Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu Burundi, yirukanywe nyuma yo gutanga igitekerezo ku ifoto igaragaza imwe mu ntumwa zajyanye na Perezida Felix Tshisekedi i Bujumbura, yasiniziriye.

Iyi ntumwa yagaragaye yibwe n’ibitotsi, yafotowe ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, ubwo i Bujumbura haberaga inama yo ku rwego rwo hejuru yigaga ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama, ni ho uyu muyobozi ugaragara yegereye Tshisekedi yasinziriye, yifashe ku itama. Ifoto ye ikaba yarashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu bazikoresha, banayitangaho ibitekerezo bitandukanye.

Yari yasinziriye bigaragarira buri wese

Uwitwa Umuhinga Yigenga uri mu bakunze gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter ku bibera mu Burundi, yashyize iyi foto kuri uru rubuga.

Mu butumwa busa nk’ubushotorana kugira ngo abantu batange ibitekerezo kuri iyi foto, uyu wiyita Umuhinga Yigenga yagize ati “Mwaramutse nshuti z’Abanyekongo.”

Bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, batanze ibitekerezo kuri iyi foto, bagaya uriya muyobozi wari wasinziririye mu nama ikomeye nk’iriya.

Mu batanze ibitekerezo, hagaragayemo na konti y’Ibiro bya Minisitiri w’Inbete i Burundi yitwa Bureau de Premier Ministre (Burundi Gov) yagize iti “Ndabona harimo n’abasinziriye.”

Melance Ndayisenga wari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe i Burundi, yahise azira iri kosa, kuko yahise yirukanwa.

Itangazo ryirukana Melance Ndayisenga ryagiye hanze kuri iki Cyumweru tariki 07 Gicurasi, rivuga ko uyu wari umuyobozi mu Biro bya Minisitiri w’Intebe yirukanywe “ku bw’ikosa rikomeye nk’ushinzwe itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.”

Iri tangazo rivuga ko igikorwa yakoze gishobora kwanduza ubucuti n’umubano w’u Burundi n’Ibihugu by’inshuti n’abafatanyabikorwa babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − ten =

Previous Post

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

Next Post

Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.