Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitaramo cy’amateka cy’umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben yakoreye i Burundi, cyaranzwe n’ibyishimo bidasanzwe, ndetse no kuganzwa n’amarangamutima kwaranze uyu muhanzi wananiwe kwihangana, agaturika akarira.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru mu mbuga ngari yo mu kigo cya Gisirikare cya Messe des officiers de Bujumura, cyaririmbyemo kandi abandi bahanzi b’ibirangirire mu Burundi barimo Sat B na we wishimiwe cyane.

Iki gitaramo kandi cyajemo kirogoya nk’imvura yakibanjirije, yatumye amasaha yo gutangira asa nk’atindaho, ndetse n’igihe cyarangiriye, gituma bamwe mu bahanzi bagombaga kuririmbamo, bataririmbye barimo Bushali wari waturutse mu Rwanda, ndetse n’umuhanzi w’ikirangirire Big Fizzo.

Umuhanzi The Ben wari utegerezanyijwe amatsiko ku rubyiniro, yakiranywe ubwuzu budasanzwe n’abari bitabiriye iki gitaramo, aho abari bakitabiriye bavugije urusaku rwinshi, ari na ko bacana amatara ya telefone zabo.

The Ben watangiriye ku ndirimbo ‘Ko nahindutse’, yaririmbye indirimbo nyinshi zitandukanye zakunzwe mu Rwanda ndetse no mu karere.

The Ben kandi yageze hagati azamura ku rubyiniro umugore we Uwicyeza Pamella wamuherekeje i Burundi, ubundi amuririmbira indirimbo ye yise ‘Roho yanjye’, agira ati “Uyu ni we roho yanjye.”

The Ben kandi yahaye indangururamajwi umugore we ngo asuhuze Abarundi, na we agira ati “muraho”, nabo bamusaba ko yabaririmbiraho gato.

The Ben ageze ku ndirimbo yise ‘Ndaje’ yafashwe n’ikiniga, avuga ko Imana yamukoreye ibitangaza no kuba iki gitaramo cye cyageze ku ntego yacyo.

Ni igitaramo cyabanjirijwe n’amagambo, ashingiye ku bivugwa ko uyu muhanzi ahanganishwa na mugenzi we Bruce Melodie, aho byanavuzwe ko abashyigikiye uyu muhanzi na we ugezweho mu Rwanda, bashatse kuburizamo iki cya The Ben.

The Ben yasabye abantu kwirinda gushaka kugirira nabi bagenzi babo, kuko nta cyiza cyabyo. Ati “Nuramuka wifurije mugenzi wawe ibyiza Imana izaguha umugisha. Uzitandukanye n’abategura imigambi mibisha.” Ibi yabivugaga ari gusuka amarira.

The Ben yazanye umugore we ku rubyiniro
The Ben yishimiwe cyane

Byageze hagati aganzwa n’amarangamutima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

Next Post

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.