Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in AMAHANGA
0
Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi warasiye Umucamanza ku Rukiko mu Murwa Mukuru wa Kenya, i Nairobi nyuma y’uko yari afatiye icyemezo umugore we kitamunyuze, na we yarashwe na bangenzi be ahita ahasiga ubuzima.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024 ku Rukko rwa Makadara, aho Umucamanza w’uru Rukiko witwa Monica Kivuti yaraswaga n’Umupolisi.

Uyu Mupolisi yarashe Umucamanza, nyuma y’uko yari yanze icyifuzo cy’umugore we nk’uko byatangajwe n’Umwanditsi Mukuru w’Ubucamanza Winfridah Mokaya, mu itangazo yatanze.

Yagize ati “Nyuma y’uko hatangajwe icyemezo, umuntu yarashe ku mucamanza. Abandi Bapolisi bahise na bo barasa mu rwego rwo guhagaruka iki gikorwa cy’uwarasaga.”

Uyu mucamanza Kivuti ndetse n’abandi bakozi batatu bakomerekeye muri ubu bushyamirane, ariko bakaba bahise bajyanwa kwitabwaho n’abaganga, ndetse bakaba bameze neza nk’uko byatangajwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Martha Koome mu itangazo yashyize hanze.

Martha Koome yasabye ko umutekano wo ku Nkiko ukwiye gukazwa. Ati “Biragaragara ko uwari wacuze uyu mugambi yashakaga kwivugana Umucamanza.”

Umugore w’uyu Mupolisi warashe Umucamanza na we akaraswa akanahasiga ubuzima, yari afatiwe icyemezo cyanga ubusabe bwe bwo kurekurwa by’agateganyo atanze ingwate nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuba yarabonye Miliyoni 2,9 z’Amashilingi ya Kenya [angana na Miliyoni 29 Frw] mu buryo bw’uburiganya.

Polisi ivuga kuri iki gikorwa cyakozwe n’Umupolisi, yagize iti “Yinyiye mu cyumba cy’umucamanza ahita atangira kurekura urufaya rw’amasasu arasa Umucamanza, amukomeretsa mu gatuza no ku kibuno.”

Polisi kandi yavuze ko Umupolisi mugenzi we bari kumwe, na we yahise amurasa, agahita ahasiga ubuzima. Nyuma y’iki gikorwa, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yategetse ko imirimo y’uru Rukiko rwa Makadara, iba isubitswe kugeza ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, tariki 17 Kamena 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 13 =

Previous Post

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Next Post

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.