Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Iby’umukinnyikazi wa Film ugezweho mu Rwanda watsindiye imodoka ntahite ayihabwa byinjiyemo inzego z’Ubugenzacyaha

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
1
Iby’umukinnyikazi wa Film ugezweho mu Rwanda watsindiye imodoka ntahite ayihabwa byinjiyemo inzego z’Ubugenzacyaha
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Film Bahavu Usanase Jeannette wamamaye muri Series yitwa Impanga ndetse no muri City Maid, watsindiye imodoka mu bihembo biherutse gutangwa, ariko akaba atarayihabwa, amakuru aravuga ko yamaze kwiyambaza RIB.

Usanase Bahavu Jeannette wamamaye nka Diane muri City Maid ndetse na Kami muri film ye yitwa Impanga, yatsindiye imodoka mu bihembo byatangiwe mu Mujyi wa Kigali tariki 01 Mata 2023.

Itangwa ry’ibi bihembo bizwi nka Rwanda International Movie Awards byanitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye muri Sinema yo mu Rwanda ndetse no muri Afurika, byari bihanganyemo abakinnyi ba film banyuranye, aho uwegukanye igihembo nyamukuru yagombaga guhabwa imodoka ya KIA K5 yari yaranamuritswe mbere.

Abahataniraga ibi bihembo bari banazi ko igihembo nyamkuru ari imodoka, bagaragaje guhatana kudasanzwe kuko habayeho n’amatora, gusa uwegukanye iki gihembo, uyu munsi yujuje ibyumweru bibiri atagihabwa.

Usanase Bahavu Jeannette watashye adahawe iki gihembo nyamukuru, yanagerageje kuvugisha abateguye ibi bihembo, ngo amenye igihe azayishyikirizwa, ariko baramunaniza ndetse bamusaba kuvugisha kompanyi yari umuterankunga w’ibi bihembo yanemeye gutanga iyi modoka.

Ubwo yavugishaga iyi kompanyi, bakamubwiye ko icyo gihembo cye gihari ariko ko hari ibigomba kubanza kuzuzwa kugira ngo agihabwe.

Uyu mukinnyikazi wa film yaje kwitabaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nkuko ikinyamakuru Igihe cyabitangaje, ndetse ko uru rwego rwabyinjiyemo.

Hari andi makuru avuga ko iyi modoka yagombaga guhabwa uwayitsindiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Mata 2023.

Imodoka Bahavu yatsindiye yari yabanje no kumurikwa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mwambari M.providence says:
    2 years ago

    Bayimuhe yarayikoreye barely kuba ibisambo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe ukunze gukoresha Twitter mu Rwanda wari ufunze

Related Posts

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe ukunze gukoresha Twitter mu Rwanda wari ufunze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe ukunze gukoresha Twitter mu Rwanda wari ufunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.