Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangajwe inote nshya z’ibihumbi bitanu (5 000 Frw) n’iy’ibihumbi bibiri (2 000 Frw) mu mafaranga y’u Rwanda, zirimo izaba ifitemo ibiyiranga birimo inyubako ya Kigali Convention Center.

Izi note zashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, nk’uko bigaragazwa n’Igazeti ya Leta idasanzwe yashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024 y’Iteka rya Perezida N° 073/01 ryo ku wa 29/08/2024 rishyiraho inoti nshya ya Frw 5 000 n’iya Frw 2 000.

Ingingo ya kabiri y’iri Teka rya Perezida, igira iti “Inoti nshya ya FRW 5.000 n’iya FRW 2.000 zikoreshwa hamwe n’inoti zisanzweho, iya FRW 500, iya FRW 1.000, iya FRW 2.000 n’iya FRW 5.000, kandi zifite agaciro mu Rwanda.”

Umugereka w’iri Teka ugaragaza ibizajya bigaragaza izi note, aho nk’inote ya bitanu (5 000 Frw), izajya igaragazwa n’ibimenyetso binyuranye ibirimo kuba ifite ibara ryiganjemo ibihogo bijya gusa n’ibara rya roza.

Nanone kandi iyi note izaba irangwa n’igishushanyo cy’ishusho y’inyubako ya Kigali Convention Center iherereye mu Mujyi wa Kigali, yabaye ikimenyabose ku Mugabane wa Afurika kubera imiterere yayo yihariye, ikaba iri mu nyubako za mbere kuri uyu Mugabane zatwaye amafaranga menshi kurusha izindi.

Ni mu gihe inote ya bibiri (2 000 Frw) yo izajya irangwa no kuba ifite ibara ryiganjemo ni umweru ucyeye ndetse n’igishushanyo kigaragara cy’imisozi y’Ikiyaga cya Kivu, na byo biri mu biranga Igihugu cy’u Rwanda gisanzwe kizwi nk’Igihugu cy’imisozi igihumbi.

Inote y’Ibihumbi bitanu isanzwe ikoreshwa mu mafaranya y’u Rwanda, iri mu bwoko bubiri, bwombi buhuriye ku kuba zifite ibara ry’iroza, zikaba kandi zombi ziriho ishuro y’Ingagi iri muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ndetse n’uruziga rw’umweru rubengeranamo utuzu dutatu dufatanye ndetse n’ikirangantego cya repubulika y’u Rwanda n’inyubako ya BNR.

Ubu bwoko buri bw’Inote ya Bitanu (5 000 Frw), burimo iyakozwe muri 2004 mu gihe indi yakozwe mu mwaka wa 2014.

Inote y’ibihumbi bibiri na yo iri mu bwoko bubiri, buhuriye ku kuba zose ziri mu ibara rya move itijimye, aho ku ruhande rumwe hariho umunara w’itumanaho n’uwa Televiziyo, ndetse n’ikirangantego cya Repubulika y’u Rwanda n’ikirango cya BNR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 6 =

Previous Post

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

Next Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.