• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuneke wari mu imurikagurisha ryo muri Korea y’Epfo, ugura miliyoni zirenga 120 Frw basanze wariwe, bituma benshi bibaza umuntu watinyutse kurya uyu muneke akagenda atawishyuye.

Muri Koreya y’Epfo umwe muri ba mukerarugendo yariye umuneke wari ufite agaciro ka miliyoni zigera kuri 120 ushyize mu mafaranga y’u Rwanda.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi nibwo mu binyamakuru hakwirakwiye amakuru avuga ko agashya kakozwe n’umwe mu banyeshuri bo muri kaminuza ya Seoul wari wasuye inzu y’umunyabugeni Maurizio Cattelan.

Uwo muneke wiswe Comedian muri iryo murikagurisha ryakorwaga n’uwo munyabugeni aho ari umuneke uba umanitse ku gikuta, ushatse akawugura iyo utaguzwe bivugwa ko uhindurwa nyuma ya buri minsi 3 ufite agaciro k’amadorali ibihumbi 120 [ni ukuvuga arenga miliyoni 120 Frw].

Noh Huyn Soo, umunyeshuri muri kaminuza, ngo yari yavuye iwe adafashe ifunguro rya mu gitondo amasaha yigiye imbere inzara ikomeza kuba nyinshi, ahageze rero ngo ntiyawurebera izuba ahitamo kuwumanura aho wari umanitse arawurya nyuma arangije asigaho igishishwa cyawo arigendera.

Byavugishije abatari bacye, aho amashusho yagiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umunyeshuli ajya gufata uwo muneke bamwe bakamubuza nyuma agatangira kuwurya ndetse amaze kumanika igishishwa cyonyine asa nk’uwifotoza. Icyatumye bamwe bavuga ko yabikoze ku bushake.

Nyuma yaje kuvuga ko aticuza kuba yariye umuneke wari ufite agaciro nk’ako ati “ntekereza ko kwangiza igikorwa cy’ubugeni nabyo ari ubugeni ubwabyo. Numvaga binshishikaje…kandi ntabwo nicuza na gato.”

Ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bibazaga uburyo kwihanganira inzara bigiye gutuma yishyura akayabo k’amadorali nyamara yari kwihangana akagura icyo kurya hanze.

Icyakora ba nyiri ibikorwa bavuze ko ntacyo bakurikirana ndetse bahise basimbuza undi muneke ako kanya.

Ibi kandi si ubwa mbere bibaye kuko muri 2019 n’ubundi umugabo usanzwe akina comedy yahageze akarya uwo muneka ndetse akavuga ko yabikoze ku bushake.

Uwo muneke yariye nabwo wari ufite agaciro ka miliyoni zirenga 120 Frw, mu minota micye bahise bawusimbuza undi.

Uretse uyu muneke ugura akayabo, birasanzwe ko imbuto zigurishwa amafaranga mesnhi kuva mu myaka yabanje nk’aho urubuto rwa water melon rweze rufite ishusho ya mpande 4 mu 1980 rukaza kugurishwa amadodali 100 ni ukuvuga arenga ibihumbi 100 Frw.

Hari indimu kandi zeze zifite ishusho y’agafuka nyuma ziza kugurishwa agera mu bihumbi 100 Frw.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 20 =

Previous Post

Ikibazo cyugarije urubyiruko cyongeye guhagurutsa inzobere zigitangaho ibitekerezo bishya

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abihanganishije u Rwanda ku biza bidasanzwe biherutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.