Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye ku gukorana n’iri Huriro, binyuranyije n’amahame aherutse gushyirwaho umukono n’ubutegetsi bwa Congo n’iri Huriro.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri DRC, rwatangaje umwanzuro ku rubanza rwaburanishijemo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, rumuhamya ibyaha yaregwaga, rumukatira igihano cy’urupfu.

Ibyaha byahamijwe Kabila, birimo kugambanira Igihugu n’ibyaha by’intambara, bishingiye ku kuba ubutegetsi bwa Congo bumushinja gufasha Ihuriro AFC/M23.

Nyuma y’iki cyemezo, Betrand Bisimwa, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, yamaganye ibi byakozwe n’Ubucamanza bwa gisirikare bwa DRC, avuga ko binyuranyije n’amahame impande zombi ziherutse gusinya.

Yagize ati “Gukatira igihano cy’urupfu Perezida Joseph Kabila habayeho kwitwaza isano afitanye na AFC/M23, ni ukurenga ku mahame yasinywe, nk’uko n’ubundi hakomeje kubaho ibitero by’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Bertrand Bisimwa kandi yagaragaje ko kuba AFC/M23 ikorana na Joseph Kabila, hatabayeho kwibeshya, kuko ari umunyapolitiki ufite ubunararibonye wagira uruhare mu guhagarika ibibazo uruhuri byatewe n’ubutegetsi buriho muri Congo.

 

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila kiri kwamaganirwa kure

Abanyapolitiki basanzwe bari hafi ya Joseph Kabila ndetse n’Ishyaka rye FCC (Front Commun pour le Congo) baramagana iki gihano cy’urupfu cyakatiwe uyu wabaye Perezida wa DRC.

Kikaya Bin Karubi wahoze ari Umujyanama wa Kabila mu bya Dipolomasi, ari mu bamaganye iki gihano cyakatiwe uyu munyapolitiki w’umunyacyubahiro.

Yavuze ko icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, gishingiye ku bintu “bidafite ibimenyetsi” ndetse ko n’urubanza rwabayeho “runyuranyije n’amategeko.”

Yakomeje avuga ko kuba iki cyemezo cyarashingiye ku kuba Kabila yaragiriye ingendo i Goma n’i Bukavu, ahasanzwe haba Abanyekongo babarirwa mu mamiliyoni, bidakwiye gufatwa nk’ishingiro ry’ibyaha yahamijwe.

Yavuze kandi ko bibabaje kuba Ubucamanza bwa Congo bufata icyemezo nka kiriya, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bukomeje ibiganiro n’Ihuriro AFC/M23, akavuga ko ibi byose ari ukugaragaza ubushobozi bucye bw’ubuyobozi budashishoza.

Ati “Gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila Kabange uvuga ko bishingiye ku kuba umwita ko ari umukuru wa AFC/M23. Nyamara bikozwe mu gihe hari kuba ibiganiro by’imishyikirano n’iyo AFC/M23 i Doha. Isi iri kutureba. Ahazaza hacu ni twe hareba.”

Mu itangazo kandi ryashyizwe hanze n’Ishyaka FCC rya Kabila, uyu mutwe wa Politiki, wavuze ko kiriya cyemezo ntawabura kucyita “umukino w’urwenya” kandi ko binashimangira ko ubutegetsi buriho muri kiriya Gihugu “bwarokamwe no gutangaza iby’ubwicanyi.”

Riti “Kuva mu myaka ine ishize, FCC ntiyahwemye kwamagana kandi ishingiye ku bimenyetso ubutegetsi bw’igitugu bwakomeje kugira ubutabera igikoresho mu kubangamira abanyapolitiki.”

Iri shyaka rya FCC rivuga ko kiriya gihano cyakatiwe Joseph Kabila byaranyuze mu nzira zidakurikije amategeko, bishimangira ko ubutegetsi buriho butagendera ku mategeko, bunakandamiza abaturage babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 13 =

Previous Post

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Next Post

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Related Posts

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

by radiotv10
01/10/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano...

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

by radiotv10
30/09/2025
0

Minisitiri w’Intebe wa Qatar yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukomeza ibikorwa byo gushaka iherezo ry’intambara muri Gaza, nyuma yuko mugenzi...

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

by radiotv10
30/09/2025
0

Hagaragaye amashusho y’abarwanyi bivugwa ko ari abacancuro b’itsinda rya ‘Blackwater’ bari mu modoka zo mu mirwano yo mu misozi bamanutse...

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza Kabila wabaye Perezida wa Congo yasabiwemo igihano cy’urupfu

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza Kabila wabaye Perezida wa Congo yasabiwemo igihano cy’urupfu

by radiotv10
30/09/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurasoma umanzuro warwo mu rubanza ruregwamo Joseph Kabila...

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

by radiotv10
30/09/2025
0

Abantu 50 bahitanywe n’ibitero bya Israel muri Gaza, mu gihe umutwe wa Hamas uhanganye n’iki Gihugu uri gusuzuma umugambi wa...

IZIHERUKA

How to restart your life when you feel left behind
MU RWANDA

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

01/10/2025
Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

01/10/2025
APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to restart your life when you feel left behind

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.