Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze byari byarabuze, anatanga umucyo ku bihuha byavugaga ko uruhande bahanganye hari ibice ruherutse kwisubiza.

Ni mu kiganiro Col Willy Ngoma yagiranye n’Igitangazamakuru Voice of Kivu gitangaza amakuru yibanda ku bibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu muvugizi wa M23, atangira agaragaza ko kimwe mu byatumye ibice byigaruriwe n’iri huriro bibona umutekano byari byarabuze igihe kinini, ari uko ryashyizeho inzego zinyuranye by’umwihariko iz’umutekano, nka Polisi ndetse n’Igisirikare kandi bikora kinyamwuga.

Ati “Twe icyo twabanje gukora, ni ugushyiraho ubuyobozi, yaba mu mujyi ndetse no nkengero zawo. Dufite Umuyobozi w’Umujyi, dufite abashefu ba Quartier, dufite abashefu ba Teritwari. Abo bose bakorera amahoro y’abaturage.”

Naho mu bice binyuranye, hagiye hashyirwaho abakuriye inzego z’umutekano zaba Polisi ndetse n’igisirikare, kandi bose bagakorana buzuzanya mu rwego rwo kugira ngo hatagira igihungabanya umutekano w’abaturage.

Ati “Mu mujyi rero tukagira Polisi. Igipolisi cy’umwuga, cyahawe imyitozo ihagije, kandi Abapolisi bacyo bagiye banoherezwa mu bice byose tugenzura.”

Yavuze kandi ko noneho hanaherutse gutangizwa urwego rukora mu buryo bw’ubutabera, ku buryo Inkiko zose zo mu bice bigenzurwa n’iri huriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, ubu zatangiye gukora.

Col Willy Ngoma

Naho ku makuru aherutse gukwirakwira ko uruhande ruhanganye n’iri huriro rugizwe na FARDC ndetse n’abafasha iki gisirikare cya Leta nka Wazalendo, rwaba ruherutse kugira ibice rwisubiza, Col Willy Ngoma yamaganiye kure ayo makuru.

Ati “Nta nubwo wari ukwiye kuvuga ko hari aho bafashe, oya oya, nta na santimetero n’imwe bigeze bisubiza. Icyo bakomeje, ni ibitero byo kurasa buhumyi, kandi byibasira abaturage, byumwihariko mu bice bituwemo n’abaturage benshi.”

Avuga ko nubwo uruhande bahanganye rukomeje guhungabanya umutekano w’abaturage bo mu bice bigenzurwa n’iri huriro, ariko na ryo ritaba ryicaye, ahubwo ko rihangana n’ibyo bitero.

Ati “Twe turi hano kubera amahoro. Turashaka amahoro, kandi iyo tuvuze ko dushaka amahoro, ntibivuze ko nutugabaho ibitero tutazagusubiza. Tuzasubiza ibitero byose bitugabwaho.”

Ku bijyanye n’ibitero FARDC n’abambari bayo bakomeje kugaba ku Banyekongo bo mu Muryango w’Abanyamulenge batuye muri Minembwe muri Kivu y’Epfo, Col Willy Ngoma yavuze ko babyamagana bivuye inyuma, byumwihariko akavuga ko banenga cyane Leta ikomeje gukora ibi bikorwa.

Ati “Ikibazo cya Minembwe kirakomeye cyane kurusha uko abantu bose bagisobanura. Cyari gikwiye guhangayikisha Abanyekongo bose, n’ikiremwamuntu cyose, kubona bashyira abaturage mu kato, bakabuzwa uburenganzira bwo kugera ku byo kurya, ku byo kunywa. Ntibabasha kugera ku byo bakenera by’ingenzi. Mu byukuri, abantu bose bari bakwiye kugira icyo bakora kugira ngo batabare bariya bantu.”

Col Willy Ngoma asaba umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ukora kuri iki kibazo cy’Abanyamulenge bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Next Post

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.