Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwakiriye abandi bimukira 153 baturutse muri Libya, bahise buzuza ababarirwa mu 2 059 baturutse muri iki Gihugu bamaze kugera mu Rwanda, ndetse hatangazwa n’Ibihugu bimaze kwakira abari hejuru ya 60%, 

Aba bimukira bageze ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu ijoro ryacyeye ryo ku wa 28 Ukuboza 2023, bafite ubwenegihugu bw’Ibihugu bitandukanye.

Muri aba 153, barimo 82 bafite ubwenegihugu bwa Sudan, 56 b’Abanya-Eritrea, icyenda (9) b’Abanya-Ethiopia, batanu (5) bo muri Somalia ndetse n’umwe ufite ubwenegihugu bwa Sudani y’Epfo.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, yahaye ikaze aba bimukira, yagize iti “Bazajya gucumbikirwa mu Kigo cya Gashora, aho abandi bakiriwe mbere bacumbikiwe.”

Iyi Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi kandi yahise inatangaza ko kuva u Rwanda rwatangira kwakira abimukira baturutse muri Libya, hamaze kwakirwa ababarirwa mu 2 059.

Iti “Abagera muri 68% muri bo bamaze kubona Ibihugu bibakira: Canada yakiriye 381, Sweden yakira 255, Norway yakira 193, Leta Zunze Ubumwe za America zakira 168, u Bufaransa bwakira 141, Finland yakira 187, u Buholandi bwakira 82, n’u Bubiligi bwakiriye 26.”

Guverinoma y’u Rwanda yaboneyeho kwizeza ko izakomeza kuba umufatanyabikorwa mwiza mu kurengera ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro bagiye bahura n’ingorane z’Ibihugu bageragamo bagakoreshwa ibikorwa bihonyora uburenganzira bwabo nko kubacuruza, no kubakoresha imirimo y’ubucaka, ivuga ko izakomeza guha ibikenerwa abo yakira.

Ubwo bageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe
Bahawe ikaze mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Umubyinnyi w’Umunyarwandakazi yagaragaje ubundi bumenyi nyuma yo gukorana n’abafite amazina aremereye ku Isi

Next Post

Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

Related Posts

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana....

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

by radiotv10
16/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko amazi y'imvura aturuka ku muhanda wa Kaburimbo...

IZIHERUKA

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe
MU RWANDA

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Batatu bagwiriwe n’ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

Batatu bagwiriwe n'ikirombe barimo uwasize abwiye umugore ko agiye gushaka icyo biririrwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.