Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), Denis Sassou-Nguesso yavuze ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC uzava mu Banyafurika ubwabo, kandi ko afite icyizere ko Perezida Paul Kagame na Tshisekedi bazahura, kugira ngo ibibazo biri hagati y’Ibihugu bayoboye bikemuke.

Perezida Denis Sassou-Nguesso yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24 mu mpera z’icyumweru gishize i Addis Ababa muri Ethiopia ubwo habaga Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ni ikiganiro cyagarutse ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’uburyo umuti wabyo uzaboneka, aho Denis Sassou-Nguesso yavuze ko umuti ugomba kuva muri uyu Mugabane.

Avuga ko ubunararibonye bw’Umugabane wa Afurika buzawufasha kwishakira umuti iki kibazo kimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko hari inzira zatangijwe kandi zikiri gukora, nk’Ibiganiro by’i Luanda n’ibyo muri Nairobi, aho Abakuru b’Ibihugu bakomeje kugira uruhare mu gushakira umuti ibi bibazo.

Ati “Ndizera ko Perezida wa Angola azagira ibyo ageraho kimwe n’abandi Bayobozi bo muri Afurika.”

Denis Sassou-Nguesso avuga ko kandi bibaye ngombwa na we yagira uruhare mu buhuza, kuko asanzwe afitanye umubano mwiza hagati ye n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC.

Ati “Twaganiriye kuri iki kibazo mu bihe byatambutse, yaba ari Perezida Tshisekedi, ndetse na Perezida Paul Kagame, twabiganiriyeho inshuro nyinshi.”

Denis Sassou-Nguesso avuga ko kandi Abakuru b’Ibihugu byombi [Perezida Kagame na Tshisekedi] bagomba kuzahura kugira ngo hashakwe umuti w’iki kibazo.

Ati “Ndakeka ko tuzashyiraho uburyo bwafasha kugira ngo bahure, ntabwo mbona ukuntu twakemura ikibazo, hatabayeho guhura kw’abayobozi babiri, ariko hazashyirwaho uburyo kugira ngo bahure.”

Umunyamakuru yamubajije ku bihano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihora isabira u Rwanda, irushinja ko ruri inyuma y’ibibazo, byumwihariko ibisabwa Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, amubaza niba hari icyo byatanga.

Denis Sassou-Nguesso yasubije agira ati “Yego turi mu bihe by’amakimbirane, buri ruhande rugerageza gukurura rwishyira ariko kuri twe, icy’ingenzi, ni uko igihe ibiganiro bizaba byubuwe mu buryo bumwe cyangwa ubundi […] rwose ibihano ntabwo bikemura ikibazo, twebwe ikituraje inshinga, ni igisubizo kiboneye cy’ibibazo.”

Umunyamakuru yakomeje amubwira ko inzira z’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zisa n’izananiwe, ariko Denis Sassou-Nguesso avuga ko we agifite icyizere ko uyu Mugabane uzakemura iki kibazo.

Ati “Abanyafurika bahorana iteka uburyo bwo kwikemurira ibibazo byabo, sintekereza ko hari ikindi gikenewe cyane cyane atari uburyo bw’Abanyafurika, ntabwo dusubiza inyuma ubundi bufasha bw’abafatanyabikorwa n’inshuti ku Isi, ariko ku isonga hagomba kuza Afurika.”

Yatanze ingero z’ibibazo bya bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byagiye byinjirwamo n’amahanga, nka Libya; byagize ingaruka zikomeye ku Mugabane wa Afurika byumwihariko muri iki Gihugu, ku buryo umuti w’ibibazo byose byo kuri uyu Mugabane ukwiye kuwuvamo ubwawo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twenty =

Previous Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Next Post

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.