Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), Denis Sassou-Nguesso yavuze ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC uzava mu Banyafurika ubwabo, kandi ko afite icyizere ko Perezida Paul Kagame na Tshisekedi bazahura, kugira ngo ibibazo biri hagati y’Ibihugu bayoboye bikemuke.

Perezida Denis Sassou-Nguesso yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24 mu mpera z’icyumweru gishize i Addis Ababa muri Ethiopia ubwo habaga Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ni ikiganiro cyagarutse ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’uburyo umuti wabyo uzaboneka, aho Denis Sassou-Nguesso yavuze ko umuti ugomba kuva muri uyu Mugabane.

Avuga ko ubunararibonye bw’Umugabane wa Afurika buzawufasha kwishakira umuti iki kibazo kimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko hari inzira zatangijwe kandi zikiri gukora, nk’Ibiganiro by’i Luanda n’ibyo muri Nairobi, aho Abakuru b’Ibihugu bakomeje kugira uruhare mu gushakira umuti ibi bibazo.

Ati “Ndizera ko Perezida wa Angola azagira ibyo ageraho kimwe n’abandi Bayobozi bo muri Afurika.”

Denis Sassou-Nguesso avuga ko kandi bibaye ngombwa na we yagira uruhare mu buhuza, kuko asanzwe afitanye umubano mwiza hagati ye n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC.

Ati “Twaganiriye kuri iki kibazo mu bihe byatambutse, yaba ari Perezida Tshisekedi, ndetse na Perezida Paul Kagame, twabiganiriyeho inshuro nyinshi.”

Denis Sassou-Nguesso avuga ko kandi Abakuru b’Ibihugu byombi [Perezida Kagame na Tshisekedi] bagomba kuzahura kugira ngo hashakwe umuti w’iki kibazo.

Ati “Ndakeka ko tuzashyiraho uburyo bwafasha kugira ngo bahure, ntabwo mbona ukuntu twakemura ikibazo, hatabayeho guhura kw’abayobozi babiri, ariko hazashyirwaho uburyo kugira ngo bahure.”

Umunyamakuru yamubajije ku bihano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihora isabira u Rwanda, irushinja ko ruri inyuma y’ibibazo, byumwihariko ibisabwa Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, amubaza niba hari icyo byatanga.

Denis Sassou-Nguesso yasubije agira ati “Yego turi mu bihe by’amakimbirane, buri ruhande rugerageza gukurura rwishyira ariko kuri twe, icy’ingenzi, ni uko igihe ibiganiro bizaba byubuwe mu buryo bumwe cyangwa ubundi […] rwose ibihano ntabwo bikemura ikibazo, twebwe ikituraje inshinga, ni igisubizo kiboneye cy’ibibazo.”

Umunyamakuru yakomeje amubwira ko inzira z’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zisa n’izananiwe, ariko Denis Sassou-Nguesso avuga ko we agifite icyizere ko uyu Mugabane uzakemura iki kibazo.

Ati “Abanyafurika bahorana iteka uburyo bwo kwikemurira ibibazo byabo, sintekereza ko hari ikindi gikenewe cyane cyane atari uburyo bw’Abanyafurika, ntabwo dusubiza inyuma ubundi bufasha bw’abafatanyabikorwa n’inshuti ku Isi, ariko ku isonga hagomba kuza Afurika.”

Yatanze ingero z’ibibazo bya bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byagiye byinjirwamo n’amahanga, nka Libya; byagize ingaruka zikomeye ku Mugabane wa Afurika byumwihariko muri iki Gihugu, ku buryo umuti w’ibibazo byose byo kuri uyu Mugabane ukwiye kuwuvamo ubwawo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − thirteen =

Previous Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Next Post

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.