Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyakurikuye uwahawe intego yo kunywa inzoga ikarishye adakura ku munwa kirababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, haravugwa urupfu rw’umugabo wahitanywe n’inzoga bakunze kwita ‘icyuma’ yanyweye agotomera ubwo yahabwaga intego yo kubikora ngo atsindire amafaranga, ariko akimara kunywa amacupa yari yategewe yikubita hasi ahita araba.

Uyu mugabo w’imyaka 43 yahitanywe n’inzoga ya Nguvu Gin bakunze kwita ‘Icyuma’ ubwo yayinywaga yizejwe ko nagotomera amacupa abiri y’iyi nzoga adakuye ku munwa, ahabwa inote ya 5 000 Frw.

Gusa aya mafaranga yari yemerewe ntiyayariye kuko akimara kugotomera izi nzoga yahise yikubita hasi, babona ararabye inzogera zihita zirenga.

Aya makuru yemejwe n’ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze ko ibi byabaye ku Cyumweru tariki 05 Werurwe 2023 mu Kagari ka Kabuga mu Murenge wa Karambi.

Umuyobozi w’Akagari ka Kabuga, Elias Ntihemuka, yagize ati “Yakoraga umwuga wo kubaza uwo bakoranaga yamupingiye kunywa inzoga ebyiri yari afite bita ibyuma akamuha amafaranga ibihumbi bitanu.”

Uyu muyobozi avuga ko nyuma y’urupfu rwa nyakwigendera, inzego zishinzwe iperereza zirimo Polisi na RIB bihutiye kuhagera kugira ngo hakorwe iperereza.

Naho umurambo wa nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kibogora, aho wahakuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Werurwe 2023 ushyikirizwa umuryango we ngo ushyingurwe.

Iyi nzoga ya Nguvu Gin isanzwe yemewe ku isoko ryo mu Rwanda, gusa ikaba ifite ubukana bwo hejuru bwanatumye abayinywa bayihimba ‘Icyuma’ kuko nta muntu upfa kuyinywa ngo amire intama ifatika.

Ubusanzwe abanywa iyi nzoga bayivangira n’ibindi binyobwa bidasembuye byoroheje nka Fanta, ndetse urugamba rwenga izi nzoga rushishikariza abantu kuzikoresha mu mvange y’ibinyobwa izwi nka Cocktail.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

Uko 7.000Frw yabyaye 100.000.000Frw: Uwacuruje ibisheke ubu ni Umujejetafaranga agaragaje ibitangaza

Next Post

Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.