• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitaramo cy’amateka cy’umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben yakoreye i Burundi, cyaranzwe n’ibyishimo bidasanzwe, ndetse no kuganzwa n’amarangamutima kwaranze uyu muhanzi wananiwe kwihangana, agaturika akarira.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru mu mbuga ngari yo mu kigo cya Gisirikare cya Messe des officiers de Bujumura, cyaririmbyemo kandi abandi bahanzi b’ibirangirire mu Burundi barimo Sat B na we wishimiwe cyane.

Iki gitaramo kandi cyajemo kirogoya nk’imvura yakibanjirije, yatumye amasaha yo gutangira asa nk’atindaho, ndetse n’igihe cyarangiriye, gituma bamwe mu bahanzi bagombaga kuririmbamo, bataririmbye barimo Bushali wari waturutse mu Rwanda, ndetse n’umuhanzi w’ikirangirire Big Fizzo.

Umuhanzi The Ben wari utegerezanyijwe amatsiko ku rubyiniro, yakiranywe ubwuzu budasanzwe n’abari bitabiriye iki gitaramo, aho abari bakitabiriye bavugije urusaku rwinshi, ari na ko bacana amatara ya telefone zabo.

The Ben watangiriye ku ndirimbo ‘Ko nahindutse’, yaririmbye indirimbo nyinshi zitandukanye zakunzwe mu Rwanda ndetse no mu karere.

The Ben kandi yageze hagati azamura ku rubyiniro umugore we Uwicyeza Pamella wamuherekeje i Burundi, ubundi amuririmbira indirimbo ye yise ‘Roho yanjye’, agira ati “Uyu ni we roho yanjye.”

The Ben kandi yahaye indangururamajwi umugore we ngo asuhuze Abarundi, na we agira ati “muraho”, nabo bamusaba ko yabaririmbiraho gato.

The Ben ageze ku ndirimbo yise ‘Ndaje’ yafashwe n’ikiniga, avuga ko Imana yamukoreye ibitangaza no kuba iki gitaramo cye cyageze ku ntego yacyo.

Ni igitaramo cyabanjirijwe n’amagambo, ashingiye ku bivugwa ko uyu muhanzi ahanganishwa na mugenzi we Bruce Melodie, aho byanavuzwe ko abashyigikiye uyu muhanzi na we ugezweho mu Rwanda, bashatse kuburizamo iki cya The Ben.

The Ben yasabye abantu kwirinda gushaka kugirira nabi bagenzi babo, kuko nta cyiza cyabyo. Ati “Nuramuka wifurije mugenzi wawe ibyiza Imana izaguha umugisha. Uzitandukanye n’abategura imigambi mibisha.” Ibi yabivugaga ari gusuka amarira.

The Ben yazanye umugore we ku rubyiniro
The Ben yishimiwe cyane

Byageze hagati aganzwa n’amarangamutima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

Next Post

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.