Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, haravugwa urupfu rw’umugabo wahitanywe n’inzoga bakunze kwita ‘icyuma’ yanyweye agotomera ubwo yahabwaga intego yo kubikora ngo atsindire amafaranga, ariko akimara kunywa amacupa yari yategewe yikubita hasi ahita araba.

Uyu mugabo w’imyaka 43 yahitanywe n’inzoga ya Nguvu Gin bakunze kwita ‘Icyuma’ ubwo yayinywaga yizejwe ko nagotomera amacupa abiri y’iyi nzoga adakuye ku munwa, ahabwa inote ya 5 000 Frw.

Gusa aya mafaranga yari yemerewe ntiyayariye kuko akimara kugotomera izi nzoga yahise yikubita hasi, babona ararabye inzogera zihita zirenga.

Aya makuru yemejwe n’ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze ko ibi byabaye ku Cyumweru tariki 05 Werurwe 2023 mu Kagari ka Kabuga mu Murenge wa Karambi.

Umuyobozi w’Akagari ka Kabuga, Elias Ntihemuka, yagize ati “Yakoraga umwuga wo kubaza uwo bakoranaga yamupingiye kunywa inzoga ebyiri yari afite bita ibyuma akamuha amafaranga ibihumbi bitanu.”

Uyu muyobozi avuga ko nyuma y’urupfu rwa nyakwigendera, inzego zishinzwe iperereza zirimo Polisi na RIB bihutiye kuhagera kugira ngo hakorwe iperereza.

Naho umurambo wa nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kibogora, aho wahakuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Werurwe 2023 ushyikirizwa umuryango we ngo ushyingurwe.

Iyi nzoga ya Nguvu Gin isanzwe yemewe ku isoko ryo mu Rwanda, gusa ikaba ifite ubukana bwo hejuru bwanatumye abayinywa bayihimba ‘Icyuma’ kuko nta muntu upfa kuyinywa ngo amire intama ifatika.

Ubusanzwe abanywa iyi nzoga bayivangira n’ibindi binyobwa bidasembuye byoroheje nka Fanta, ndetse urugamba rwenga izi nzoga rushishikariza abantu kuzikoresha mu mvange y’ibinyobwa izwi nka Cocktail.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 17 =

Previous Post

Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza

Next Post

Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Related Posts

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

IZIHERUKA

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know
IMIBEREHO MYIZA

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.