Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in AMAHANGA
0
Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi warasiye Umucamanza ku Rukiko mu Murwa Mukuru wa Kenya, i Nairobi nyuma y’uko yari afatiye icyemezo umugore we kitamunyuze, na we yarashwe na bangenzi be ahita ahasiga ubuzima.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024 ku Rukko rwa Makadara, aho Umucamanza w’uru Rukiko witwa Monica Kivuti yaraswaga n’Umupolisi.

Uyu Mupolisi yarashe Umucamanza, nyuma y’uko yari yanze icyifuzo cy’umugore we nk’uko byatangajwe n’Umwanditsi Mukuru w’Ubucamanza Winfridah Mokaya, mu itangazo yatanze.

Yagize ati “Nyuma y’uko hatangajwe icyemezo, umuntu yarashe ku mucamanza. Abandi Bapolisi bahise na bo barasa mu rwego rwo guhagaruka iki gikorwa cy’uwarasaga.”

Uyu mucamanza Kivuti ndetse n’abandi bakozi batatu bakomerekeye muri ubu bushyamirane, ariko bakaba bahise bajyanwa kwitabwaho n’abaganga, ndetse bakaba bameze neza nk’uko byatangajwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Martha Koome mu itangazo yashyize hanze.

Martha Koome yasabye ko umutekano wo ku Nkiko ukwiye gukazwa. Ati “Biragaragara ko uwari wacuze uyu mugambi yashakaga kwivugana Umucamanza.”

Umugore w’uyu Mupolisi warashe Umucamanza na we akaraswa akanahasiga ubuzima, yari afatiwe icyemezo cyanga ubusabe bwe bwo kurekurwa by’agateganyo atanze ingwate nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuba yarabonye Miliyoni 2,9 z’Amashilingi ya Kenya [angana na Miliyoni 29 Frw] mu buryo bw’uburiganya.

Polisi ivuga kuri iki gikorwa cyakozwe n’Umupolisi, yagize iti “Yinyiye mu cyumba cy’umucamanza ahita atangira kurekura urufaya rw’amasasu arasa Umucamanza, amukomeretsa mu gatuza no ku kibuno.”

Polisi kandi yavuze ko Umupolisi mugenzi we bari kumwe, na we yahise amurasa, agahita ahasiga ubuzima. Nyuma y’iki gikorwa, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yategetse ko imirimo y’uru Rukiko rwa Makadara, iba isubitswe kugeza ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, tariki 17 Kamena 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 9 =

Previous Post

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Next Post

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.