Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangajwe inote nshya z’ibihumbi bitanu (5 000 Frw) n’iy’ibihumbi bibiri (2 000 Frw) mu mafaranga y’u Rwanda, zirimo izaba ifitemo ibiyiranga birimo inyubako ya Kigali Convention Center.

Izi note zashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, nk’uko bigaragazwa n’Igazeti ya Leta idasanzwe yashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024 y’Iteka rya Perezida N° 073/01 ryo ku wa 29/08/2024 rishyiraho inoti nshya ya Frw 5 000 n’iya Frw 2 000.

Ingingo ya kabiri y’iri Teka rya Perezida, igira iti “Inoti nshya ya FRW 5.000 n’iya FRW 2.000 zikoreshwa hamwe n’inoti zisanzweho, iya FRW 500, iya FRW 1.000, iya FRW 2.000 n’iya FRW 5.000, kandi zifite agaciro mu Rwanda.”

Umugereka w’iri Teka ugaragaza ibizajya bigaragaza izi note, aho nk’inote ya bitanu (5 000 Frw), izajya igaragazwa n’ibimenyetso binyuranye ibirimo kuba ifite ibara ryiganjemo ibihogo bijya gusa n’ibara rya roza.

Nanone kandi iyi note izaba irangwa n’igishushanyo cy’ishusho y’inyubako ya Kigali Convention Center iherereye mu Mujyi wa Kigali, yabaye ikimenyabose ku Mugabane wa Afurika kubera imiterere yayo yihariye, ikaba iri mu nyubako za mbere kuri uyu Mugabane zatwaye amafaranga menshi kurusha izindi.

Ni mu gihe inote ya bibiri (2 000 Frw) yo izajya irangwa no kuba ifite ibara ryiganjemo ni umweru ucyeye ndetse n’igishushanyo kigaragara cy’imisozi y’Ikiyaga cya Kivu, na byo biri mu biranga Igihugu cy’u Rwanda gisanzwe kizwi nk’Igihugu cy’imisozi igihumbi.

Inote y’Ibihumbi bitanu isanzwe ikoreshwa mu mafaranya y’u Rwanda, iri mu bwoko bubiri, bwombi buhuriye ku kuba zifite ibara ry’iroza, zikaba kandi zombi ziriho ishuro y’Ingagi iri muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ndetse n’uruziga rw’umweru rubengeranamo utuzu dutatu dufatanye ndetse n’ikirangantego cya repubulika y’u Rwanda n’inyubako ya BNR.

Ubu bwoko buri bw’Inote ya Bitanu (5 000 Frw), burimo iyakozwe muri 2004 mu gihe indi yakozwe mu mwaka wa 2014.

Inote y’ibihumbi bibiri na yo iri mu bwoko bubiri, buhuriye ku kuba zose ziri mu ibara rya move itijimye, aho ku ruhande rumwe hariho umunara w’itumanaho n’uwa Televiziyo, ndetse n’ikirangantego cya Repubulika y’u Rwanda n’ikirango cya BNR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + ten =

Previous Post

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

Next Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.