• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyo wamenya ku musore wihebeye Miss Naomie wamaze kumwambika impeta

radiotv10by radiotv10
04/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibyo wamenya ku musore wihebeye Miss Naomie wamaze kumwambika impeta
Share on FacebookShare on Twitter

Michael Tesfay, umukunzi wa Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda wa 2020, akaba aherutse no kumwambika impeta amusaba kuzamubera umugore, ni umusore ukomoka ku babyeyi b’Abanya-Ethiopia, ariko akaba yaravukiye muri Canada. Menya ibindi kuri uyu musore…

Michael Tesfay na Nishimwe Naomie, batangiye umwaka wa 2024 bateye indi ntambwe mu rugendo rw’urukundo rwabo, kuko tariki 01 Mutarama, ari bwo bambikanye impeta y’urukundo bemeranya kuzashyingiranwa nk’umugore n’umugabo.

Tesfay watsindiye umutima wa Miss Naomie, asanzwe ari umuhanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga no mu buzima, akaba yarashinze ibigo bibiri bya Let’s Reason na Bizcotap, zibanda ku bijyanye no kwita ku buzima bwo mu mutwe, ndetse no guhanga udushya mu by’ikoranabuhanga.

Tesfay yavukiye mu mujyi wa Toronto muri Canada, ku babyeyi bombi b’Abanya-Ethiopia.

Uyu musore ukunze kugaragaza ko atewe ishema no kuba akundana na Miss Naomie, asanzwe akunda gukora imyitozo ngororamubiri mu rwego rwo kwita ku mubiri we.

Tesfay asanzwe afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’ibidukikije ndetse n’ubuzima, yakuye muri Kaminuza ya University i Londres mu Bwongereza.

Afite kandi impabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na politiki z’ubuzima yakuye muri University of Edinburgh, muri Scotland.

Mbere yo kwikorera, Tesfay yakoze mu nzego zinyuranye zirimo kaminuza ya Western University yizemo ndetse no muri Kaminuza y’u Rwanda.

Ubwo yimukiraga mu Rwanda muri 2021 arangije amasomo ye, yakoze muri Rotary Club ya Kigali Virunga.

Muri iki gihe kandi akorana bya hafi na Minisiteri y’ubuzima, mu bijyanye na serivisi zo kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Next Post

Ukuri ku mikoranire ya FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR kwashyizwe hanze

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ukuri ku mikoranire ya FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR kwashyizwe hanze

Ukuri ku mikoranire ya FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR kwashyizwe hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.