Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu Burundi, yirukanywe nyuma yo gutanga igitekerezo ku ifoto igaragaza imwe mu ntumwa zajyanye na Perezida Felix Tshisekedi i Bujumbura, yasiniziriye.

Iyi ntumwa yagaragaye yibwe n’ibitotsi, yafotowe ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, ubwo i Bujumbura haberaga inama yo ku rwego rwo hejuru yigaga ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama, ni ho uyu muyobozi ugaragara yegereye Tshisekedi yasinziriye, yifashe ku itama. Ifoto ye ikaba yarashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu bazikoresha, banayitangaho ibitekerezo bitandukanye.

Yari yasinziriye bigaragarira buri wese

Uwitwa Umuhinga Yigenga uri mu bakunze gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter ku bibera mu Burundi, yashyize iyi foto kuri uru rubuga.

Mu butumwa busa nk’ubushotorana kugira ngo abantu batange ibitekerezo kuri iyi foto, uyu wiyita Umuhinga Yigenga yagize ati “Mwaramutse nshuti z’Abanyekongo.”

Bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, batanze ibitekerezo kuri iyi foto, bagaya uriya muyobozi wari wasinziririye mu nama ikomeye nk’iriya.

Mu batanze ibitekerezo, hagaragayemo na konti y’Ibiro bya Minisitiri w’Inbete i Burundi yitwa Bureau de Premier Ministre (Burundi Gov) yagize iti “Ndabona harimo n’abasinziriye.”

Melance Ndayisenga wari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe i Burundi, yahise azira iri kosa, kuko yahise yirukanwa.

Itangazo ryirukana Melance Ndayisenga ryagiye hanze kuri iki Cyumweru tariki 07 Gicurasi, rivuga ko uyu wari umuyobozi mu Biro bya Minisitiri w’Intebe yirukanywe “ku bw’ikosa rikomeye nk’ushinzwe itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.”

Iri tangazo rivuga ko igikorwa yakoze gishobora kwanduza ubucuti n’umubano w’u Burundi n’Ibihugu by’inshuti n’abafatanyabikorwa babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

Next Post

Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.