Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko bababajwe no kuba mu Isibo yabo itaragejejwemo umuriro w’amashanyarazi, byatumye Ubuyobozi bw’Umudugudu buvuga ko batazongera kwitabira gahunda za Leta nk’Umuganda, ariko ubw’Umurenge bwo bukabibona ukundi.

Ingo 13 zo mu Isibo y’Ubunyarwanda mu Mudugudu wa Gitaba, ni zo zasigaye kure y’igiti cya nyuma cy’urusinga rw’amashanyarazi mu buryo bwateye bamwe uburakari nk’uko Uhoraningoga Ezechias uyobora uyu Mudugudu abivuga.

Ati “Byaje kurangira babifashe mu buryo butari bwo ndetse bamera nk’abashaka gufata gahunda y’uko ngo batazagira gahunda ya Leta n’imwe bubahiriza, mbabwira ko atari wo muti w’ikibazo.”

Bamwe muri aba batutage bo muri izi ngo zasigaye zitagira umuriro, bavuga ko bababajwe no gusigwa inyuma muri ubwo buryo ndetse bagashengurwa no kuba bagenzi babo bawubonye babakina ku mubyimba.

Maniriho Sylvin ati “Iyo bari kutwaka umusanzu ukenewe muri Leta nta rugo na rumwe bataruka, ariko sinumva ukuntu ibikorwa by’iterambere biza twebwe ntibatugereho.”

Hategekimana Celestin na we ati “Ababonye umuriro batubwira ko twe tutari abo muri uyu Mudugudu ahubwo bakatwita inshuti z’Umudugudu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Uwimana Damas ntiyemeranya n’Umuyobozi w’Umudugudu ku kuba aba baturage baba barahize kutongera kwitabira gahunda za Leta, akavuga ko habayeho gukoresha ikinyarwanda kitari cyo.

Ati “Sinzi wenda uwatanze amakuru ko abaturage bivumbuye, ariko yaba yaratanze amakuru atari yo, ariko ikibazo gihari kandi kitari mu Mudugudu umwe ni uko iyi mirongo y’amashanyarazi iri kubakwa itaragera hose. Rero nibaza ko ari ikinyarwanda wenda abantu baba bakoresheje mu buryo butari bwo.”

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’Ingufu REG ishami rya Nyamasheke buhumuriza aba baturage buvuga ko aho intsinga zitazagera mu mushinga uri gukorwa ubu ugamije kugeza amashanyarazi aho atageraga, nyuma REG izafatanya n’Akarere kuwuhageza nk’uko bisanzwe bigenda.

Biteganyijwe ko mu mpera za Kamena uyu mwaka ingo zo mu Karere ka Nyamasheke zizaba zifite umuriro ku gipimo cya 90%, bivuze ko mu ngo 10 ziri ahantu hamwe muri aka karere 9 muri zo zizaba zifite umuriro, mu gihe kugeza ubu biri munsi ya 80%.

Ahandi ngo bafite amashanyarazi
Ariko Isibo yabo yasigayemo hagati

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

Next Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Ikipe ya Polisi y'u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.