Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangajwe inote nshya z’ibihumbi bitanu (5 000 Frw) n’iy’ibihumbi bibiri (2 000 Frw) mu mafaranga y’u Rwanda, zirimo izaba ifitemo ibiyiranga birimo inyubako ya Kigali Convention Center.

Izi note zashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, nk’uko bigaragazwa n’Igazeti ya Leta idasanzwe yashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024 y’Iteka rya Perezida N° 073/01 ryo ku wa 29/08/2024 rishyiraho inoti nshya ya Frw 5 000 n’iya Frw 2 000.

Ingingo ya kabiri y’iri Teka rya Perezida, igira iti “Inoti nshya ya FRW 5.000 n’iya FRW 2.000 zikoreshwa hamwe n’inoti zisanzweho, iya FRW 500, iya FRW 1.000, iya FRW 2.000 n’iya FRW 5.000, kandi zifite agaciro mu Rwanda.”

Umugereka w’iri Teka ugaragaza ibizajya bigaragaza izi note, aho nk’inote ya bitanu (5 000 Frw), izajya igaragazwa n’ibimenyetso binyuranye ibirimo kuba ifite ibara ryiganjemo ibihogo bijya gusa n’ibara rya roza.

Nanone kandi iyi note izaba irangwa n’igishushanyo cy’ishusho y’inyubako ya Kigali Convention Center iherereye mu Mujyi wa Kigali, yabaye ikimenyabose ku Mugabane wa Afurika kubera imiterere yayo yihariye, ikaba iri mu nyubako za mbere kuri uyu Mugabane zatwaye amafaranga menshi kurusha izindi.

Ni mu gihe inote ya bibiri (2 000 Frw) yo izajya irangwa no kuba ifite ibara ryiganjemo ni umweru ucyeye ndetse n’igishushanyo kigaragara cy’imisozi y’Ikiyaga cya Kivu, na byo biri mu biranga Igihugu cy’u Rwanda gisanzwe kizwi nk’Igihugu cy’imisozi igihumbi.

Inote y’Ibihumbi bitanu isanzwe ikoreshwa mu mafaranya y’u Rwanda, iri mu bwoko bubiri, bwombi buhuriye ku kuba zifite ibara ry’iroza, zikaba kandi zombi ziriho ishuro y’Ingagi iri muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ndetse n’uruziga rw’umweru rubengeranamo utuzu dutatu dufatanye ndetse n’ikirangantego cya repubulika y’u Rwanda n’inyubako ya BNR.

Ubu bwoko buri bw’Inote ya Bitanu (5 000 Frw), burimo iyakozwe muri 2004 mu gihe indi yakozwe mu mwaka wa 2014.

Inote y’ibihumbi bibiri na yo iri mu bwoko bubiri, buhuriye ku kuba zose ziri mu ibara rya move itijimye, aho ku ruhande rumwe hariho umunara w’itumanaho n’uwa Televiziyo, ndetse n’ikirangantego cya Repubulika y’u Rwanda n’ikirango cya BNR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − two =

Previous Post

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

Next Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.