Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare babiri ba RDF bafite ipeti rya Captain n’abanyamakuru batatu, ku bw’impamvu zifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.

Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025 mu Rukiko rwa Gisirikare ruherereye i Nyamirambo.

Aba bantu 28 baregwa muri uru rubanza, bashinjwa icyaha cy’ubufatanyacyaha mu kwakira inyandiko utemerewe, icy’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe, ndetse n’ubufatanyacyaha mu gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Muri uru rubanza habanje kuba impaka zarubanjirije zirimo icyifuzo cyatanzwe n’uruhande rw’umwe mu baregwa, ari we Captain Peninah Mutoni rwavugaga ko atiteguye kuburana kuko yatinze kubona dosiye, yabonye mu ijoro ryacyeye, ndetse no kuba yari afite gahunda yo kujya kwa muganga kuko atwite.

Bamwe mu bunganira abaregwa bavuze ko nubwo umwe mu bashinjwa ataburana uyu munsi akazaburana ikindi gihe, bitabuza urubanza gukomeza ndetse binemezwa n’Urukiko, rwemeye ko Captain Peninah Mutoni ajya kwa muganga akazaburana mu cyumweru gitaha tariki 18 Kanama.

Ubushinjacyaha bwahise buzamura indi nzitizi busaba ko bwifuza ko urubanza ruregwamo aba barimo abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda rwashyirwa mu muhezo.

Ibyaha biregwa aba bantu bishingiye ku matike y’indege yaguzwe hakoreshejwe Konti ya Minisiteri y’Ingabo ubwo ikipe ya APR FC yajyaga mu Misiri gukina na Pyramids, muri Nzeri 2024 mu Irushanwa Nyafurika rya CAF Champions League.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku mpamvu z’Umutekano w’Igihugu kuko ibyo baregwa bishingiye kuri Minisiteri y’Ingabo, ndetse no kwirinda ko ibyavugirwamo byawuhungabanya, rwashyirwa mu muhezo.

Umushinjacyaha yavuze ko “nta buryo watandukanya Minisiteri y’Ingabo n’umutekano w’igihugu” Bityo ko bikwiye ko uru rubanza rushyirwa mu muhezo.

Ni mu gihe bamwe mu baregwa n’ababunganira bo basabaga ko baburanishirizwa mu ruhame, ku buryo haba hagezwe ku bifitanye isano n’umutekano w’Igihugu bikaburanishirizwa mu muhezo.

Bavugaga ko ibyo bashinjwa bifitanye isano n’umutungo w’Igihugu, bityo ko Abanyarwanda bakwiye kumenya ibivugirwamo.

Nyuma y’izi mpaka, Urukiko rwa Gisirikare rwemeje ko uru rubanza rufitanye isano n’Urwego rushinzwe Umutekano w’Igihugu, rutegeka ko rushyirwa mu muhezo.

Urubanza iyo rushyizwe mu muhezo, ibyemezo kuri rwo, byo bitangarizwa mu ruhame nk’uko biteganywa n’Itegeko ryerecyeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha.

Ubwo hemezwaga ko urubanza rushyirwa mu muhezo abo rutareba basohowe mu cyumba cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.