Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo abagabo batanu, bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana Kalinda Loîc Ntwari William witabye Imana afite myaka 12, rwagombaga gusomwa ariko birasubikwa ku mpamvu yaturutse ku Mucamanza.

Nyakwigendera wigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yasanzwe iwabo amanitse mu mugozi yapfuye muri Kanama 2023, hahita hatangira iperereza, ryaje gufata abagabo batanu. Nyakwigendera yabanaga n’ababyeyi be mu Mudugudu wa Gakenyeri A mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.

Aba bagabo batanu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu mwana aho baregwa ubufatanyacyaha mu cyaha cyo kwica biturutse ku bushake, ni Ngamije Joseph uri no mu baza ku isonga muri uru rubanza, ndetse na Ngarambe Charles uzwi nka Rasita, Ngiruwonsanga Jean Baptiste bakunda kwita Rukara, Nikuze François na Rwasa Ignace.

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa burundu, aho bwasobanuye imikorere y’iki cyaha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko umugambi wo kwica nyakwigendera wacuriwe mu rugo rwa Ngarambe Charles uzwi nka Rasita, wari uyobowe na Ngamije Joseph washatse kubabaza Captain (Rtd) Aimable Twiringiyumukiza ngo basanzwe bafitanye amakimbirane.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kuzahamya icyaha aba bantu uko ari batanu, bwavuze ko hari Umutangabuhamya wiyumviye aba bagabo bacura umugambi wo kwivugana nyakwigendera.

Uwo mutangabuhamya kandi yavuze ko Ngiruwonsanga Jean Baptiste uzwi nka Rukara yatanze igitekerezo ko uriya mwana bamwicisha ishashi ngo kuko ari yo yica vuba, ari na ko byagenze, bakaza kumumanika mu mugozi bashaka kujijisha ko yiyahuye.

Nyakwigendera Loîc Ntwari witabye Imana muri 2023

Abaregwa baburanye bahakana ibyaha, aho uwitwa Ngamije yavuze ko nta makimbirane afitanye n’umubyeyi wa nyakwigendera, ku buryo yari kugambirira kugirira nabi umwana we.

Urubanza ruregwamo aba bantu, rwagombaga gusomwa kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, ndetse hari abantu bari bageze ku cyicaro cy’Urukiko kumva icyemezo cyarwo, ariko basanga byasubitswe.

Gusubika isomwa ry’icyemezo, ryatewe n’akazi kenshi k’Umucamanza waburanishije uru rubanza, ndetse akaba ari na ko byagenze ubwo rwagombaga gusomwa tariki 13 Ukuboza 2024, na bwo bigasubikwa, ubu bikaba byimuriwe tariki 29 Mutarama 2025.

Iperereza ryaje gufata abagabo batanu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eight =

Previous Post

S.Sudan: Abasirikare b’abagore ba RDF bagaragarijwe urundi ruhare bagira rurenze urw’umutekano

Next Post

Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

Related Posts

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.