Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuneke wari mu imurikagurisha ryo muri Korea y’Epfo, ugura miliyoni zirenga 120 Frw basanze wariwe, bituma benshi bibaza umuntu watinyutse kurya uyu muneke akagenda atawishyuye.

Muri Koreya y’Epfo umwe muri ba mukerarugendo yariye umuneke wari ufite agaciro ka miliyoni zigera kuri 120 ushyize mu mafaranga y’u Rwanda.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi nibwo mu binyamakuru hakwirakwiye amakuru avuga ko agashya kakozwe n’umwe mu banyeshuri bo muri kaminuza ya Seoul wari wasuye inzu y’umunyabugeni Maurizio Cattelan.

Uwo muneke wiswe Comedian muri iryo murikagurisha ryakorwaga n’uwo munyabugeni aho ari umuneke uba umanitse ku gikuta, ushatse akawugura iyo utaguzwe bivugwa ko uhindurwa nyuma ya buri minsi 3 ufite agaciro k’amadorali ibihumbi 120 [ni ukuvuga arenga miliyoni 120 Frw].

Noh Huyn Soo, umunyeshuri muri kaminuza, ngo yari yavuye iwe adafashe ifunguro rya mu gitondo amasaha yigiye imbere inzara ikomeza kuba nyinshi, ahageze rero ngo ntiyawurebera izuba ahitamo kuwumanura aho wari umanitse arawurya nyuma arangije asigaho igishishwa cyawo arigendera.

Byavugishije abatari bacye, aho amashusho yagiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umunyeshuli ajya gufata uwo muneke bamwe bakamubuza nyuma agatangira kuwurya ndetse amaze kumanika igishishwa cyonyine asa nk’uwifotoza. Icyatumye bamwe bavuga ko yabikoze ku bushake.

Nyuma yaje kuvuga ko aticuza kuba yariye umuneke wari ufite agaciro nk’ako ati “ntekereza ko kwangiza igikorwa cy’ubugeni nabyo ari ubugeni ubwabyo. Numvaga binshishikaje…kandi ntabwo nicuza na gato.”

Ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bibazaga uburyo kwihanganira inzara bigiye gutuma yishyura akayabo k’amadorali nyamara yari kwihangana akagura icyo kurya hanze.

Icyakora ba nyiri ibikorwa bavuze ko ntacyo bakurikirana ndetse bahise basimbuza undi muneke ako kanya.

Ibi kandi si ubwa mbere bibaye kuko muri 2019 n’ubundi umugabo usanzwe akina comedy yahageze akarya uwo muneka ndetse akavuga ko yabikoze ku bushake.

Uwo muneke yariye nabwo wari ufite agaciro ka miliyoni zirenga 120 Frw, mu minota micye bahise bawusimbuza undi.

Uretse uyu muneke ugura akayabo, birasanzwe ko imbuto zigurishwa amafaranga mesnhi kuva mu myaka yabanje nk’aho urubuto rwa water melon rweze rufite ishusho ya mpande 4 mu 1980 rukaza kugurishwa amadodali 100 ni ukuvuga arenga ibihumbi 100 Frw.

Hari indimu kandi zeze zifite ishusho y’agafuka nyuma ziza kugurishwa agera mu bihumbi 100 Frw.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Ikibazo cyugarije urubyiruko cyongeye guhagurutsa inzobere zigitangaho ibitekerezo bishya

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.