhame ye, inyuma ye hicaye umuhungu we yari yazanye mu Nteko.

Uyu mwana w’imyaka itandatu, aba yikora udukino dusanzwe ku bana, akamwenyura ubundi asohora ururimi areba muri camera, agaragaza ko yishimiye kwicara mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu muhungu wa Senateri John Rose, yikoraga ibi ubwo uyu mushingamategeko yari ageze ku ngingo yavugaga kuri Perezida Donald Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yifuza kongera guhatanira uyu mwanya.

Amashusho y’uyu mwana w’Umushingamategeko, yatumye aba ikirangirire, aho benshi basekejwe n’udukino uyu mwana yikoraga areba muri camera yari iri kugaragaza se.

Muri aya mashusho, uyu mwana anyuzamo agasohora ururimi, ubundi agafata ibiganza ibye agasa nk’ushushanya mpandeshatu.

Yaba abantu basanzwe ndetse n’abanyapolitiki bagize icyo bavuga kuri aya mashusho, bagaragaje ko uyu mwana w’uyu munyapolitiki yabasekeje.

Doug Andres, Umuvuvugizi w’Umuyobozi w’Abasenateri bahagarariye Aba-Republican mu Nteko, agira icyo avuga kuri aya mashusho y’uburyo uyu mwana yakoraga ikimenyetso cya mpandeshatu, yavuze ko uyu mwana “afite icyo azi.”

Naho umuyobozi ushinzwe Itumanaho muri iri shyaka, Aaron Fritschner ubwo yasubizaga umuntu, yagize ati “wihangane natinze kugusubiza imeri, kuko nari mpugiye ku kureba aya mashusho narebye inshuro nyinshi ngenda nyasubiramo.”

John Rose na we wagize icyo avuga ku mashusho y’uyu muhungu we, aho yayashyize kuri X, agashyiraho ubutumwa agira ati “Ibi ni byo nabonanye umuhungu wanjye Guy nakunze kubwira ko agomba kujya amwenyura murumuna we igihe areba muri camera.”

Senateri John Rose n’umuhungu we batangiye no gutumirwa mu bitangazamakuru bikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + two =

Previous Post

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Next Post

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.