Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), Denis Sassou-Nguesso yavuze ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC uzava mu Banyafurika ubwabo, kandi ko afite icyizere ko Perezida Paul Kagame na Tshisekedi bazahura, kugira ngo ibibazo biri hagati y’Ibihugu bayoboye bikemuke.

Perezida Denis Sassou-Nguesso yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24 mu mpera z’icyumweru gishize i Addis Ababa muri Ethiopia ubwo habaga Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ni ikiganiro cyagarutse ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’uburyo umuti wabyo uzaboneka, aho Denis Sassou-Nguesso yavuze ko umuti ugomba kuva muri uyu Mugabane.

Avuga ko ubunararibonye bw’Umugabane wa Afurika buzawufasha kwishakira umuti iki kibazo kimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko hari inzira zatangijwe kandi zikiri gukora, nk’Ibiganiro by’i Luanda n’ibyo muri Nairobi, aho Abakuru b’Ibihugu bakomeje kugira uruhare mu gushakira umuti ibi bibazo.

Ati “Ndizera ko Perezida wa Angola azagira ibyo ageraho kimwe n’abandi Bayobozi bo muri Afurika.”

Denis Sassou-Nguesso avuga ko kandi bibaye ngombwa na we yagira uruhare mu buhuza, kuko asanzwe afitanye umubano mwiza hagati ye n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC.

Ati “Twaganiriye kuri iki kibazo mu bihe byatambutse, yaba ari Perezida Tshisekedi, ndetse na Perezida Paul Kagame, twabiganiriyeho inshuro nyinshi.”

Denis Sassou-Nguesso avuga ko kandi Abakuru b’Ibihugu byombi [Perezida Kagame na Tshisekedi] bagomba kuzahura kugira ngo hashakwe umuti w’iki kibazo.

Ati “Ndakeka ko tuzashyiraho uburyo bwafasha kugira ngo bahure, ntabwo mbona ukuntu twakemura ikibazo, hatabayeho guhura kw’abayobozi babiri, ariko hazashyirwaho uburyo kugira ngo bahure.”

Umunyamakuru yamubajije ku bihano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihora isabira u Rwanda, irushinja ko ruri inyuma y’ibibazo, byumwihariko ibisabwa Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, amubaza niba hari icyo byatanga.

Denis Sassou-Nguesso yasubije agira ati “Yego turi mu bihe by’amakimbirane, buri ruhande rugerageza gukurura rwishyira ariko kuri twe, icy’ingenzi, ni uko igihe ibiganiro bizaba byubuwe mu buryo bumwe cyangwa ubundi […] rwose ibihano ntabwo bikemura ikibazo, twebwe ikituraje inshinga, ni igisubizo kiboneye cy’ibibazo.”

Umunyamakuru yakomeje amubwira ko inzira z’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zisa n’izananiwe, ariko Denis Sassou-Nguesso avuga ko we agifite icyizere ko uyu Mugabane uzakemura iki kibazo.

Ati “Abanyafurika bahorana iteka uburyo bwo kwikemurira ibibazo byabo, sintekereza ko hari ikindi gikenewe cyane cyane atari uburyo bw’Abanyafurika, ntabwo dusubiza inyuma ubundi bufasha bw’abafatanyabikorwa n’inshuti ku Isi, ariko ku isonga hagomba kuza Afurika.”

Yatanze ingero z’ibibazo bya bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byagiye byinjirwamo n’amahanga, nka Libya; byagize ingaruka zikomeye ku Mugabane wa Afurika byumwihariko muri iki Gihugu, ku buryo umuti w’ibibazo byose byo kuri uyu Mugabane ukwiye kuwuvamo ubwawo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 7 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Next Post

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.