Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyatumye hadasomwa icyemezo cyari gitegerejwe ku rubanza rw’abaregwa kwica umwana washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo abagabo batanu, bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana Kalinda Loîc Ntwari William witabye Imana afite myaka 12, rwagombaga gusomwa ariko birasubikwa ku mpamvu yaturutse ku Mucamanza.

Nyakwigendera wigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yasanzwe iwabo amanitse mu mugozi yapfuye muri Kanama 2023, hahita hatangira iperereza, ryaje gufata abagabo batanu. Nyakwigendera yabanaga n’ababyeyi be mu Mudugudu wa Gakenyeri A mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.

Aba bagabo batanu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu mwana aho baregwa ubufatanyacyaha mu cyaha cyo kwica biturutse ku bushake, ni Ngamije Joseph uri no mu baza ku isonga muri uru rubanza, ndetse na Ngarambe Charles uzwi nka Rasita, Ngiruwonsanga Jean Baptiste bakunda kwita Rukara, Nikuze François na Rwasa Ignace.

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa burundu, aho bwasobanuye imikorere y’iki cyaha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko umugambi wo kwica nyakwigendera wacuriwe mu rugo rwa Ngarambe Charles uzwi nka Rasita, wari uyobowe na Ngamije Joseph washatse kubabaza Captain (Rtd) Aimable Twiringiyumukiza ngo basanzwe bafitanye amakimbirane.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kuzahamya icyaha aba bantu uko ari batanu, bwavuze ko hari Umutangabuhamya wiyumviye aba bagabo bacura umugambi wo kwivugana nyakwigendera.

Uwo mutangabuhamya kandi yavuze ko Ngiruwonsanga Jean Baptiste uzwi nka Rukara yatanze igitekerezo ko uriya mwana bamwicisha ishashi ngo kuko ari yo yica vuba, ari na ko byagenze, bakaza kumumanika mu mugozi bashaka kujijisha ko yiyahuye.

Nyakwigendera Loîc Ntwari witabye Imana muri 2023

Abaregwa baburanye bahakana ibyaha, aho uwitwa Ngamije yavuze ko nta makimbirane afitanye n’umubyeyi wa nyakwigendera, ku buryo yari kugambirira kugirira nabi umwana we.

Urubanza ruregwamo aba bantu, rwagombaga gusomwa kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, ndetse hari abantu bari bageze ku cyicaro cy’Urukiko kumva icyemezo cyarwo, ariko basanga byasubitswe.

Gusubika isomwa ry’icyemezo, ryatewe n’akazi kenshi k’Umucamanza waburanishije uru rubanza, ndetse akaba ari na ko byagenze ubwo rwagombaga gusomwa tariki 13 Ukuboza 2024, na bwo bigasubikwa, ubu bikaba byimuriwe tariki 29 Mutarama 2025.

Iperereza ryaje gufata abagabo batanu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

S.Sudan: Abasirikare b’abagore ba RDF bagaragarijwe urundi ruhare bagira rurenze urw’umutekano

Next Post

Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

Ubutumwa bw’umuyobozi mushya wa RDB nyuma yo guhabwa inshingano na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.