Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye ku gukorana n’iri Huriro, binyuranyije n’amahame aherutse gushyirwaho umukono n’ubutegetsi bwa Congo n’iri Huriro.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri DRC, rwatangaje umwanzuro ku rubanza rwaburanishijemo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, rumuhamya ibyaha yaregwaga, rumukatira igihano cy’urupfu.

Ibyaha byahamijwe Kabila, birimo kugambanira Igihugu n’ibyaha by’intambara, bishingiye ku kuba ubutegetsi bwa Congo bumushinja gufasha Ihuriro AFC/M23.

Nyuma y’iki cyemezo, Betrand Bisimwa, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, yamaganye ibi byakozwe n’Ubucamanza bwa gisirikare bwa DRC, avuga ko binyuranyije n’amahame impande zombi ziherutse gusinya.

Yagize ati “Gukatira igihano cy’urupfu Perezida Joseph Kabila habayeho kwitwaza isano afitanye na AFC/M23, ni ukurenga ku mahame yasinywe, nk’uko n’ubundi hakomeje kubaho ibitero by’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Bertrand Bisimwa kandi yagaragaje ko kuba AFC/M23 ikorana na Joseph Kabila, hatabayeho kwibeshya, kuko ari umunyapolitiki ufite ubunararibonye wagira uruhare mu guhagarika ibibazo uruhuri byatewe n’ubutegetsi buriho muri Congo.

 

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila kiri kwamaganirwa kure

Abanyapolitiki basanzwe bari hafi ya Joseph Kabila ndetse n’Ishyaka rye FCC (Front Commun pour le Congo) baramagana iki gihano cy’urupfu cyakatiwe uyu wabaye Perezida wa DRC.

Kikaya Bin Karubi wahoze ari Umujyanama wa Kabila mu bya Dipolomasi, ari mu bamaganye iki gihano cyakatiwe uyu munyapolitiki w’umunyacyubahiro.

Yavuze ko icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, gishingiye ku bintu “bidafite ibimenyetsi” ndetse ko n’urubanza rwabayeho “runyuranyije n’amategeko.”

Yakomeje avuga ko kuba iki cyemezo cyarashingiye ku kuba Kabila yaragiriye ingendo i Goma n’i Bukavu, ahasanzwe haba Abanyekongo babarirwa mu mamiliyoni, bidakwiye gufatwa nk’ishingiro ry’ibyaha yahamijwe.

Yavuze kandi ko bibabaje kuba Ubucamanza bwa Congo bufata icyemezo nka kiriya, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bukomeje ibiganiro n’Ihuriro AFC/M23, akavuga ko ibi byose ari ukugaragaza ubushobozi bucye bw’ubuyobozi budashishoza.

Ati “Gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila Kabange uvuga ko bishingiye ku kuba umwita ko ari umukuru wa AFC/M23. Nyamara bikozwe mu gihe hari kuba ibiganiro by’imishyikirano n’iyo AFC/M23 i Doha. Isi iri kutureba. Ahazaza hacu ni twe hareba.”

Mu itangazo kandi ryashyizwe hanze n’Ishyaka FCC rya Kabila, uyu mutwe wa Politiki, wavuze ko kiriya cyemezo ntawabura kucyita “umukino w’urwenya” kandi ko binashimangira ko ubutegetsi buriho muri kiriya Gihugu “bwarokamwe no gutangaza iby’ubwicanyi.”

Riti “Kuva mu myaka ine ishize, FCC ntiyahwemye kwamagana kandi ishingiye ku bimenyetso ubutegetsi bw’igitugu bwakomeje kugira ubutabera igikoresho mu kubangamira abanyapolitiki.”

Iri shyaka rya FCC rivuga ko kiriya gihano cyakatiwe Joseph Kabila byaranyuze mu nzira zidakurikije amategeko, bishimangira ko ubutegetsi buriho butagendera ku mategeko, bunakandamiza abaturage babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Next Post

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.