Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuneke wari mu imurikagurisha ryo muri Korea y’Epfo, ugura miliyoni zirenga 120 Frw basanze wariwe, bituma benshi bibaza umuntu watinyutse kurya uyu muneke akagenda atawishyuye.

Muri Koreya y’Epfo umwe muri ba mukerarugendo yariye umuneke wari ufite agaciro ka miliyoni zigera kuri 120 ushyize mu mafaranga y’u Rwanda.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi nibwo mu binyamakuru hakwirakwiye amakuru avuga ko agashya kakozwe n’umwe mu banyeshuri bo muri kaminuza ya Seoul wari wasuye inzu y’umunyabugeni Maurizio Cattelan.

Uwo muneke wiswe Comedian muri iryo murikagurisha ryakorwaga n’uwo munyabugeni aho ari umuneke uba umanitse ku gikuta, ushatse akawugura iyo utaguzwe bivugwa ko uhindurwa nyuma ya buri minsi 3 ufite agaciro k’amadorali ibihumbi 120 [ni ukuvuga arenga miliyoni 120 Frw].

Noh Huyn Soo, umunyeshuri muri kaminuza, ngo yari yavuye iwe adafashe ifunguro rya mu gitondo amasaha yigiye imbere inzara ikomeza kuba nyinshi, ahageze rero ngo ntiyawurebera izuba ahitamo kuwumanura aho wari umanitse arawurya nyuma arangije asigaho igishishwa cyawo arigendera.

Byavugishije abatari bacye, aho amashusho yagiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umunyeshuli ajya gufata uwo muneke bamwe bakamubuza nyuma agatangira kuwurya ndetse amaze kumanika igishishwa cyonyine asa nk’uwifotoza. Icyatumye bamwe bavuga ko yabikoze ku bushake.

Nyuma yaje kuvuga ko aticuza kuba yariye umuneke wari ufite agaciro nk’ako ati “ntekereza ko kwangiza igikorwa cy’ubugeni nabyo ari ubugeni ubwabyo. Numvaga binshishikaje…kandi ntabwo nicuza na gato.”

Ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bibazaga uburyo kwihanganira inzara bigiye gutuma yishyura akayabo k’amadorali nyamara yari kwihangana akagura icyo kurya hanze.

Icyakora ba nyiri ibikorwa bavuze ko ntacyo bakurikirana ndetse bahise basimbuza undi muneke ako kanya.

Ibi kandi si ubwa mbere bibaye kuko muri 2019 n’ubundi umugabo usanzwe akina comedy yahageze akarya uwo muneka ndetse akavuga ko yabikoze ku bushake.

Uwo muneke yariye nabwo wari ufite agaciro ka miliyoni zirenga 120 Frw, mu minota micye bahise bawusimbuza undi.

Uretse uyu muneke ugura akayabo, birasanzwe ko imbuto zigurishwa amafaranga mesnhi kuva mu myaka yabanje nk’aho urubuto rwa water melon rweze rufite ishusho ya mpande 4 mu 1980 rukaza kugurishwa amadodali 100 ni ukuvuga arenga ibihumbi 100 Frw.

Hari indimu kandi zeze zifite ishusho y’agafuka nyuma ziza kugurishwa agera mu bihumbi 100 Frw.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Ikibazo cyugarije urubyiruko cyongeye guhagurutsa inzobere zigitangaho ibitekerezo bishya

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.