Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyafashije inzego kumenya ibyumvikanamo amahano akekwa ku mugabo yakoreye uwo yibyariye

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, haravugwa umugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa akamutera inda, watahuwe nyuma y’uko uwo mukobwa abivuze babanje kumwinginga.

Uyu mugabo w’imyaka 45 wo mu Mudugudu wa Myatano mu Kagari ka Urugarama, akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa yibyariye w’imyaka 16 y’amavuko.

Yatawe muri yombi ku wa Mbere w’iki cyumweru, nyuma y’uko umukobwa we akekwaho gukorera iki cyaha, abibwiye Abajyanama b’Ubuzima bari gukurikirana inda atwite y’amezi arindwi (7).

Rukeribuga Joseph uyobora Umurenge wa Gahini, yavuze ko uyu mwana w’umukobwa yari yabanje kwanga kuvuga iby’iki cyaha yakorewe cyo gusambanywa n’umubyeyi we, ariko Abajyanama b’Ubuzima bakomeza kumuganiriza, akagera aho akabivuga.

Yagize ati “Abajyanama b’ubuzima babonye atwite baramuganiriza cyane, ageze aho arafunguka ababwira ibyamubayeho.”

Inzego z’Ubuyobozi bw’Ibanze zikimenya aya makuru, zahise zimenyesha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruhita ruta muri yombi uyu mugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa akanamutera inda, ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gahini kugira ngo hakorwe iperereza.

Amakuru avuga ko umugore w’uyu mugabo batakibana ndetse ko hashize igihe yaramutaye, akba yaramusigiye abana bane babyaranye barimo uyu w’umukobwa.

Abaturanyi bavuga ko bakeka ko muri icyo gihe uyu mugabo amaze abana n’aba bana, ari bwo yasambanyije umukobwa we, akaza no kumutera inda ubu ibura amezi abiri ngo ivuke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 14 =

Previous Post

Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

Next Post

Kigali: Ukekwaho iby’ubugome budasanzwe haravugwa uko yatahuwe n’andi makuru arambuye kuri we

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Kigali: Ukekwaho iby’ubugome budasanzwe haravugwa uko yatahuwe n’andi makuru arambuye kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.