Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyari gushimangira urukundo rwabo nicyo cyabatandukanyije- Cyusa yahishuye ibye n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
15/10/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Icyari gushimangira urukundo rwabo nicyo cyabatandukanyije- Cyusa yahishuye ibye n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’injyana ya gakondo, Cyusa Ibrahim yashyize yemera ibyo gutandukana n’umukunzi we Jeanine Noach bari bamaze iminsi bagaragaza ko umwe yimariyemo undi, avuga ko icyabiteye, gusa ngo ikimubabaje ni uko bari baremeranyijwe ko bazabana bakanabyarana.

Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze indirimbo yise Uwanjye, byari byaravuzwe ko amashusho yayo azagaragaramo umukunzi we ariko igasohoka irimo undi mukobwa.

Byatangiye kunugwanugwa ko uyu muhanzi yaba yaratandukanye n’uyu mukunzi we, ariko ntiyahita abyerura ngo abyemere.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, Cyusa yeruye yemera ko yatandukanye na Jeanine Noach ndetse avuga n’intandaro y’itandukana ryabo.

Cyusa yavuze ko mbere yo gukundana na Jeanine Noach, uyu mugore wari usanzwe yubatse, yamubwiye ko yamwihebeye ndetse akamwemerera ko afite umugabo w’imyaka 80, gusa akamubwira ko ari we yishakira.

Icyo gihe ngo yamusabye umwaka wo kubanza agashaka uko iby’imibanire yabo birangira ndetse bakanagabana imitungo, agatangira inzira zabyo binyuze mu nkiko.

Gusa ngo muri Mata uyu mwaka, umugabo wa Jeanine Noach yitabye Imana ariko atabaruka imanza bari bafitanye zitarangiye, bituma we akomeza gushaka uburyo zarangira.

Cyusa yavuze ko kuva umugabo wa Jeanine Noach yakwitaba Imana, uyu mukunzi we yahise asiba amafoto bari bafitanye ku mbuga nkoranyambaga, akanamwerurira ko akeneye gutuza akabanza gukurikirana iby’uru rubanza rwe, gusa ngo rukaba rwaraje gusubizwa inyuma n’indirimbo ‘Uwanjye’ ya Cyusa.

Muri iki kiganiro, Cyusa yumvikanishije amajwi bivugwa ko ari ayo yohererejwe na Jeanine Noach amubwira ko indirimbo ‘Uwanjye’ ari yo yasubije irudubi urubanza rwe.

Uyu muhanzi we avuga ko agifite urujijo kuko atumva ukuntu iyi ndirimbo yateje ikibazo muri urwo rubanza dore ko Jeanine Noach atanayigaragaramo.

Yagize ati “Ntabwo njye nibaza impamvu umucamanza wo mu Bubiligi yaba yaragendeye kuri iyi ndirimbo akajya kuyishingiraho asubiza irudubi urubanza.”

Yakomeje agira ati “N’ubu sindi kumva uko indirimbo nakoreye umukunzi wanjye ari yo idutandukanyije.”

Cyusa na Jeanine Noach bari bamaze igihe bari mu rukundo, bagiye banagaragara bishimanye, aho muri Werurwe uyu mwaka, bahuriye Mujyi w’ibyishimo wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, ubwo umukunzi we yari agiye kuhizihiriza isabukuru y’amavuko, bakanagirana ibihe by’ibyishimo.

Cyusa n’umukunzi we bari baragiranye ibihe byiza i Dubai

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nine =

Previous Post

Ibipimo by’imiyoborere: Kuzamura imibereho y’abaturage ni ibya nyuma, imitangire ya serivisi yasubiye inyuma

Next Post

UK: Minisitiri w’Imari yirukanywe bitunguranye nyuma y’ukwezi n’igice ahawe inshingano

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UK: Minisitiri w’Imari yirukanywe bitunguranye nyuma y’ukwezi n’igice ahawe inshingano

UK: Minisitiri w’Imari yirukanywe bitunguranye nyuma y’ukwezi n’igice ahawe inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.