Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitaramo cy’amateka cy’umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben yakoreye i Burundi, cyaranzwe n’ibyishimo bidasanzwe, ndetse no kuganzwa n’amarangamutima kwaranze uyu muhanzi wananiwe kwihangana, agaturika akarira.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru mu mbuga ngari yo mu kigo cya Gisirikare cya Messe des officiers de Bujumura, cyaririmbyemo kandi abandi bahanzi b’ibirangirire mu Burundi barimo Sat B na we wishimiwe cyane.

Iki gitaramo kandi cyajemo kirogoya nk’imvura yakibanjirije, yatumye amasaha yo gutangira asa nk’atindaho, ndetse n’igihe cyarangiriye, gituma bamwe mu bahanzi bagombaga kuririmbamo, bataririmbye barimo Bushali wari waturutse mu Rwanda, ndetse n’umuhanzi w’ikirangirire Big Fizzo.

Umuhanzi The Ben wari utegerezanyijwe amatsiko ku rubyiniro, yakiranywe ubwuzu budasanzwe n’abari bitabiriye iki gitaramo, aho abari bakitabiriye bavugije urusaku rwinshi, ari na ko bacana amatara ya telefone zabo.

The Ben watangiriye ku ndirimbo ‘Ko nahindutse’, yaririmbye indirimbo nyinshi zitandukanye zakunzwe mu Rwanda ndetse no mu karere.

The Ben kandi yageze hagati azamura ku rubyiniro umugore we Uwicyeza Pamella wamuherekeje i Burundi, ubundi amuririmbira indirimbo ye yise ‘Roho yanjye’, agira ati “Uyu ni we roho yanjye.”

The Ben kandi yahaye indangururamajwi umugore we ngo asuhuze Abarundi, na we agira ati “muraho”, nabo bamusaba ko yabaririmbiraho gato.

The Ben ageze ku ndirimbo yise ‘Ndaje’ yafashwe n’ikiniga, avuga ko Imana yamukoreye ibitangaza no kuba iki gitaramo cye cyageze ku ntego yacyo.

Ni igitaramo cyabanjirijwe n’amagambo, ashingiye ku bivugwa ko uyu muhanzi ahanganishwa na mugenzi we Bruce Melodie, aho byanavuzwe ko abashyigikiye uyu muhanzi na we ugezweho mu Rwanda, bashatse kuburizamo iki cya The Ben.

The Ben yasabye abantu kwirinda gushaka kugirira nabi bagenzi babo, kuko nta cyiza cyabyo. Ati “Nuramuka wifurije mugenzi wawe ibyiza Imana izaguha umugisha. Uzitandukanye n’abategura imigambi mibisha.” Ibi yabivugaga ari gusuka amarira.

The Ben yazanye umugore we ku rubyiniro
The Ben yishimiwe cyane

Byageze hagati aganzwa n’amarangamutima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 1 =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihabanye n’ukuri rwavuzweho n’umushoramari mpuzamahanga

Next Post

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.