Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko bababajwe no kuba mu Isibo yabo itaragejejwemo umuriro w’amashanyarazi, byatumye Ubuyobozi bw’Umudugudu buvuga ko batazongera kwitabira gahunda za Leta nk’Umuganda, ariko ubw’Umurenge bwo bukabibona ukundi.

Ingo 13 zo mu Isibo y’Ubunyarwanda mu Mudugudu wa Gitaba, ni zo zasigaye kure y’igiti cya nyuma cy’urusinga rw’amashanyarazi mu buryo bwateye bamwe uburakari nk’uko Uhoraningoga Ezechias uyobora uyu Mudugudu abivuga.

Ati “Byaje kurangira babifashe mu buryo butari bwo ndetse bamera nk’abashaka gufata gahunda y’uko ngo batazagira gahunda ya Leta n’imwe bubahiriza, mbabwira ko atari wo muti w’ikibazo.”

Bamwe muri aba batutage bo muri izi ngo zasigaye zitagira umuriro, bavuga ko bababajwe no gusigwa inyuma muri ubwo buryo ndetse bagashengurwa no kuba bagenzi babo bawubonye babakina ku mubyimba.

Maniriho Sylvin ati “Iyo bari kutwaka umusanzu ukenewe muri Leta nta rugo na rumwe bataruka, ariko sinumva ukuntu ibikorwa by’iterambere biza twebwe ntibatugereho.”

Hategekimana Celestin na we ati “Ababonye umuriro batubwira ko twe tutari abo muri uyu Mudugudu ahubwo bakatwita inshuti z’Umudugudu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Uwimana Damas ntiyemeranya n’Umuyobozi w’Umudugudu ku kuba aba baturage baba barahize kutongera kwitabira gahunda za Leta, akavuga ko habayeho gukoresha ikinyarwanda kitari cyo.

Ati “Sinzi wenda uwatanze amakuru ko abaturage bivumbuye, ariko yaba yaratanze amakuru atari yo, ariko ikibazo gihari kandi kitari mu Mudugudu umwe ni uko iyi mirongo y’amashanyarazi iri kubakwa itaragera hose. Rero nibaza ko ari ikinyarwanda wenda abantu baba bakoresheje mu buryo butari bwo.”

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’Ingufu REG ishami rya Nyamasheke buhumuriza aba baturage buvuga ko aho intsinga zitazagera mu mushinga uri gukorwa ubu ugamije kugeza amashanyarazi aho atageraga, nyuma REG izafatanya n’Akarere kuwuhageza nk’uko bisanzwe bigenda.

Biteganyijwe ko mu mpera za Kamena uyu mwaka ingo zo mu Karere ka Nyamasheke zizaba zifite umuriro ku gipimo cya 90%, bivuze ko mu ngo 10 ziri ahantu hamwe muri aka karere 9 muri zo zizaba zifite umuriro, mu gihe kugeza ubu biri munsi ya 80%.

Ahandi ngo bafite amashanyarazi
Ariko Isibo yabo yasigayemo hagati

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − five =

Previous Post

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Next Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Ikipe ya Polisi y'u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.