Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko bababajwe no kuba mu Isibo yabo itaragejejwemo umuriro w’amashanyarazi, byatumye Ubuyobozi bw’Umudugudu buvuga ko batazongera kwitabira gahunda za Leta nk’Umuganda, ariko ubw’Umurenge bwo bukabibona ukundi.

Ingo 13 zo mu Isibo y’Ubunyarwanda mu Mudugudu wa Gitaba, ni zo zasigaye kure y’igiti cya nyuma cy’urusinga rw’amashanyarazi mu buryo bwateye bamwe uburakari nk’uko Uhoraningoga Ezechias uyobora uyu Mudugudu abivuga.

Ati “Byaje kurangira babifashe mu buryo butari bwo ndetse bamera nk’abashaka gufata gahunda y’uko ngo batazagira gahunda ya Leta n’imwe bubahiriza, mbabwira ko atari wo muti w’ikibazo.”

Bamwe muri aba batutage bo muri izi ngo zasigaye zitagira umuriro, bavuga ko bababajwe no gusigwa inyuma muri ubwo buryo ndetse bagashengurwa no kuba bagenzi babo bawubonye babakina ku mubyimba.

Maniriho Sylvin ati “Iyo bari kutwaka umusanzu ukenewe muri Leta nta rugo na rumwe bataruka, ariko sinumva ukuntu ibikorwa by’iterambere biza twebwe ntibatugereho.”

Hategekimana Celestin na we ati “Ababonye umuriro batubwira ko twe tutari abo muri uyu Mudugudu ahubwo bakatwita inshuti z’Umudugudu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Uwimana Damas ntiyemeranya n’Umuyobozi w’Umudugudu ku kuba aba baturage baba barahize kutongera kwitabira gahunda za Leta, akavuga ko habayeho gukoresha ikinyarwanda kitari cyo.

Ati “Sinzi wenda uwatanze amakuru ko abaturage bivumbuye, ariko yaba yaratanze amakuru atari yo, ariko ikibazo gihari kandi kitari mu Mudugudu umwe ni uko iyi mirongo y’amashanyarazi iri kubakwa itaragera hose. Rero nibaza ko ari ikinyarwanda wenda abantu baba bakoresheje mu buryo butari bwo.”

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’Ingufu REG ishami rya Nyamasheke buhumuriza aba baturage buvuga ko aho intsinga zitazagera mu mushinga uri gukorwa ubu ugamije kugeza amashanyarazi aho atageraga, nyuma REG izafatanya n’Akarere kuwuhageza nk’uko bisanzwe bigenda.

Biteganyijwe ko mu mpera za Kamena uyu mwaka ingo zo mu Karere ka Nyamasheke zizaba zifite umuriro ku gipimo cya 90%, bivuze ko mu ngo 10 ziri ahantu hamwe muri aka karere 9 muri zo zizaba zifite umuriro, mu gihe kugeza ubu biri munsi ya 80%.

Ahandi ngo bafite amashanyarazi
Ariko Isibo yabo yasigayemo hagati

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Next Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Ikipe ya Polisi y'u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.